Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kabagali, Kinihira na Bweramana mu Karere ka Ruhango bavuga ko kurya impu z’inka bibarutira kurya inyama, kuko akenshi babwirwa ko inyama zigira ingaruka k’ubuzima bw’abantu.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier avuga ko ubu akarere gafite umutekano uhagije, ariko ikibazo gafite kagikomereye cyane gikomeje guteza umutekano muke ari ibiyobyabwenge.
Bavakure Jean Claude w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Ngororero yiyahuje umuti wica udusimba mu myaka mu gitondo cya tariki ya 18/01/2015 bamusuka amata ariko biba iby’ubusa arapfa.
Abatuye Akarere ka Ruhango by’umwihariko abakiristu b’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi, bakiranye urugwiro rudasanzwe korari Ambassadors of Christ Choir yifatanyije nabo mu giterane y’iminsi 14 kimaze igihe gito gitangiye.
Bamwe mu batwara ibinyabiziga mu karere ka Ruhango baravuga ko ubuto bw’imihanda bagendamo aribwo butuma kenshi bakora impanuka kubera kuyibyiganiramo.
Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 12/01/2015, abaturage baturiye ibiro by’Akagari ka Kebero mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango babyutse basanga abantu bataramenyekana bitumye imbere y’ibiro by’akagari, bafata amazirantoki bayasiga ku nzugi ndetse no ku mafoto y’umunyambanga nshingwabikorwa w’aka kagari.
Abaforomo babiri bo ku kigo nderabuzima cya Karambi kiri mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango; Mukeshimana Edith na Mukandanga Modeste barashinjwa icyaha cyo kubyaza umubyeyi umwana w’amezi atandatu bakamuta mu ndobo ijugunywamo imyanda.
Mukapfizi Edith w’imyaka 44 y’amavuko aravuga ko yarangaranywe n’abaganga bo mu bitaro by’akarere ka Ruhango bya Kinazi biri mu Murenge wa Kinazi bikaviramo umwana we urupfu ubwo yabyaraga.
Bamwe mu bana bava mu miryango bakajya mu mirimo itabakwiriye mu Karere ka Ruhango baravuga ko ahanini babiterwa n’amakimbirane yo mu miryango iwabo, bagahitamo guhunga bakajya kwishakira imibereho.
Mu isingesho ryabereye mu rugo rwa Yezu Nyirimpuhwe mu karere ka Ruhango, tariki 04/01/2014, abantu basaga 25 bashoboye kuhakirizwa indwara zitandukanye ndetse bamwe bavuze ko bakize SIDA.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Mukingi akagari ka Rwinyana mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano muke uri mu muryango w’abaturanyi babo.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bakomeje kubabazwa n’uko akarere kabo nta bikorwa by’iterambere bahabona ndetse hari ibyo bizezwa n’abayabozi bakabitegereza bagaheba, bakibaza ikibitera mu gihe mu yindi mijyi y’uturere baturanye babona ihora izamuka uko bwije n’uko bukeye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abagatuye kwirinda ibiyobyabwenge mu mwaka wa 2015 kugira ngo gahunda Leta yihaye zigamije iterambere rishobore kugerwaho.
Abashofeli batwara imodoka na moto baratangaza ko mu masaha ya ninjoro babangamirwa cyane n’abatwara amagare baba badafite ibinyoteri by’inyuma ku magare yabo, akenshi bikabateza impanuka.
Abahinzi bo mu Karere ka Ruhango cyane cyane abahuye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo yose igakurirwa hasi, barahamya ko ikibazo bahuye nacyo gishobora kubonerwa umuti.
Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Turere ibibondo riri mu mujyi wa Ruhango ryashinze ihuriro ry’abanyeshuri bagiye bahiga ariko ubu biga ku bindi bigo rigamije gukomeza guhuriza hamwe uru rubyiruko, ari nako bagaruka kwita kuri barumuna babo hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buravuga ko nta muntu buzabangamira mu kwizihiza iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani, gusa bugasaba ko abantu bose bayizihiza mu mutekano usesuye.
Umubyeyi Nyirahabimana Esther w’imyaka 45 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Nyakarekare, Akagari ka Nyakarekare mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, aravuga ko ahangayikishijwe cyane n’abana be bakomeje guta urugo kubera ingaruka z’amakimbirane aterwa n’umugabo we umuca inyuma.
Mu gihe cy’ibyumweru bitatu urubyiruko ruri mu biruhuko rumaze rwitabira urugeroro, ruravuga ko rumaze gutozwa ibintu byinshi rubano ko bizarugirira akamaro imbere hazaza, rugashimira cyane uwazanye gahunda yo guhuriza hamwe urubyiruko mu gihe cy’ibiruhuku.
Hashize iminsi itari mike mu mujyi wa Ruhango mu Karere ka Ruhango humvikana umwuka utari myiza hagati y’abantu bacuruza umuziki w’abanyarwanda n’abashinzwe kuwusoresha bitwa “United Street Promotion”.
Abahinzi bahinga mu bishanga bya Base, Kiryango na Rutenderi mu karere ka Ruhango, barishimira imyaka 10 bamaze bakorana n’umushinga ESIRU (Establishing a System of Integrated Resource Utilization) wa Agro Action Allemande, kuko ubasigiye ubumenyi bwinshi mu kwita ku bishanga.
Abanyonzi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko babangamiwe cyane n’izamuka ry’ibiciro by’ibyuma by’amagare kuko ngo rituma badatera imbere.
Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena irasaba abakoresha umuhanda bose kujya bagira ikinyabupfura mu muhanda bakanubahana, kuko ari imwe mu nzira yo kugabanya impanuka zihitana imbaga y’abantu.
Abagore ibihumbi 3660 bo muri paruwase ya Byimana mu itorero pantekoti mu Rwanda (ADEPR) mu Karere ka Ruhango barishimira ibikorwa by’iterambere bamaze kwigezaho nyuma y’igihe gito babumbiwe mu matsinda abashishikariza kwiteza imbere, ubu mu ngo zabo bakaba bahagaze neza.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko mu bihe by’imvura bahura n’ibibazo by’imihanda bakabura uko bagenderana n’indi mirenge bahana imbibi, bityo ugasanga ubuhahirane burahagaze.
Abafatanyabikorwa b’umuryango wa EAC, bagize societe civil, baravuga ko bamwe mu banyarwanda bataramenya zimwe mu nyungu zo kuba mu muryango wa EAC, aha bagatanga urugero ku ikoreshwa ry’urujya n’uruza hifashishijwe indangamuntu. Bakavuga hagikenewe ubukangurambaga buhagije.
Nyuma y’aho hagiriyeho urugaga rw’abakora imirimo ishamikiye ku buvuzi, abakora iyi mirimo mu karere ka Ruhango na Nyanza baravuga ko akazi kabo kagiye kugira agaciro ndetse nabo banakora akazi bizeye ko bazwi, bityo service baha abarwayi zirusheho kugenda neza.
Urubyiruko rumaze umwaka rwiga ubugeni n’ubukorikori mu ishuri rya Coin d’Art mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, ruravuga ko ubumenyi ruhakuye rugiye kubukoresha rwiteza imbere ndetse rukanafasha bagenzi barwo.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko ibituma ihohoterwa muri aka karere rikigagara ari uko umugoroba w’ababyeyi utakitabirwa.
Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo, Major General Alex Kagame, arasaba abayobozi cyane abo mu nzego zibanze kuba maso mu bihe by’iminsi mikuru, bagakorana n’abaturage bya hafi.