Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bari mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, barishimira uko bakomeje gufatwa neza n’Abanyarwanda baje basanga ubwo birukanwaga nabi.
Imvura yaguye ku mugoroba wa tariki ya 05/03/2014, yasimbukanye ibisenge by’amashuri yisumbuye ya Ecole Secondaire de Ruhango abanyeshuri bagera kuri 16 bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Kibingo kubera guhungabana.
Mu nteko y’abaturage ihuza ubuyobozi mu nzego zitandukanye n’abaturage b’akarere ka Ruhango yateranye tariki ya 28/02/2014, abayobozi b’imidugugudu igize aka karere biyemeje gukemura ikibazo cy’umutekano mucye batangira amakuru ku gihe.
Mu gihe Abanyarwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside y’akorewe Abatutsi, abarokotse Jenoside mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, barasaba ko hagira igikorwa kugirango Abarundi bagize uruhare runini mu kwica Abatutsi mu gace k’Amayaga bashyikirizwe ubutabera nabo baryozwe ubugome bagaragaje.
Ruhango Rice Mill, uruganda rutunganya umusaruro w’umuceri ruri mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Nyamagana, rwahagaritswe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kubera ko rutagira ibikoresho bidahagije.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ifite purake RAC 650 L, yakoze impanuka irenga umuhanda igwa igaramye gusa ku bw’amahirwe nta muntu wahaguye kuko hakomeretsemo abantu 2 mu bantu 17 bari bayirimo.
Imibiri ibihumbi 60 yari yarajugunywe mu cyobo bise CND cyiri ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yose yamaze kuhimurwa ijyanwa ku biro by’umurenge wa Kinazi.
Mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22/02/2014, abantu basaga ibihumbi 5000 bahuriye mu gikorwa cyo kwimura imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 itarashyingurwa mu cyubahiro yari mu cyobo cy’ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango.
Abakozi 11 bakoraga imirimo yo kubaka ku kigo nderabuzima cya Mwendo, baravuga ko bamaze amezi abiri bahagaritse akazi kubera kubura rwiyemezamirimo wabakoreshaga. Bakavuga ko muri iki gihe barya bagaburiwe n’abatuye muri aka gace.
Abakora imirimo y’ubucuruzi mu mujyi wa Ruhango bahawe iminsi ine yo kuba barangije gutunganya imbere y’aho bakorera mu rwego rwo gusukura umujyi bita ibyo bagafungirwa ibikorwa byabo bakajya bakora aruko bakoze ibyo basabwe.
Nyirabagenzi Joselyne w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyarusange akagari ka Kamujisho umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, arasaba ubuyobozi kumufasha kubona indishyi z’akababaro yatsindiye uwamusambanyije ku ngufu.
Abakora ibikorwa byo gusekura isombe mu isoko rya Buhanda riherereye mu karere ka Ruhango, batangaza ko ibi bikorwa bakora bibatunze n’imiryango yabo, kandi bikaba byarabafashije kwiteza imbere.
Ubyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba abahinzi guhingira igihe mu rwego rwo gushaka umusaruro uhagije kandi uzabateza imbere ubwabo ndetse n’igihugu.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa 4 w’amashuri yisumbuye muri G S Indangaburezi mu karere ka Ruhango, arwariye mu kigo nderabuzima cya Kibingo nyuma yo gufatwa n’amajyini agatangira guhondagura inzugi z’amacumbi y’aho abanyeshuri b’abahungu barara.
Iyo winjiye ahakorerwa ubwubatsi mu bigo bimwe na bimwe mu karere ka Ruhango, usanga abakozi benshi batagira ibikoresha bishobora kubarindira impanuka igihe bari mu kazi kabo.
Abaturage batuye akarere ka Ruhango, bishimira ko ubuyobozi bwabo bwabahaye television kuko nta kibazo cy’ubwigunge bakigira, kuko iyo bakitse imirimo yabo bajya ku biro by’imirenge bakareba amakuru ndetse n’ibiganiro bitandukanye.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania bakomoka mu karere ka Ruhango, tariki 31/01/2014, batangiye gutuzwa mu mirenge abenshi banakomokamo. Aba banyarwanda bari bamaze ibyumweru bitatu bacumbikiwe mu murenge wa Ntongwe nyuma yo kuvanwa mu nkambi ya Kiyanzi na Rukara.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’ amashuri yisumbuye cya Murama, basanga kuba bashyikirijwe insakaza mashusho “Télévision”, ikoresha ikoranabuhanga rya Digital ari inkunga ikomeye bahawe, nabo bakazarushaho gukurikira amakuru y’ u Rwanda no hanze , ariko bazanayifashisha mu masomo yabo.
Abafasha mu by’amategeko 72 baturutse mu mirenge icyenda igize akarere ka Ruhango, basobanuriwe tekiniki zo kuba umufasha mu by’amategeko ndetse banibutswa ko kurega atari byo bakwiye gushyirwa imbere.
Umusore w’imyaka 19 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gitwa akagaroi ka Rutabo umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 30/01/2014 ashinjwa gusambanya mushikiwe w’imyaka 7.
Mbarubukeye Shadalake w’imyaka 36 y’amavuko, avuga ko we aho kugirango azajye yiba abaturage azatungwa no gukora ibitemewe n’amategeko we yise “kwiba Leta.”
Musabyimana Augustin yitabye Imana saa mbiri n’igice z’ijoro tariki ya 28/01/2014 agonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yamugongeye mu mudugudu wa Mutobo akagari ka Mahembe umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Nyuma y’ibyumweru bibiri n’igice Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania, bavuye mu nkambi ya Rukara na Kiyanze bagatuzwa mu karere ka Ruhango, barishimira uko bakomeje kwitabwaho n’abo baje basanga.
Mu muganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki ya 25/01/2014 mu karere ka Ruhango, hakozwe ibikorwa byo gutunganya urwibutso rw’ahitwa Kinazi, ahateganyijwe kuzashyingurwa imibiri isaga ibihumbi 60 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakuru b’imidugudu 533 igize akarere ka Ruhango bahawe telefoni zigendanwa zizajya zibafasha mu kazi kabo ka buri munsi. Abakuru b’imidugudu biyemeje ko noneho bagiye kujya batangira amakuru ku gihe.
Abatuye akarere ka Ruhango by’umwihariko abatuye umurenge wa Kinazi, tariki ya 19/01/2014 nibwo bakiriye urumuri rutazima, bakaba barwakiriye ruturutse mu karere ka Karongi aho rwari rumaze iminsi 3, rukazahava rwerekeza mu karere ka Nyanza.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango kuri uyu wa Gatanu tariki 17/1/2014, wataye muri yombi uwitwa Bayavuge Pascal w’imyaka 20 y’amavuko ari kumwe n’umwana w’umukobwa amusambanyiriza mu macumbi “lodge.”
Abakozi bagera ku 106 bagaragaye imbere y’ibiro by’akarere ka Ruhango tariki ya 15/01/2014, basaba ko ubuyobozi bwabafasha kwishyuza rwiyemezamirimo bakoreye akabambura bakaba baranamubuze.
Hitimana Thereshpore umusaza w’imyaka 67 y’amavuko benshi bazi ku izina rya “Pepe Kalle”, abakunzi be baracyamukunda cyane kuko ngo n’ubu afata akanya akongera akabashimisha nk’uko byahoze mu myaka ye akiri umusore.
Abitabira isengesho ribera mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe mu karere ka Ruhango buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi, bahura n’abantu baje gusabiriza bakabaha batitangiriye itama kugira ngo ibyifuzo baje gutura Yezu byumvikane.