Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya barasaba ko bakwiye gufashwa bagahuzwa n’imiryango yabo bagiye batatana igihe bimurwaga mu nkabi ya Kiyanzi na Rukara, ubwo bimurwaga bajyanwa gutuzwa mu karere bavukamo.
Nyuma y’aho ishuri ryisumbuye rya E S. Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, abanyeshuri batangiye kuryigamo mu mwaka wa 2014 igihembwe cya mbere, baravuga ko bizeye umutekano wabo.
Ku mugoroba wa tariki 08/01/2014, Abanyarwanda 108 birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari baracumbikiwe mu nkambi za Rukara na Kiyanzi, bakiriwe mu karere ka Ruhango aho bavuye ubwo bahungaga mu bihe bitandukanye.
Mukanyandwi Slyverie w’imyaka 51 y’amavuko wari utuye umudugudu wa Muhororo ya kabiri akagari ka Buhoro mu murenge wa Ruhango, bamusanze mu nzu ye yishwe anizwe tariki 07/01/2014.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla ifite purake RAB 873 N, yageze ahitwa i Kirengeri mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango saa mbiri zishyira saa tatu z’ijoro tariki ya 05/01/2014 igonga uwitwa Munyentwari Daniel w’imyaka 51 y’amavuko ari kwigare ahita yitaba Imana.
Imodoka yo mu bwoko bwa RAV 4 ifite purake RAC 928 F yavaga Kigali yerekeza Huye, igeze ahitwa mu Gatengezi mu mujyi wa Ruhango, imbere yayo haturuka moto yashakaga gukatira mu muhanda ujya Kinazi ariko itacanye itara ribigaragaza, igihe iyi modoka yafataga feri ishaka kuyibererekera nibwo yahise irenga umuhanda igarurwa (…)
Abacuruzi bakorera mu karere ka Ruhango, baravuga ko uyu mwaka mushya wa 2014 bawutangiranye ingamba nshya z’ubucuruzi, kuko ngo bazakora ibishoboka byose ngo ubucuruzi bwabo butere imbere.
Abakozi basizaga ikibanza cy’ahagombaga kubakwa amacumbi y’abakobwa mu kigo cya college de Bethel “Aparude,” hagaragaye imibiri y’abantu batanu yari ikiri no mu myambaro bishwe bambaye, ubwo bacukuraga mu gitondo kuri uyu wa Gatanu tariki 3/1/2014.
Ndayisenga Jean Baptiste w’imyaka 24 wo mu mudugudu wa Karambo akagari ka Kubutare umurenge wa Mwendo yitabye Imana tariki 01/01/2014, azize kutishyura amafaranga y’isambusa n’inyama yariye kwa Musekera Vincent w’imyaka 62.
Rwibasira Innocent w’imyaka 48 y’amavuko afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki ya 30/12/2013, nyuma yo gufatanwa mashine “laptop” ebyiri azibye mu biro by’akarere ka Ruhango.
Umurambo wa Habimana Berchmans w’imyaka 28 watoraguwe mu mugezi wa Nyiramazinga ugabanya umurenge wa Byiamana n’uwa Mbuye, mu mudugudu wa Mucubi akagari ka Ntenyo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Rusibirana Jean w’imyaka 82 y’amavuko n’umuhungu we Thomas Kanini w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 24/12/2013, bakekwaho guteka ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Bamwe mu bakora umwuga w’ubumotari mu karere ka Ruhango, baravuga ko akanozasuku kuba katakitabirwa gukoreshwa, ahanini ngo biterwa no kwiyongera kw’ibiciro.
Umunsi w’umuhinzi mu karere ka Ruhango “farmer day” wijihirijwe ku ruganda rw’imyumbati ruri mu murenge wa Kinazi, abaturage basabwa guhinga cyane imyumbati kugirango uruganda rubone umusaruro uhagije rutunganya.
