Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), burasaba abahinzi b’imyumbati kutihutira gukoresha imbuto y’imyumbati bazanirwa na ba rwiyemezamirimo, nyuma y’aho muri aka karere hagaragariye indwara y’imyumbati yishwe Kabore.
Bitewe n’uko umugezi w’Umukunguri wakundaga kurengera imirima, abahinzi biyemeje gutera imiseke n’imbingo ku nkengero zawo kugirango birinde isuri ibatwarira ubutaka bahingaho umuceri. Kuri ubu barishimira ko bagize uruhare mu ukumira Ibiza.
Iyo uvuye ku muhanda wa kaburimbo ahitwa I Kirengeli ugafata umuhanda w’igitaka ujya ahitwa I Mutara mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, hari ahantu mu kagari ka Kigarama bise kwa “Dawe uri mu ijuru”.
Mfashwanayo Elisitariko w’imyaka itatu y’amavuko wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Rubona, umurenge wa Bweramana wo mu karere ka Ruhango, yitabye Imana mu gitondo cya tariki ya 14/10/2014 azize amazi y’ikidendezi.
Museveni w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’u Burundi muri Ngozi, yatawe muri yombi n’abaturage muri iki gitondo tariki ya 14/10/2014, bamukekaho gusambanya ku gahato umukecuru w’imyaka 94 y’amavuko.
Mudahemuka Maurice umaze imyaka 13 yigisha muri Groupe Scolaire ya Mwendo mu karere ka Ruhango, yaremewe inka ya Kijyambere y’ikimasa ubwo hizihizwaga umunsi wa mwarimu tariki 10/10/2014.
Sosiyete ikorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo, akarere ka Ruhango yitwa Rwanda RUDNIKI, yahawe igihe cy’amezi atatu ngo ibe yarangije gutunganya ikirombe icukuramo amabuye y’agaciro bigaragara ko kidakoze neza.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri minisiteri y’umutungo kamere (MINERENA), Imena Evode aravuga ko u Rwanda rumaze gutera intambwe igaragara mu bucukuzi bw’amabuye.
Umuryango Transparency Rwanda urasaba ababyeyi guhaguruka bagakurikirana imyigire y’abana babo, kuko byamaze kugaragara ko akenshi abana bahura n’ibibazo kubera ababyeyi baba barahariye gahunda zose abarezi, ibi bakaba bituma ireme ry’uburezi ridindira.
Mu isengesho ngaruka kwezi mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe ryabaye kuri iki cyumweru tariki 05/10/2014, hagaragaye abantu batatu batanga ubuhamya ku byababayeho kubera iri sengesho harimo n’uwakize uburemba.
Kabera Antoine w’imyaka 110 y’amavuko utuye mu kagari ka Nyakarekare umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, arashimangira ko n’ubwo ashaje yumva neza gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, agasaba abandi kuyumva neza kuko izatuma abanyarwanda bamenyekana nk’abanyarwanda aho kwitirirwa ibindi.
Ndahimana Francois yafatiwe mu mudugudu wa Cyunyu akagari ka Rwoga umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, ashinjwa kwiba inka mu murenge wa Kinihira akaza kuyibagira iwe, yakwikanga abayobozi inyama akazijugunya mu musarane.
Ikigo cya Ecole Secondaire de Kigoma cyegukanye umwanya wa Nyampinga mu bigo by’amashuri yisumbuye bitanu biri mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango byitabiriye irushanwa ryateguwe n’itorero Inganji Culture Savior.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryngo wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, ruratangaza ko rwishimiye cyane ibikorwa bimaze kugerwaho n’urubyiruko rw’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango. Ikarusaba kwegera n’urundi rubyiruko kugirango narwo rudasigara inyuma.
Abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro mu karere ka Ruhango babifitiye uburenganzira ndetse n’ubunararibonye, baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’impanuka zikomeje kubera mu birombe baba baremerewe gukoreramo.
Abaturage b’akarere ka Ruhango barasabwa gukomeza kwimakazi gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, baharanira ko ukwezi kw’imiyoborere kwasiga buri wese agize uruhare rugaragara mu bumwe n’ubwiyunge.
Ingengo y’imari ya 2014-2015 izarangira umuhanda Ruhango-Kinazi-Mukunguri umaze gutunganywa, ibi bikaba ari ibyashimangiwe na Minisitriri w’intebe Anastase Murekezi ubwo aheruka gusura abaturage b’akarere ka Ruhango tariki 22/09/2014.
Ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya season A 2015 mu karere ka Ruhango tariki ya 23/09/2014, minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahumurije abaturage b’aka karere ku kibazo cy’indwara ya Kabore yibasiye igihingwa cy’imyumbati.
Nyuma y’uko abahinzi mu gace k’Amayaga batewe ibihombo bikomeye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo, barasaba gukorerwa ubuvugizi kugirango banki yabagurije amafaranga itazateza cyamunara ibyo batanzeho ingwate ubwo bakaga inguzanyo yo kwagura imishinga y’ubuhinzi bw’imyumbati.
Aborozi bo ku Buhanda mu karere ka Ruhango, baravuga ko ubworozi bw’inka bubateza ibihombo, kuko batabona aho bagemura umukamo wabo, ugasanga n’amafaranga bakuramo ntabasha no kubagurira ubwatsi bw’inka.
Ingo eshatu zituranye mu mudugudu wa Munini akagari ka Rukina umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango zimaze kwimurwa n’amabuye aterwa ku mazu mu gihe cya kumanywa ndetse na nijoro.
Abashoferi bakoresha mu muhanda Ruhango-Kirinda, baravuga ko barimo gukorera mu bihombo kubera imodoka zabo zangizwa n’iyingirika ry’uyu muhanda, ukunze kwangirika cyane mu bihe by’imvura ahitwa Gafunzo mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango.
Abanyonzi bakorera mu karere ka Ruhango, barishimira ko nta muntu ukibahutaza mu muhanda ababuza gukora akazi kabo ndetse ngo nabo bafashe ingamba zo kugabanya umuvuduko ku muhanda bagamije kwirinda impanuka.
Abakozi bakorera sosiyete yitwa One star Ltd irimbisha umujyi wa Ruhango baratabaza akarere kubishyuriza amafaranga bambuwe na rwiyemezamirimo wabahaye akazi ngo kuko baheruka guhembwa mu kwezi kwa Gatanu, none ubu bamwe bakaba barimo gusohorwa mu mazu abandi bakabura uko bivuza.
Umuryango wa Karangwa Alon utuye mu mudugudu wa Rwezamenyo mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, uratabaza inzego zitandukanye kuwutabara kubera ikibazo cy’ibitero bimaze iminsi bishaka guhita umuryango we.
Mu giterane bamazemo iminsi ine, abakirisitu bari mu matorero atandukanye mu karere ka Ruhango, baravuga ko bashoboye kuhigira byinshi bijyanye no kwegerana n’Imana, ariko cyane cyane guha agaciro gahunda za Leta zirimo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, ubwisungane mu kwivuza n’ibindi.
Umugabo witwa Karemera Théobard w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Karenge mu kagari ka Muhororo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bamusanze imbere y’inzu ye yapfuye mu gitondo cyo ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014.
Aborozi bo mu karere ka Ruhango baratangaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’inka muri iyi minsi aho batunga agatoki bamwe mu bakora umwuga wo kubaga inka ahantu hatandukanye muri aka karere, bakaba basaba inzego zibishinzwe ko hakwiye kugira igikorwa.
Nyuma y’uko abantu bane bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuryango w’abantu 6 mu karere ka Ruhango, Baribwirumuhungu Steven ufungiye muri gereza ya Muhanga yabwiye urukiko ko ari we wabishe wenyine nta wundi bafatanyije.
Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe kiri mu mudugudu wa Gitega akagari ka Mpanda, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, tariki ya 23/08/2014, bagwiriwe n’ikirombe babiri bararokoka gihitana uwitwa Ngirababyeyi Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko.