Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe kiri mu mudugudu wa Gitega akagari ka Mpanda, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, tariki ya 23/08/2014, bagwiriwe n’ikirombe babiri bararokoka gihitana uwitwa Ngirababyeyi Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko.
Abaturage batuye mu kagari ka Kamusenyi umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, nyuma y’aho bamenyeye ko umuntu wishe umuryango w’umuturanyi wabo yatawe muri yombi, barifuza ko yazanwa mu ruhame rw’abaturage aho yakoreye iki cyaha akaba ariho aburanira.
Abakozi bahawe akazi na rwiyemezamirimo Kageruka Gamarier watsindiye isoko ryo kubaka gare y’akarere ka Ruhango, baravuga ko babayeho nabi kubera ko uwo bakoreye amaze ukwezi kose yaranze kubahemba ndetse bakaba baranamubuze.
Aborozi bo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango barishimira ko batazongera guhendwa ku mata no kwamburwa amafaranga yabo. Ibi aborozi babivuze nyuma y’amezi abiri gusa babonye ikusanyirizo ry’amata rya kijyambere ryubatswe ku bufatanye bwa Koperative yabo “Agira gitereka” na minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI).
Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhango akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 icya rimwe mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Mu karere ka Ruhango, tariki 14/08/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja mu murenge wa Byimana watawe n’umuntu utaramenyekana naho mu murenge wa wa Ruhango, inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, yasuye akarere ka Ruhango maze igirana ikiganiro n’abaturage b’umurenge wa Byimana uherutse kumvikanamo ubwicanyi bwahitanye abavandimwe batandatu biciwe mu nzu, maze asaba abaturage kwirinda kujya basiragira mu nkiko, ahubwo ubwabo bagaharanira kwikemurira amakimbirane.
Nyuma y’aho umuryango w’abantu batandatu wiciwe icyarimwe mu nzu tariki 31/7/2014 bikamenyekana tariki 2/8/2014 mu kagali ka Kamusenyi umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, Minisitiri w’ubutabera bw’u Rwanda Johnson Businge, aravuga ko abakoze ibi byanze bikunze bazagaragara kandi bakabiryozwa by’intangarugero.
Nkundakubana Vianney w’imyaka 71 y’amavuko, wari utuye mu mudugudu wa Rugarama akagari ka Rwinyana, umurenge wa Bweramana, yiyahuye akoresheje umuti witwa Simakombe ahita apfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Helix ifite purake RAA 911 W, yari itwawe na Tuyisenge Jean Claude, yataye umuhanda wa kaburimbo igonga abantu babiri umwe ahita apfa ako kanya undi arakomereka bikabije.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Gatera James, kuri uyu w gatanu tariki ya 08/08/2014, yasuye abakiriya b’ishami ry’iyi banki riri mu karere ka Ruhango, agirana nabo ibiganiro ahanini byibanze ku kunoza imikoranire myiza ku girango buri ruhande rushobore gutera imbere.
Abanyeshuri 260 barangije mu mashami atandukanye bigaga mu ishuri rikuru rya ISPG (Institut Superieur Pédagogique de Gitwe) mu karere ka Ruhango, bashyikirijwe impamyabumenyi kuri uyu wa kane tariki ya 07/08/2014, maze basabwa kwitwara neza mu buzima bundi bagiyemo, bibuka ko Abanyarwanda babategereje kugirango bababere (…)
Baziramwabo John w’imyaka 30 y’amavuko ukomoka mu karere ka Muhanga na Musabyimana Theogene w’imyaka 29 wo mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 05/08/2014 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakurikiranyweho gukora amafaranga y’amahimbano.
Mu ntara y’amajyepfo hatashywe amazu atandatu yubatswe n’ibigo byigisha imyuga byaho, agenewe abarokotse Jenoside batishoboye. Ibi ngo biri muri gahunda ya Minisiteri y’uburezi y’uko ibigo by’imyuga n’ubumenyingiro bikora ibikorwa by’ingirakamaro ku baturarwanda.
Inzu ifite agaciro ka miliyoni 13 z’amafaranga y’u Rwanda, yashyikirijwe umusaza Nashamaje Antoine w’imyaka 70 kuri uyu wa 3 tariki ya 06/08/2014, akaba ari inzu yubatswe n’ishuri rya Mpanda VTC riherereye mu karere ka Ruhango mu murenge wa Byimana.
Ikiganiro abagore bari mu myanya itandukanye mu karere ka Ruhango bagiranye n’ihuriro ry’abagore bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda “FFRP” tariki ya 05/08/2014, bagaragaje ko mu myaka 20 abagore batinyutse bakaba bafite aho bamaze kwigeza, ndetse bakanaharanira kuzamura bagenzi babo bagifite imyumvire ikiri hasi.
Umuryango w’abantu 6 wishwe tariki ya 31/07/2014 bikamenyekana nyuma y’iminsi ibiri, kuri icyi cyumweru tariki 03/08/2014, nibwo waherekejwe mu cyumahiro mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Nyuma y’ihohoterwa abagore bo mu kagari ka Nyagisozi umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bari bamaze igihe bakorerwa n’abagabo babo, kuri ubu barishimira ko umugoroba w’ababyeyi umaze guhindura byinshi kuko batagiharikwa cyangwa ngo bakubitwe.
Abagurira inka mu isoko rya Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe no kuba hari abazana inka mu isoko bazuhiye amazi n’umunyu byinshi ku ngufu, bakazigura zigaragaza ko ari nini, ariko bamara kuzigura zigahita zitakaza ubunini bazibonagaho ndetse zimwe zigapfa.
Musabyimana Rose utuye Buhanda mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, aravuga ko yatangiye gukorana n’ikigo cy’imari ari umukene utagira epfo na ruguru, ariko ubu amaze guhindura byinshi aho atuye ndetse n’abaturanyi be bakaba basigaye bamwigiraho byinshi.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, irasaba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango kugira uruhare mu bikorwa byo gufata neza amazi akoreshwa mu kuhira imirima y’ibishanga, ntigatererane abafatanyabikorwa bako, kuko bo igihe kigera bakigendera bya bikorwa bikongera bikangirika.
Akimana Elyse w’imyaka 10 y’amavuko, avuga ko akunda kuvuza cyane ingoma ndetse ngo bibaye ngombwa yabihindura umwuga mu buzima bwe bwose.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Kanimba Francois, mu ruzinduko rwe yagiriye mu karere ka Ruhango tariki 16/07/2014, yasuye uruganda rw’imyumbati ruri mu murenge wa Kinazi ndetse n’urw’umuceri ruri mu murenge wa Mwendo ahitwa Gafunzo.
Umuryango utegamiye kuri Leta Food For The Hungry ukora ibikorwa bitandukanye mu guteza imbere abaturage, kuri uyu wa gatatu tariki 16/07/2014, washyikirije ishuri ribanza rya Giseke mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango ibyumba by’amashuri 5 n’intebe 150 byose bifite agaciro gakabakaba miliyoni 20.
Mbonimpa Slyvestre wahawe isoko ryo kubaka ikimoteri cy’akarere ka Ruhango, aravugwaho kwambura abo yakoresheje amafaranga angana na miliyoni 2 n’ibihumbi 225, nyamara we akarere kamuhaye isoko kakaba karamaze kumwishyura angana na miliyoni 113.
Nyuma y’aho hatangirijwe gahunda yo guha abana amata ku ishuri mu mwaka wa 2010, abarezi barerera mu ishuri ribanza rya Nyarurama Catholique mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango, barahamya ko umubare w’abana bitabiraga ishuri wiyongereye ndetse n’imyigire ikazamuka.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, bacumbikiwe mu kagari ka Rwoga umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’abaturage bagenzi babo bakibita Abatanzaniya kandi bo bazi neza ko ari Abanyarwanda.
Nyuma y’aho muri G S Bukomero hagagaragaye ikibazo cy’inyerezwa rya mudasobwa 36 zagenewe abanyeshuri bahiga, Ubuyobozibw’akarereka Ruhango burahumuriza ababyeyi ko isomo ry’ikoranabuhanga ritazasubira inyuma kuko hamaze gufatwa ingamba ndetse n’abagize uruhare mu kuzinyereza bakaba barimo gukurikiranwa.
Niyomubyeyi Claire w’imyaka 22 y’amavuko, yitabye Imana tariki ya 07/07/2014 mu bitaro bya Butare, nyuma yo gutwikwa na Kanyanga akabanza kubiceceka.
Abasheshe akanguhe bari kiruhuko cy’izabukuru (pension) bo mu karere ka Ruhango, baravuga ko batarumva inyungu bazabona mu muryango nyarwanda wa bari muri pension kuko babona nta buvugizi bakorerwa nk’imwe mu ntego zatumye uyu muryango ubaho.