Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Iburengerazuba buvuga ko hari ibicuruzwa bitanu bihiga ibindi mu kwinjira nka magendu i Rubavu.
Gusana ishyamba rya Gishwati n’irya Mukura bigiye kugirwa pariki z’igihugu ngo bishobora kuzajyana no guhagarika abacukura amabuye y’agaciro muri Gishwati.
Amazi y’u Rwanda amaze afatwa nk’afite umwihariko w’ubwiza busanzwe muri Goma, ku buryo bamwe baretse indi mirimo bayoboka kuyavoma bajya kuyacururizayo.
Lt. Col. Ntibibaza Gerard wari ushinzwe igice cy’abarwanyi muri FDLR, abasaba gutaha mu Rwanda kuko yasanze ibyo baharanira byaramaze kugerwaho.
Urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi rwakatiye Bahame Hassan igihano cy’igifungo cy’amezi atandatu kubera amakosa yamuhamye mu kugurisha isoko rya Gisenyi.
Ubuyobozi bw’uturere burasabwa gukora ibishoboka ngo abaturage batuye mu manegeka bashobore kuyavamo hirindwa ko ingaruka za El Nino 2015 zabageraho.
Abaturage binjiza ibicuruzwa biva Goma binubira kuba ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro (RRA) kitabagaragariza imisoro mbere yo kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu cyaro ruracyagira isoni zo gukoresha agakingirizo mu kwirinda Virusi itera Sida no kwirinda inda zitateganyijwe, bagasaba kwegerwa.
Polisi itangaza ko hagiye gukorwa umuhanda w’amakamyo uhinguka mu Byahi mu rwego mu kugabanya imodoka Zigonga ibitaro bya Rubavu.
Urugaga rw’Abacungamutungo b’Umwuga mu Rwanda, ICPAR, rugaragaza ko hari icyuho cy’abacungamutungo b’umwuga, bikaba impamvu ituma ibigo bihomba.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Imiturire, kuri wa 07 Ukwakira, Minisitiri Germaine Kamayirese, yasabye abategura aho gutuza abaturage guteganya umwanya rusange wo kwisanzuramo.
Abakozi ba Congo bakoreraga ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bashinze imitaka, nyuma y’uko kontineri bakoreragamo zakuweho.
Abikorera 14 bo mu karere ka Rubavu bitabiriye Rwanda day bavuga ko bashaka gukumbuza Abanyarwanda n’abanyamahanga bazayitabira ibyiza bya Rubavu.
Lambe wungirije Ambasaderi w’Ubwongereza yatangarije abarwanyi ba FDLR bari Kisangani bashaka kuganira n’u Rwanda ko ukuri ari ugutaha.
Colonel Augustin Nsengimana wari ashinzwe umutekano n’igisirikare muri FDLR kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 yatahutse mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bategetse ko imiryango 173 yatujwe mu butaka bw’uwitwa Ngirira Matayo mu 1995 babwimukamo bugasubirana nyirabwo.
Polisi yataye muri yombi abagabo batandatu bari bigize abakozi ba EUCL mu karere ka Rubavu bagatwara Cashpower z’abaturage bakabaka n’amafaranga.
urubyiruko rwashoje furumu ya CEPGL mu karere ka Rubavu rwasabye ibihugu kuroherezwa ku mipaka bikaborohereza guhahirana no kwihangira imirimo.
Minisitiri Sama Lukonde Kyenge wari witabiriye gusoza ihuriro ry’urubyiruko rwa CEPGL ryaberaga i Rubavu, yatashye bitarangiye ahamagawe na leta ye.
Akarere ka Rubavu katangiye kubakira imiryango 28 yari imaze imyaka itanu muri burende kuva yakurwa ku musozi wa Rubavu.
Abahanzi biga umuziki mu ishuli rya muzika ryo ku Nyungo bagiye muri Canada mu rugendoshuri ruzabafasha kunononsora umuziki biga.
Imbago 38 zihuza u Rwanda na Uganda nizo sishakishwa kugira ngo zisubizweho muri gahunda yo kuvugurura imbago z’imipaka ihuza ibihugu.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu biyemeje gushumbusha umugore witwa Mujawingoma Landrada watemewe inka n’abantu batazwi.
Umuntu umwe yahitanywe n’impanuka y’ikamyo yagonze igipangu cy’ibitaro bya Rubavu inakomeretsa abandi 8.
Urubyiruko 50 rwa Rubavu na Goma rwatangije ukwezi kw’amahoro kuzarangwa n’ibiganiro hagati y’urubyiruko n’abayobozi n’ibikorwa byuka amahoro.
Imiryango ibarirwa mu gihumbi y’Abanyekongo mu Mujyi wa Goma barengereye imbibe bakubaka mu Rwanda kuva kuri uyu wa 26 Kanama 2015 batangiye gusenyerwa.
Minisiteri y’Urubyiruko itangaza ko urubyiruko ruva kugororerwa Iwawa rugasubira gukoresha ibiyobyabwenge ari ikosa ry’uturere baturukamo tutubahiriza amasezerano twiyemeje yo kubakurikirana.
Ubuyobozi bwa MONUSCO bwateguje abitandaukanyije na FDLR bari mu Nkambi ya Kisangani ko itazongera kubagemurira ibiribwa kubera ubushobozi buke.
Minisiteri y’Urubyiruko (MYICT) itangaza ko ababyeyi bataye inshingano zabo zo kurera, bari mu byatumye urbyiruko rurushaho kwangirika kubera ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko abazafatwa babangamira gahunda y’ubucuruzi bw’ibirayi biciye mu ikusanyirizo kugira ngo irinde umuturage guhendwa bazabihanirwa..