Abanyarwanda 150 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda bavuye mu Burasirazuba bwa Kongo Kinshasa bahunga ibibazo by’intambara.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera, PSF, mu Ntara y’ Iburengerazuba ku wa 19 Ukuboza 2015 bwatangije imurikagurisha ry’iminsi icumi rizabafasha kwizihiza minsi mikuru.
Abarwanyi ba FDLR bayirwaniye mu ibirindiro bya Gen Rumuri Rusamambo na Buleusa bagatsindwa bitahiye mu Rwanda kuwa 17 Ukuboza 2015.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bijeje Inteko Ishinga Amategeko kuzatora “Yego” muri referendum kandi bayituma kuri Perezida Kagame ngo azabasure bishimane.
kuva Nzeri kugera kuwa 24 Ugushyingo 2015 imvura yaguye mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’abantu 31 ikomeretsa 57 isenya amazu 933.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umuryango “Uyisenga ni Imanzi“ baratangaza ko bagiye guca umuco wo gusiga abana ku mupaka.
Nsabimana Sylvain yabaye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, nyuma y’amezi icyenda uwo asimbuye afungiwe amakosa yo gutanga amasoko binyuranije n’amategeko.
Komisiyo y’Amatora (NEC) mu Karere ka Rubavu iratangaza ko imyiteguro y’amatora igenda neza, kuko 94% by’abahatuye bamaze gufata amakarita y’itora.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi iributsa Abanyarwanda bari mu buhunzi kubuvamo, kuko nyuma y’umwaka nta mfashanyo bazaba bagihabwa.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahuguye amakoperative akorera mu karere ka Rubavu kuwa 04 Ukuboza 2015.
Minisitiri ushinzwe gucunga Ibiza no gucyura Impunzi, Seraphine Mukantabana, yashyikirije amazu 5 Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo.
Abakunzi b’isambaza zo mu kiyaga cya Kivu ntibishimira igiciro cyazamutse kikagera ku 2000Frw ku kilo, bavuga ko kitorohera buri wese.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko badashobora kwishyura rwiyemezamirimo wakoze umuhanda Kabari-Kabuhanga, atabanje kwishyura ababaturage yakoresheje mu gukora uyu muhanda.
Abagabo bo mu murenge wa Bugeshi barahamagarirwa kureka umuco wo guharika abo bashakanye kubera amafaranga ava mu musaruro w’ibirayi.
Abaturage ba Bereshi mu Kagari ka Hehu muri Bugeshi mu Karere ka Rubavu bashimiwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano no gucyura uwahoze muri FDLR.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Bugeshi bafashije umurenge n’umuryango kugera ku byo biyemejwe bashimiwe n’inteko rusange y’umuryango.
Abakozi ba Entreprise Seburikoko banze gutanga ibikoresho byayo byatejwe cyamunara n’urukiko ahubwo bahitamo gufatira abari baje kubitwara.
Minisiteri z’ingufu mu Rwanda na Congo kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2015 zasinye amasezerano y’ubufatanye mu kugenzura ubucukuzi bwa Gaz Methane mu Kivu.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangiye guha imyenda abagororwa batitabwaho n’imiryango yabo; runasaba imiryango kujya isura abantu bayo bafunzwe.
Minisitiri wa Congo ushinzwe Hydrocarbure yageze mu Rwanda gusinya amasezerano y’ubufatanye n’ u Rwanda mu kubungabunga ikiyaga cya Kivu.
Ikamyo ifite purake za Uganda yagonze akabari gaherereye mu murenge wa Nyungo ahitwa Pfunda mu Karere ka Rubavu, ihitana umwana.
Imfungwa n’abagororwa bari muri gereza ya Nyakiriba basabye Abanyarwanda kwitabira ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge kuko nabo bagize uruhare muri Jenoside babitangiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangije igikorwa cyo gukora umuhanda uzajya unyuzwamo n’amakamyo mu kwirinda impanuka z’ibikamyo bigonga Ibitaro bya Rubavu.
Rwamakuru wari ushinzwe umutungo wa FDLR muri Kivu y’Amajyepfo yasanze umutekano w’u Rwanda uruta kure ubutunzi bwa FDLR yari ashinzwe.
Imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango wa CEPGL yananiye SAFKOKO, ibikorwa byo kuyubaka byasubukuwe isoko rihawe abandi bayikora bayirangiza.
Abavunjayi bo mu Mujyi wa Gisenyi bakora mu buryo bwemewe n’amategeko ngo babangamiwe n’akajagari baterwa n’abakora ako kazi rwihishwa bagatuma bahomba.
Abakozi 23 bakoze ikizamini cy’akazi cyanditse mu karere ka Rubavu bamaze gusaba kwerekwa impapuro bakoreyeho kubera kutemera amanota bahawe.
Igikorwa cyo gusubizaho imbago z’imipaka zashyizweho 1911 kigiye kurangira gisenyeye Abanyekongo batari bacye harimo n’ishuri ryubatse ku mutaka bw’u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku Bidukikije (REMA) kiraburira abacukuzi b’amabuye y’agaciro ko n’ubwo badateganya kubabuza gucukura uzabikora nabi we azahagarikwa.
Abikorera 15 bo mu Karere ka Rubavu bitabiriye Rwanda Day yabereye mu Buholandi basangije bagenzi babo ibyo bungutse nyuma yo kugaruka.