Abantu bataramenyekana baraye bateye mu ishuri ryisumbuye rya College Adventiste de Gitwe mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, basambanya umwana w’imyaka 10 wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.
Itorero rya ADEPR mu Rwanda riravuga ko nyuma yo kubabazwa cyane bakekwaho mibi ya bamwe mu bapasiteri baryo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ubu ngo rigiye guhaguruka rigashakisha urutonde rw’abo bapasiteri rugashyirwa ahagaragara bakamenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buributsa abakozi bose ko bafite inshingano yo guhora bazirikana uruhare rwabo mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, no kuzirikana kubaka umuryango Nyarwanda washegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umurambo wa Sibomana w’imyaka 35 y’amavuko bawusanze mu Mudugudu wa Mwari , Akagari ka Musamo, mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango wateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Ruhango ryifatanyije n’abakiristo baryo batuye Kibanda na Gisali mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Ruhango, kwibuka abakirisitu baryo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyabukorikori batandukanye bakorera mu Gakiriro ka Ruhango kari ahitwa i Nyarusange mu Murenge wa Ruhango baravuga ko bafite imbogamizi zo kuba agakiriro karubatswe kure y’umuhanda, none bakaba ngo bari mu gihombo kuko ngo nta bakiriya babona.
Abaturage baturiye umuhanda Ruhango-Kinazi mu Karere ka Ruhango, baravuga ko batewe impungenge no kuba uyu muhanda watangiye gukorwa ingurane bemerewe kugira ngo bimuke batarazihabwa.
Abanyeshuri bagera kuri 915 barangije kwiga imyuga mu mashami atandukanye mu ishuri rya Emeru Ikirezi de Ruhango mu Karere ka Ruhango bashyikirijwe impamyabumenyi zabo ku wa 14 Kamena 2015.
Abambasaderi ba Radiyo y’Icyerekezo KT Radio (Kigali Today Radio) yumvikanira ku murongo wa 96.7FM no www.ktradio.rw , bo mu Ntara y’Amajyepfo ndetse no mu Karere ka Karongi ho mu Ntara y’Iburengerazuba, baravuga ko bafite amahirwe adasanzwe yo kuba bafite radiyo bavugiraho bagatanga ibitekerezo byabo.
Uwayisenga Robert w’imyaka 30 y’amavuko, afungiye ku gashami ka Polisi ka Byimana mu Karere ka Ruhango guhera mu mugoroba wo ku wa 10 Kamena 2015, akekwaho kwambura moto uwitwa Mukiga Jamvier w’imyaka 27 y’amavuko.
Itsinda ry’abadepite batatu mu bagize Komisiyo y’ubukungu basuye Akarere ka Ruhango tariki, mu rwego rwo kuganira ku mikorere ya za koperative zo kubitsa no kugurizanya mu mirenge zizwi nka SACCO z’imirenge.
Abaturage baturiye ibagiro rya Kijyambere ry’Akarere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’umwanda uturuka muri iri bagiro, ugashokera mu ngo zabo, ukabanukira ku buryo ngo hari abatakirya ni mugoroba.
Abantu babarirwa muri 55 bo mu Mudugudu wa Mabanza mu Kagari ka Gishwero, ho Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, ngo bari kwa muganga nyuma yo kunywa ikigage mu birori by’ubutisimu byabaye ku munsi w’isakaramentu ku wa 7 Kamena 2015.
Abatuye umujyi wa Ruhango wo mu karere ka Ruhango, baravuga ko bakomeje guhangayikishwa n’ikibazo cy’abanab’inzererezi bakiri bato, bakomeje kwiyongera mu mujyi umunsi ku wundi.
Abanyamuryango ba Sacco Baturebereho Ruhango, mu Karere ka Ruhango, na bo ngo ntibumva impamvu ingingo ya 101 mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda itahinduka, kandi Abanyarwanda ubwabo ngo baramaze guhinduka, haba mu iterambere no mu myumvire.
