Ruhango: Umwanzi dusigaranye ni ibiyobyabwenge- Mayor Mbabazi

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier avuga ko ubu akarere gafite umutekano uhagije, ariko ikibazo gafite kagikomereye cyane gikomeje guteza umutekano muke ari ibiyobyabwenge.

Ubwo yitabiraga igiterane cyateguwe n’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi mu Karere ka Ruhango tariki ya 17/01/2014, umuyobozi w’akarere yagaragaje ko gahangayikishijwe n’ibiyobyabwenge cyane.

Yagize ati “umwanzi dusigaranye muri aka karere ni ibiyobyabwenge biduteza umutekano muke, tukaba tubasaba rero nk’uko muba mwateguye igikorwa nk’iki kugira ngo abantu biyeze n’Imana, ni nako mukwiye kugira uruhare mukudufasha kurwanya ibiyobyabwenge”.

Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango yagaragaje ko ibiyobyabwenge aricyo kibazo gihangayikishije bafite.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango yagaragaje ko ibiyobyabwenge aricyo kibazo gihangayikishije bafite.

Uyu muyobozi kandi yashimiye ubuyobozi bw’itorero ry’Abadivantisiti mu Karere ka Ruhango uburyo bugira uruhare mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ndetse bunabashishikariza kwegerana n’Imana, abasaba ko ibikorwa nk’ibi byakomeza.

Akarere ka Ruhango kari mu turere dukunze kugaragaramo ibiyobyabwenge cyane birimo Kanyanga, urumogi n’inzoga z’inkorano.

Abayobozi b'itorero ry'Abadivantisiti bwijeje akarere ubufatanye mu guhangana n'ibiyobyabwenge.
Abayobozi b’itorero ry’Abadivantisiti bwijeje akarere ubufatanye mu guhangana n’ibiyobyabwenge.

Ubuyobozi bw’iri torero bwemeje ko bwiteguye gukora ibishoboka byose ngo ibi biyobyabwenge biyobya abana b’Imana birandurwe burundu.

Umuyobozi w’akarere agaragaje iki kibazo mu gihe gito hamenwe hakanatwika ibiyobyabwenge bitandukanye byagiye bifatirwa mu baturage.

Mbabazi agaragaje iki kibazo nyuma y'igihe gito hamenywe ibiyobyabwenge bitandukanye.
Mbabazi agaragaje iki kibazo nyuma y’igihe gito hamenywe ibiyobyabwenge bitandukanye.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka