Nzasabimana Moise w’imyaka 20, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki 23/09/2013 mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, akurikiranyweho icyaha cyo kubeshya abantu ngo azajya kubashakira akazi akabaka amafaranga.
Abagabo 8 n’abagore babiri bafashwe mu rukerera rwa tariki 24/09/2013, mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu mudugude wa Bugarama, akagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.
Manirakiza Ladislas w’imyaka 36, yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bufatanyije n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu karere ka Ruhango tariki 23/09/2013.
Juvenal Hakizinka w’imyaka 65 y’amavuko yanze gusaza asabiriza ahitamo kwihangira umwuga wo gucuruza takataka mu ikarito.
Bamwe mu bagize inteko itora adepite bahagarariye abagore ntibishimiye igihe batangiriyeho amatora yabaye tariki 17/09/2013, ngo kuko 2/3 by’abagombaga gutora byatinze kuza, bituma batangira amatora batinze.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ruhango bemeza ko batoreshe igikumwe nk’ibisanzwe aho gukoresha ikaramu nk’uburyo bushya kuko ngo gukoresha igikumwe byoroheye buri wese, kandi ngo nicyo gitera ishema ry’uko umuntu yatoye.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2013, uwitwa Niyonshuti yafatanywe inka y’injurano agiye kuyigurisha mu isoko ry’amatungo mu karere ka Ruhango rirema buri wa Gatanu wa buri cyumweru.
Ishyaka rharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL) ririzeza abatuye amayaga ko rizakorana n’abandi bafatanyabikorwa kugira ngo umusaruro w’imyumbati yera cyane mu turere twa Ruhango na Kamonyi wiyongere, abahinzi bayo babone inyungu igaragara, kandi uruganda rutunganya imyumbati rukorera ku Rutabo mu Murenge wa Kinazi (…)
Umuryango Rwanda Women Network uri muri gahunda zo kurwanya imitangire mibi ya serivisi ihabwa abantu bahura n’ihohoterwa ikoresheje uburyo bwiswe ikarita suzuma mikorere ifatanyije n’umjuryango mpuzamahanga Care International.
Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 11/09/2013, abanyeshuri biga mu ishuri rya College ya Karambi mu karere ka Ruhango, banze kwinjira mu mashuri nk’uko bisanzwe, kubera mugenzi wabo wakubiswe n’umuyobozi akamuvuna itako.
Abakozi batandukanye bakora mu nzego z’ubuhinzi n’iterambere baturutse mu karere ka Ruhango bagiriye urugendo mu karere ka Kirehe, aho bavuga ko bigiye byinshi ku buryo bwi guhinga neza no kubyaza umusaruro mwinshi ibishanga.
Abantu barindwi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano mu mukwabu wabaye mu karere ka Ruhango kuwa 07/09/2013, aho abantu bane bazize kuba benga banacuruza ibiyobyabwenge mu Ruhango bita ibikwangari, naho abandi batatu bakazira ko batagira ibyangombwa bibaranga.
Ubuyobozi bwa Sacco Baturebereho Ruhango, burahamya ko kugeza ubu bwiteguye gutangira kubaka inyubako yabwo kugirango buve mu bukode ijye gukorera ahantu hagutse mu rwego rwo guteza imbere serivise z’abayigana.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 06/09/2013, bakurikiranyweho kwenga no gucuruza inzoga z’ibibyabwenge zirimo Kanyanga n’ibikwangari.
Ubwo abakandida-depite bari guhatanira imyanya yagenewe abagore mu nteko ishinga amategeko biyamamarizaga mu karere ka Ruhango kuwa 04/09/2013, umwe muri bo yabwiye abagize inteko izatora ko nibamutora azabahagararira neza ndetse ngo atazigera agoreka ijosi na rimwe aho azaba asabwa kuvugira Abanyarwanda ashikamye.
Uwitwa Mukamuhigira Alphonsine avuga ko ababazwa cyane n’urupfu rwa murumuna we Mukamusangwa Colette waguye mu maboko y’abaganga akanapfana umwana yari atwite.
Abanyarwanda bakabakaba miliyoni esheshatu nibo merewe kuzitabira amatora y’abadepite ateganyijwe ku matariki 16, 17 na 18/09/2013 mu byiciro bitandukanye azakorwamo.
Mu uhiriro ry’umunsi umwe ry’abanyamuryango ba AVEGA-Agahozo bo mu karere ka Ruhango ryabaye tariki 29/08/2013, ubwo basuzumaga ibyo bagezeho no guhiga ibyo bateganya kugeraho mu mwaka wa 2013-2014, hari umubare munini w’abana birera mu mirenge igize akarere ka Ruhango.
Ubwo abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi biyamamazaga mu karere ka Ruhango, tariki 28/08/2013, bijeje abaturage ko muri mandate itaha y’abadepite bazaharanira ko hakorwa ibikorwa remezo byinshi mu karere ka Ruhango.
Mu isambu y’umuturage witwa Kamegeri mu kagari ka Burima umurenge wa Kinazi, tariki 26/08/2013 hatoraguwe imibiri y’abantu bane batazwi.
Abanyeshuri 6 biga mu ishuri rya Groupe Scolaire Rusororo i Gitwe mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batewe n’indwara yo kwishimagura kuri icyi cyumweru tariki 25/06/2013, aho umwe yamufashe ubundi nawe ayanduza abandi.
Mu mukwabo wakozwe na Polisi mu karere ka Ruhango mu gitondo cya tariki 24/08/2013, hafashwe imodoka 15 zirafungwa n’izindi 11 zafatiriwe ibyangombwa ndetse hanafatwa moto imwe nayo irafunze.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu rukerera rwa tariki 23/08/2013, wataye muri yombi indaya 5, inzererezi 4 n’abacuruzi b’ibikwangari 7.
Mihigo Jean Baptiste w’imyaka 47 wo mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo akarere ka Ruhango umurambo we bawusanze mu nzu iwe yapfuye mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 19/08/2013.
Dushimiyimana Antoine Roger wiga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango yagerageje guhatanira umwanya w’ubudepite ntibyamukundira ariko ngo azakomeza kugerageza amahirwe mu bihe biri imbere.
Abarwanashyaka b’ishyaka rihanira imibereho myiza y’abaturage na Demokarasi (PSD) mu karere ka Ruhango, baravuga ko badateganya kuziyomeka ku yandi mashyaka mu matora, nk’uko bikunze kugaragara kuri amwe mu mashyaka agera mu gihe cy’amatora ugasanga ahaye amajwi yayo andi mashyaka.
Mu gihe cya saa mbiri z’ijoro rya tariki 13/08/2013, abajura babiri bitwaje imbunda banambaye gisirikare bateye banki y’abaturage (BPR) agashami ka Kinihira mu santire ya Buhanda mu karere ka Ruhango bica ushinzwe gutanga mafaranga (cashier) banatwara miliyoni 4 n’ibihumbi 6 n’amafaranga 352.
Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Amizero riherereye mu karere ka Ruhango, ryatangije gahunda yo kujya rigaburira abana bahiga, mu rwego rwo gufasha ababyeyi babo bajyaga bata imirimo yabo bagiye kubashakira ibyo barya kugirango basubire ku ishuri.
Nyirangenzehayo Clementine w’imyaka 33 y’amavuko, yabyaye abana batanu tariki 09/08/2013 ku kigo nderabuzima cya Kizibere mu karere ka Ruhango ariko ku bwamahirwe macye bose bitabye Imana.
Mu mukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano tariki 08/08/2013, wataye muri yombi inzererezi esheshatu, babiri bigometse kuri gahunda za Leta ndetse hanafatwa inzoga z’inkorano “ibikwangari” bingana na litiro 320.