Majoro Mvuyekure Pierre uvuga ko yari ashinzwe ubutasi no gutegura urugamba muri FDLR, Segiteri Kivu y’amajyaruguru, yatashye mu Rwanda.
Abanyarubavu baturutse mu nce zitandukanye z’igihugu bahuye biyemeza gushakira hamwe icyateza imbere akarere bakomokamo, kugira ngo karusheho kugira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Maj Dr William Kanyankore uyobora ibitaro bya Rubavu atangaza ko 72% by’ indwara zitanduza zirimo Diabete, Goute, impyiko n’izindi, zimaze kurusha indwara zanduza kwibasira abaturage.
Abikorera bo muri Rubavu bitabiriye Rwanda Day yabereye i San Fransisco muri Amerika bavuga ko bayungukiyemo byinshi birimo gukora ibiramba.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Shiraniro Ngenzi Jean Paul, umucuruzi w’ibirayi ukorera mu Karere ka Rubavu yishyuriye Mitiweli abahinzi babyo 400 kuko ngo bakoranye neza.
Igihugu cy’u Rwanda na Congo byashyize umukono ku masezerano ya COMESA, akuraho amahoro ku bicuruzwa 168, kubacuruzi batarenza ibihumbi bibiri by’amadolari.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta yemeza ko abana bajyanwa mu bigo ngororamuco baba bagiye kugororwa aho kubuzwa uburenganzira bwabo.
Umukozi wa Banki y’Abaturage (BPR) ishami rya Rubavu arakekwaho kwiba ibihumbi 115 by’Amadolari y’Amerika (Miliyoni 92 Frws) na Miliyoni 6RWf, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni zirenga 98RWf.
Urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF Inkotanyi muri Rubavu rwahigiye kurwanya iterabwoba n’icuruzwa ry’abantu hagamijwe kurinda abatuye igihugu.
Ibitaro bya Rubavu byungutse serivisi yo kunganira impyiko kuyungurura amaraso izwi ku izina rya Dialysis.
Umusirikare wa FARDC wafatiwe mu Rwanda yasubijwe iwabo, ashimira ingabo z’u Rwanda uko zamufashe mu gihe yari amaze mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari ICPAR, buratangaza ko amasomo butanga, yagabanyije amakosa y’ibaruramari yagaragaragara mu bigo bya Leta.
Imodoka ya Gereza ya Rubavu yaraye igonganye n’ikamyo abakozi batatu ba gereza bitaba Imana naho undi umwe arakomereka bikomeye.
Umuyoboro ukura amazi mu Mujyi wa Rubavu uyaganisha mu kiyaga cya Kivu wasenywe n’imvura, amazi yirara mu ngo z’abaturage.
Polisi y’igihugu ikorera muri Rubavu yatabaye umugore abaturage b’akagari ka Mbugangari bashaka gutera amabuye bamushinja kuba umucuraguzi.
Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo (DRC) yasabye itsinda rya EJVM gukurikirana amakuru y’ibitero by’iterabwoba byaba bitegurirwa ahitwa Semuliki, i Beni.
Abaturage bimuwe mu manegeka ku musozi wa Rubavu bagatuzwa Kanembwe bahawe ibyangombwa by’ubutaka bwabo nyuma yo gutakambira Perezida Paul Kagame.
Imiryango 210 itishoboye yo mu karere ka Rubavu, yahawe amatungo agizwe n’ihene n’intama, azayifasha kugira imibereho myiza.
Imvura y’urubura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Nzeli 2016, yangije hegitari 40 z’imyaka n’ibisenge by’amazu 87.
Impuguke zo mu kigo LKMP, gishinzwe gucunga ikiyaga cya Kivu, zitangaza ko guhindura ibara kw’amazi y’ikiyaga cya Kivu, byatewe n’umuyaga mwinshi.
Majoro Shamamba wari usanzwe asana, akanacura intwaro muri FDLR yitandukanyije nayo ataha mu Rwanda, kubera kurambirwa ubuzima bw’ishyamba.
Musenyeri Ngirabanyiginya Dominic witabye Imana tariki ya 07 Nzeri 2016, yashyinguwe mu cyubahiro mu iseminari nto ya Nyundo, i Rubavu, kuri uyu wa gatanu tariki ya 09 Nzeli 2016
Umuryango wa Right to play mu Karere ka Rubavu watangije ubukangurambaga bwo kwigisha abanyeshuri kwirinda ihohoterwa bakorerwa, binyuze mu mikino.
Sergent major Habamenshi Jean Claude wari umuyobozi muri FDLR, abaye undi musirikare witandukanyije nayo akanazana abo yayoboraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abaturage bazatura mu mu mudugudu w’ikitegererezo, kuzatuzwa neza kandi heza kugira bashobore gushyigikira iki gikorwa.
Sergent Major Jean Baptiste Bisemakweli wari akuriye abarinda Col Hatangumuremyi Vedaste ushinzwe ubunyamabanga bw’inama nkuru y’igisirikare cya FDLR Foca yatashye mu Rwanda.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dushimimana Lambert, aranenga bamwe mu bakozi b’akarere bamunzwe na ruswa kuko ngo bihesha akarere isura mbi muri rusange.
Minisitiri wa MIDIMAR Mukantabana Seraphine atangaza ko batangiye kubaka amazu areberwaho mu guhangana n’ibiza avuga ko abashaka kubaka bareberaho.
Ubunyamabanga bwa CEPGL butangaza ko bwiteguye gushakira igisubizo umubano w’u Rwanda n’u Burundi utameze neza mu gihe babisabwa n’ubuyobozi bubakuriye.