Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Michael Ryan, yishimiye umusaruro w’ubuhinzi yasanze mu Karere ka Rubavu, avuga ko ugaragaza iterambere ry’u Rwanda.
Abashakashatsi n’impuguke z’Abanyarwanda n’Abanyekongo batangiye guhana amakuru ku buryo gaz methan yo mu kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro wiyongera ku mashanyarazi.
Koperative “Tuvugibyayo” ikorera mu Murenge wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, yiyemeje kongera uruhare rwo guhuza imiryango yari isanzwe irangwamo amakimbirane.
Musenyeri Habiyambere Alexis umaze imyaka 19 ku bushumba bwa Diyoseze ya Nyundo yashyikirije inkuni y’ubushumba mugenzi we Mwumvaneza Anaclet, ajya mu kiruhuko.
Umusirikare wa Congo wiyise Tuyishime Jean Claude yigize umurwanyi wa FDLR kugira ngo azanwe mu Rwanda ariko abajijwe aho avuka arahayoberwa.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yakebuye Abanyarwanda bafasha FDLR bizeye ko izatera u Rwanda igafata ubutegetsi kureka guta igihe.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe yemeza ko gutsindwa kw’Inzirabwoba (EX-FAR) kwatewe n’ibikorwa by’ubwicanyi no kurenganya inzirakarengane mu gihe Inkotanyi zarimo kubakiza.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhanganye no gutazangera kuba akanyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza kuko 2015-2016 yarangiye gafite 69.4%.
Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
Abana babiri mu murenge wa Rugerero bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye kuwa 1 Gicurasi, Sekuru abimenye arimanika.
Abagabo batatu harimo n’umukuru w’umudugudu biyemerera gufasha FDLR mu bitero yagabye i Bugeshi muri Rubavu beretswe abaturage.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gukurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe busanga guhindura ibara ku Kivu bidateye ikibazo.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu yakomye mu nkokora abagabo batanu bivugwa ko bari mu mugambi wo kwiba umwe ahasiga ubuzima.
Hetegekimana Michel uzungura Ngirira Matayo, yashyikirijwe ubutaka yari amaze imyaka 16 aburana, ashimira Perezida Kagame wamufashije gukemura iki kibazo.
Urugaga rw’Abagore mu muryago wa ICGLR rurasaba ko abagore bagira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kandi bagahabwa umwanya utuma binjiza amafaranga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwahagurukiye kurangiza ikibazo cy’ubutaka bwa Ngirira buherereye mu murenge wa Mudende bumaze imyaka 20 bwaratujwemo abaturage.
Polisi ikorera mu Murenge wa Bugeshi muri Rubavu, ahitwa Kabumba, yaraye itewe n’abantu bitweje intwaro bataramenyekana, barasana nayo ariko ishobora kubahashya.
Abagabo bane n’abagore babiri mo mu Murenge wa Rugereo mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi bazira kwifungirana mu kabari mu gihe abandi bari mu biganiro byo Kwibuka22.
Nsengiyumva Pierre wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kubuza umugore we kwifatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ubutabera akaba Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, aratangaza ko abafitiye imyenda Leta bagiye gukurikiranwa nyuma y’igihe kinini bihanganirwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko imibiri itandatu yabonetse mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rubavu na Mudende; izashyingurwa mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyundo rurimo kubakwa.
Urwego rwa Polisi rushinzwe ubugenzacyaha (CID) rutangaza ko Abanyarwanda 18 bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba rishingiye ku madini harimo n’uwatwitse urusengero rwa ADPR Gatsibo.
Ubuyobozi bwa Transparency Rwanda buratangaza ko bugiye gufasha abafungwa batishoboye kuburana mu rwego rwo kurinda gutinza imanza.
Minisitiri w’Ubutaber,a Busingye Johnson, aratangaza ko ababyeyi bareka abana bakajya kuba ku mihanda bagiye kuzajya bakurikiranwa mu mategeko.
Ubuyobozi bwa Atlasmara bwaguze Banki y’Abaturage n’igice cya banki y’iterambere BRD butangaza ko bagiye gufasha ishomari n’imishinga mito mu Rwanda.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Ubuyobozi bwa CID butangaza ko gushakira amahirwe hanze y’u Rwanda byorohereza icuruzwa ry’abantu kuko ababuzwa kugenda bashyiramo ko babuzwa amahirwe.
Komisiyo ishinzwe impunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse ibikorwa byo kubarura impunzi z’Abanyarwanda igejeje ku 10.332 muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema.
Perezida Paul Kagame yanenze ivangura ryakoreshejwe mu gushyiraho amabwiriza yo guhagarika icuruzwa ry’umucanga ku Banyekongo baza kuwugura mu Rwanda, nyuma yo kubazwa iki kibazo mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu.