Abaturage bo mu Karere ka Rubavu basabye Perezida Paul Kagame kutemerera amadini ya shitani gukorera mu Rwanda bituma anavuga ku nyigisho z’ubwihebe zatangiye kugera mu Rwanda.
Perezida Kagame uri mu ruziduko mu Karere ka Rubavu, yifatanyije nabo mu gikorwa cy’umuganda ngarukakwezi mbere yo kuganira na bo.
Mu kiganiro cy’amasaha atatu Perezida Kagame yagiranye n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rubavu, yongeye kunenga abayobozi badindiza gahunda z’iterambere.
Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye kusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.
Perezida Kagame wasuye Akarere ka Rubavu akaganira n’abaturage, yabajije abayobozi b’akarere impamvu amashuri yubakwa ariko abana ntibayajyemo.
Perezida Kagame asaba Abanyarwanda kwirinda ibibatandukanya, ahubwo bagashyira hamwe bakoresheje aho baturuka nibyo batekereza.
Ku isaha ya 11h30 nibwo Perezida Kagame yageze mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Mudende.
Mu cyumweru kimwe inka 20 harimo n’izatanzwe muri Girinka zafashwe zijyanywe kubagwa mu Karere ka Rubavu binyuranyije n’amategeko.
Umurwanyi wa FDLR yasize ubuzima mu gitero aba barwanyi bagabye ku Ngabo z’u Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Werurwe 2016.
Akarere ka Rubavu kasheshe amasezerana kari gafitanye na rwiyemezamirimo ABBA Ltd wari wareguriwe Isoko rya Gisenyi kubera ko yari yararihawe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Impuguke mu gucunga ibirunga zirabuza abaturage babituriye kutanywa no kudatekesha amazi y’imvura kuko Nyiragongo itanga ibimenyetso byo kuruka.
Abadepite n’abasenateri basuzuma irangamimerere n’uburyo abagore batwite banduye virusi itera SIDA bakurikiranwa, basabwe gukorera ubuvugizi gahunda zitishyurwa n’ubwisungane mu kwivuza.
Pro-femme itangaza ko miliyoni 129 z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina hagamijwe kurwanya ubwandu butera Sida.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abangirijwe ibyabo mu bikorwa by’ahazanyura umuhanda Pfunda-Karongi kubabarurira ibyangijwe bakishyurwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ihamagarira abahinzi kongera umusaruro w’ubuhinzi ariko bakanateganya ko ikirere kizahinduka umusaruro ukagabanuka.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu butangaza ko Indwara ziterwa n’isuku nke ari zo ziganje mu murenge kubera kutagira amazi meza.
Ishami rya Loni ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi, FAO, muri Afurika y’Iburasirazuba ryemeza ko imiyoborere y’u Rwanda yihutisha gahunda zirwanya ubukene kurusha ibindi bihugu mu karere.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru bwemeje ko umupaka uhuza Goma na Gisenyi ufungurwa amasaha 24 nk’uko byahoze mbere ya 2012.
Inzu y’u Rwanda y’Ibiro by’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi yagwiriwe n’ikamyo irangirika ariko ntihagira ukomereka.
Abanyarwanda 68 biganjemo abagore n’abana batahutse ku wa 12/2/2015 bavuye mu burasirazuba bwa Congo bavuga ko bari bafashwe bugwate na FDLR.
Akarere ka Rubavu kamaze gutanga inka 300 mu nka 900 kahize mu muhigo n’ubwo ubuyobozi buvuga ko n’izisigaye zizaboneka zigatangwa.
Umuyobozi wa FDLR-RUD Gen Maj Ndibabaje yishwe n’abarwanyi ba Maï-Maï bamusanze ahitwa Mashuta mu mashyamba ya Congo.
Uwari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR, kuri uyu wa 12 Gashyantare 2016, yatashye mu Rwanda nyuma y’imyaka isaga 20 abaho kinyeshyamba.
Minisitiri w umutekano Musa Fazil atangaza ko agiye gusabira igihano kikubye kabiri abakorera ibyaha muri gereza kuko badashaka guhinduka.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe ivurugurwa ry’amategeko yatangiye gahunda yo gusobanurira abanyeshuri biga muri za kaminuza itegekonshinga no kubigisha uburenganzira bwabo.
Ubuyobozi bw’ikigo NAEB giteza imbere ubuhinzi bw’imboga n’imbuto buvuga ko abahinzi batagomba kugira ikibazo cy’isoko kuko bafashwa kurishaka imyaka itarera.
Umutingito ufite ubukana bwa 5.1 wumvikanye mu Burasirazuba bwa Congo n’u Rwanda uturutse i Masisi na Walikale kuri uyu wa 4 Gashyantare 2016.
Abari abayobozi b’Akarere ka Rubavu barangije manda yabo, bavuga ko basigiye akarere ikibazo cy’amahoro y’akarere ari macye bitewe n’abayasoresha.