Abatishoboye bakomoka mu miryango y’abahoze ari abakozi b’amakomine bakaza kwicwa mu gihe cya cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994, bagiye kujya bafashwa by’umwihariko buri mwaka mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umukozi w’umurenge wa Kinazi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Musa Bonfils Robert na Ndatemungu Reverie umucungamutungu wa sacco “imboni y’amajyambere” y’umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana bakurikiranyweho kunyereza amafaranga angana na miliyoni 5 n’ibihimbi 750 (…)
Urubyiruko cyane cyane abakiri mu ishuli rurasabwa kwibohora ibiyobyabwenge rwita ku masomo ruharanira guteza imbere igihugu, nk’uko rwabisabwe ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Inkeragutabara 20 zirishimira ko zijihije umunsi wo kwiboro ku nshuro ya 20 zifite icyo zimaze kwigezaho mu rwego rw’iterambere. Ibi zabitangaje tariki ya 03/04/2014, ubwo zari zimaze kuremerwa inka na Koperative y’Inkeragutabara “Imbere Heza” ikorera mu karere ka Ruhango.
Ingabo zavuye ku rugero zituye mu karere ka Ruhango, ziravuga ko nta pfunwe ziterwa no kuba zaramugariye ku rugamba rwo kubohoza igihugu, ahubwo ngo zishimishwa no kubona aho u Rwanda zagize uruhare mu kubohora rugeze nyuma y’imyaka 20.
Tuyisenge Jean d’Amour w’imyaka 31 y’amavuko ari mu bitaro bya Gitwe guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 02/07/2014, nyuma yo guturikanwa na Kanyanga yari atetse rwihishwa.
Abakirisitu bo mu matorero 5 y’abadivantiste mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bakusanyirije hamwe inkunga igizwe n’ibiribwa bitandukanye, imyenda, ibikoresho by’isuku ndetse n’amafaranga byose bifite agaciro gakabakaba ibihumbi 200 bayishyikiriza Abanyarwanda birukanywe Tanzania.
Inama njyanama y’akarere ka Ruhango yateranye tariki 27/06/2014, yasabye ko mu mezi atatu ikibazo cya farumasi y’akarere ndetse n’icy’ishuri GS Bukomero bigomba kuba byacyemutse.
Mukamusoni Evelyn yabyariye mu modoka itwara abagenzi ya Volcano atararenga mu karere ka Nyanza atuyemo ubwo yari amaze guhaguruka iwe agiye kubyarira i Butare, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 27/6/2014.
Ntivuguruzwa Eliab w’imyaka 25 y’amavuko ukorera imirimo y’ubucurizi mu isoko rya Ruhango, arasaba urubyiruko rwicaranye impamyabumenyi ngo rutegereje akazi, ko rukwiye guhindura imyumvire rukareba kure rugahanga imirimo.
Abanyeshuri biga ku kigo cy’ishuri cya Groupe scolaire Nyamagana mu mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bateye inkunga abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 babaha ibiribwa n’ibikoresho bitandukanye.
Mu gikorwa cy’ubukangurambaga bw’abaturage ku kwisiramuza cyabereye mu murenge wa Ntongwe tariki 18/06/2014, umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, arakangurira urubyiruko mu murenge wa Ntongwe kwisiramuza.
Abakarani bibumbiye muri koperative “Comep turwamye ubukene” ikorera ahitwa ku Ntenyo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, yatangije ibikorwa byo gutanganya ahitwa “ku mugina w’imvuzo” hazwi cyane mu mateka kuko ariho umukungu Mirenge wo ku Ntenyo yajyaga amena ibivuzo by’inzoga abagaragu be babaga banyweye.
Munyaneza Fabien, Nsabimana Barthazar na Minani Jean, bafungiye kuri station ya polisi ishami ryayo rya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 09/06/2014, bakekwaho urupfu rwa Kazungu.