Mbabazi Francois Umuyobozi w’ Akarere ka Ruhango, atangaza ko bagiye gushyira ingufu mu kwishyuza ibyangijwe muri Jenoside, ndetse bakanavugurura urwibutso rwa Jenoside ruhubatse. Yabitangaje mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 21 Abatutsi bazize Jenoside muri aka Karere.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, buravuga ko bwamaze guhitamo inzira yo guteza imbere imikino, nk’uburyo bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi François Xavier, avuga ko ibyagezweho mu kwezi kwahariwe kurangiza imanza zishingiye ku mitungo yasahuwe n’iyangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ari ibyo gushima.
Nyandwi Protegene, umuturage wo mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, yatumye abayobozi bahagarariwe n’umuyobizi w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, ko bagomba kugenda bakabasabira Inteko Ishingamategeko, guhindura ingingo 101 yo mu Itegoko Nshinga, kuko ngo nta wundi babona uzababera umubyeyi nka Perezida Paul (…)
Abakozi b’ikigo cy’imari icirirtse cya Goshen Finance biyemeje kuba bugufi abarokotse Jenoside batishoboye b’i Mayunzwe mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango ku buryo buri mukozi w’iki kigo ngo afatamo umwe bakazajya babakurikiranira hafi bakamenye uko babayeho ndetse bakanabagira inama mu byabateza imbere.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bufatanyije n’ibigo bitandukanye bikorera muri uyu murenge, bwatangije gahunda idasanzwe y’ubufatanye mu guteza imbere ibikorwa bw’umuganda rusange uba buri wa gatandatu wa nyuma wa buri kwezi.
Mu gihe cya saa munani z’amanywa kuri wa 28 Gicurasi 2015, ni bwo uwitwa Nizeyimana Dieudonne w’imyaka 18 ari kumwe na nyina Nyransababera batoraguye igisasu cya “60MM Mortar Gun”, ubwo bahingaga mu murima wabo, mu Mudugudu wa Kabungo, Akagari ka Cyanza mu Murenge wa Mbuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko bitarenze Nzeri 2015 abaturage b’Umurenge wa Mbuye bazaba batangiye gucana amashanyarazi bemerewe na Perezida Paul Kagame ubwo aheruka gusura Akarere ka Ruhango mu mwaka wa 2012.
Nduhuye Adrien w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kirima, Akagari ka Munini mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera ku wa 26 Gicurasi 2015, nyuma yo gukubita umukuru w’umudugudu wa Muremera, Safari Gaspard, akanasenya agakuta kanditseho indangagaciro z’uyu mudugudu.
Mu busitani bw’Ibiro by’Umurenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, ahagana mu saa kumi n’ebyiri z’igitondo kuri uyu wa 26 Gicurasi 2015, hatoraguwe igisasu cya grenade yo mu bwoko bwa Stick, kugeza ubu uwakihashyize akaba ataramenyekana.
Abagabo bo mu Kagari ka Rwoga, Umurenge wa Ruhango, mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’abagore babo basigaye bagirana amakimbirane, aho kugira ngo bahukanire iwabo ahubwo bakajya kwikodeshereza mu byo bise “Ghetto” wagereranya n’ikibahima.
Mu muhango wo kwibuka no kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu byahoze ari amakomini ya Kigoma na Tambwe, mu cyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, wabaye kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, abaturage bo mu Karere ka Ruhango bibukijwe ko bagomba gufata iya mbere mu kurwanya abapfobya Jenoside.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ruhango buravuga ko bugaya cyane abaganga basebeje umwuga wabo bagira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, bukavuga ko hamaze gufatwa ingamba z’uko nta muganga uzongera kuvutsa ubuzima umuntu, ahubwo ko agomba kubusigasira nk’uko yabyigishijwe.
Abantu barindwi bo mu muryango umwe bari mu maboko ya polisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, bakurikiranyweho iterwa rya grenade yahitanywe uwitwa Theoneste Ntigurirwa w’imyaka 33 y’amavuko.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango iravuga ko yifuza umusenateri uzabahagararira neza mu Nteko Inshanga Amategeko/umutwe wa Sena, ko agomba kuba ari uwabafasha gukomeza gushyiraho amategeko abumbatira ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho, ndetse no gukomeza kubiteza imbere.