Bamwe mu bahinzi bo murenge wa Ruhango mu kagari ka Buhoro bavuga ko ibyobo byabafashaga gufata amazi byatangiye gusaza, bakaba basaba ko bafashwa mu bijyanye no kubisana cyangwa bagafashwa kubona ibindi bishyashya.
Mbarushimana Viateur w’imyaka 40, ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda mu karere ka Ruhango azira guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 30 kugira ngo ababarirwe icyaho cyo gucuruza kanyanga.
Mukanyonga Damars w’imyaka 56 y’amavuko ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 12/12/2013, azira guha umupolisi ruswa ngo afungure umuhungu we wari wafatanywe ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Ndagijimana Vincent arishimira ubworozi bw’inka imwe, kuko imaze kumugeza kuri byinshi harimo kuba yariguriye ikibanza akagera ahantu hari ibikorwa remeza birimo amazi n’amashanyarazi.
Mu mukwabo wakozwe na polisi mu karere ka Ruhango mu tugari twa Nyamagana na Gikoma mu murenge wa Ruhango tariki ya 05/12/2013, yafashe abantu 9 bakora bakanacuruza ibiyobyabwenge birimo inzoga y’igikwangali na kanyanga.
Sebera Charles w’imyaka 18 y’amavuko, nyuma y’imyaka 5 ari inzererezi “mayibobo” mu mujyi wa Ruhango, yafashe icyemezo cyo kubihagarika ahubwo yiyemeza gufasha n’abandi bakibirimo.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo abatuye isi yose batangire kwinjira mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunane, abaturage batuye mu karere ka Ruhango barasabwa kugira uruhare runini mu kwibungabungira umutekano kuko aribwo abagizi ba nabi baba barekereje guhuguza utw’abandi.
Hakizimana Eugene w’imyaka 27 y’amavuko ari mu maboko ya police guhera tariki ya 28/11/2013, akurikiranyweho gutunga igikoresho cya gisirikare ndetse akaba yanabanaga n’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 yari yarigaruriye.
Mbiturimana Wellars w’imyaka 37, utuye mu mudugudu wa Kagurusu akagari ka Gitisi umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, ari mu maboko ya police guhera tariki 27/11/2013 nyuma yo gufatanwa udupfunyuka 976 tw’urumogi.
Kubwimana Fidel na Nsengeyukuri bafatanywe litiro 25 za Kanyanga mu mudugudu wa Rugogwe akagari ka Rubona mu murenge wa Bweramana mu gitondo cya tariki 27/11/2013.
Hari tariki ya 16/04/2012 ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, yizezaga abaturage imbere ya Perezida wa Repubulika ko mu mpera y’umwaka wa 2012 mu karere ka Ruhango hazaba huzuye hoteli y’inyenyeri eshatu nyamara kugeza ubu ntiruzura ndetse kuyubaka byarahagaze.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa mu tubari turi mu karere ka Ruhango hageze inzoga nshya ya Primus iri mu icupa rya santilitiro 50 benshi bitirira umuhanzikazi w’umunyarwanda Butera Knowles, abacuruzi bo muri Ruhango baratangaza ko iyo nzoga ngo ikunzwe cyane.
Polisi ikorera mu karere ka Ruhango yataye muri yombi litiro zigera kuri 660 z’inzoga yitwa igikwangari na litiro ishanu za kanyanga, mu mukwabo wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Mutarambirwa John w’imyaka 39 y’amavuko, yafatanywe udupfunyika “boules” dutanu tw’urumogi arimo kururuza ku manywa y’ihangu tariki 14/11/2013 mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango.
Nyuma y’amezi atandatu abakozi bemejwe n’inama njyanama y’akarere ka Ruhango bari mu igeragezwa ry’akazi, kuri uyu wa Kane tariki ya 14/11/2013 nibwo barahiriye ko babaye abakozi bemewe na Leta.
Nizeyimana Museveni w’imyaka 19 na Nduwimana Zakariya w’imyaka 23 bava indi imwe, bari mu maboko ya police mu karere ka Ruhango aho bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba ihene mu kagari ka Bunyogombe umurenge wa Ruhango muri Ruhango.