Nyuma y’aho ishuri rya Ecole de Science de Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, imirimo yo kuzisana yahise itangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/06/2014, akaba ari bwo inyubako zari zarahiye zatashywe ku mugaragaro.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rugera kuri 17, rwagabiwe inka mu kwezi kwahariwe urubyiruko kwatangiye tariki ya 02/05/2014 kugasozwa tariki ya 31/05/2014.
Perezida wa Sena, Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene, ari kumwe n’itsinda ry’abasenateri kuri uyu wa Gatandatu tariki 31/05/2014, yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gikorwa cy’umuganda rusange usanzwe uba buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, aravuga ko amahirwe urubyiruko rw’akarere ka Ruhango akiruta ubushobozi bwo kuyabyaza umusaruro, akaba asanga hakwiye kubaho ubukangurambaga buhagije mu rubyiruko.
Nyuma y’uko uwitwa Mpinyuje Eric wo mu karere ka Nyanza afatiwe mu karere ka Ruhango yiyita umupfumu uvura indwara zitandukanye ndetse akanatanga umuti uvura inyatsi, arahamya ko uyu mwuga yasigiwe na sekuru agiye kuwureka ahubwo agatangira guhinda inyanya i Busoro aho akomoka.
Issa Boniface w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Gatenga mu karere ka Kicukiro, afungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2014, azira kubeshya abaturage ko ari umukozi wa ESWA akabaka amafaranga kugirango abahe amashanyarazi.
Ubwo abakozi b’ikigo cya EWSA ishami rya Ruhango bamushyikirizaga inka ya kijyambere, Umukecuru Mukarubibi Jacqueline warokotse Jenoside akaba atuye mu karere ka Ruhango yatangaje ko ashima cyane Perezida Kagame kuko yatoje Abanyarwanda umuco wo gufashanya.
Ubwo hatangizwaha icyumweru cyo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Ruhango byagaragaye ko iki kibazo kirimo kugenda gikemuka ariko ubuyobozi bw’akarere butunga agatoki inzego z’ibanze kugaragaza imbaraga nke mu kurwanya ibiyobyabwenge bicururizwa cyangwa bigakorerwa aho bayobora.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mudugudu wa Bumbogo mu kagari ka Nyamagana mu karere ka Ruhango, basuwe n’ibigo byamashuri bya EMERU Intwari na Lycee de Ruhango babaha inkunga igizwe n’amata n’ibiribwa bifite agaciro k’ibihumbi 450.
Samuel Ntakirutimana w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 19/05/2014 nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amakorano ibihumbi 100 agizwe n’inote za 5000.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16/05/2014, mu kagari Kanyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango abantu batandatu bafatanywe litiro 4440 z’inzoga z’inkorano zihita zimenwa.
Abafana benshi bari bitabiriye igitaramo cya Primus Guma Guma Super Star cyabereye mu karere ka Ruhango tariki 10/05/2014, batunguwe cyane no kubona umuhanzi Eric Senderi Hit International agera ku rubyiniro akiyambura ubusa.
Nyuma yo gutungurwa n’ubwitabire bw’Abanyaruhango, bamwe mu bahanzi barahamya ko bagiye kumanura umuziki wabo bakegerana cyane n’abaturage badategereje Primus Guma Guma Super Star.
Abaturage benshi bo mu karere ka Ruhango bashimishijwe no kubona abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ubwo iryo rushanwa ryagezwaga muri ako karere bwa mbere tariki 10/05/2014.
Abatuye akarere ka Ruhango bishimiye irushanwa rya Guma Guma Super Star (PGGSS) ryageze bwa mbere mu karere ka bo tariki 10/05/2014 maze bashimishwa cyane no kuba babashije ku gura Primus nini ku mafaranga 500 kandi isanzwe igura 700.
Mu gihe ibitaro bikuru by’akarere ka Ruhango biherereye mu murenge wa Kinazi biteganywa kuba ibitaro by’intara y’Amajyepfo, ubuyobozi bw’ibi bitaro buravuga ko bugifite ibikoresho bidahagije n’ikibazo cy’ibikorwa remezo birimo imihanda idatunganye ndetse no kutagira amacumbi y’abaganga.