Mu gihe icyegeranyo cyakozwe n’itsinda ry’ingabo za EJVM zoherejwe n’ihuriro mpuzamahanga ry’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR kigaragaza ko agasozi ka Kanyesheja 2 mu karere ka Rubavu kari ku butaka bwa Kongo bamwe mu baturage bo mu murenge wa Busasamana akagari ka Rusura umudugudu wa Cyamabuye bafite imirima kuri aka gasozi (…)
Abantu bane bitabye Imana abandi barenga 60 bajyanwa kwa muganga biturutse ku mpanuka y’inkongi y’umuriro wibasiye amazu abiri mu mazu atatu agize gereza ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu ku mugoroba wa tariki 07/07/2014.
Mukarugomwa Immaculee watashye mu Rwanda mu mwaka wa 2011 agasanga hari ibitandukanye n’ibyo yigishijwe mu buhunzi mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yahise afata umwanzuro wo gufasha Abanyarwanda bari mu buhunzi gutaha.
Nyuma yo kurasana hagati y’ingabo z’u Rwanda n’ingabo za Congo bitewe n’ingabo za Congo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda mu bikorwa zisanzwemo byo kwiba amatungo y’abaturage, ariko zigatangariza itsinda rya EJVM ko batewe n’ingabo z’u Rwanda zabasanze ku gasozi ka Kanyesheja II bita ko ari iya Congo.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Kongo bwashyizeho amabwiriza yo kwaka amafaranga ya Viza Abanyarwanda bahanyura, amafaranga azajya atangwa n’abanyeshuri biga Kongo, abakorerayo ubucuruzi biciriritse hamwe n’abafiteyo amasezerano y’akazi.
Abanyekongo 10 bari batawe muri yombi barobera mu mazi y’u Rwanda batabyemerewe ndetse bakoresha inshundura zitemewe barekuwe taliki ya 23/6/2014 babanje kwigishwa kugira ngo bamenye aho bagomba kurobera batarengereye amazi y’u Rwanda.
Abagize ihuriro ry’abahadj mu karere ka Rubavu n’umujyi wa Kigali bageneye abaturage babiri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu ibikorwa bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 2 bakora n’umuganda wo kububakira.
Nyuma y’imyaka 20 akarere ka Rubavu kashyinguye mu cyubahiro imibiri 4613 y’Abatutsi n’abandi batavugaga rumwe na Leta yariho mu gihe Cya Jenoside yakorewe Abatusti 1994 bishwe bakajugunywa cyobo kiswe Komini Rouge.
Imiryango 20 yo mu murenge wa Kanzenze akarere ka Rubavu yashyikirijwe isakaro ry’amabati yo gusakara inzu bizamuriye nyuma yo kugaruka mu Rwanda bavuye mu buhunzi.
Nyuma y’ibitero bibiri byikurikirana ingabo za Kongo zagabye ku butaka bw’u Rwanda mu karere ka Rubavu taliki 11/6/2014 abasirikare batanu ba Kongo bahasize ubuzima naho abasirikare babiri b’ingabo z’u Rwanda barakomereka.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 11/06/2014, ingabo za Kongo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda zirasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu biba ngombwa ko ingabo z’u Rwanda zirwanaho umusirikare wa Kongo ahasiga ubuzima.
Ishyamba riri ku musozi uri hejuru y’umujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu ryibasiwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29/05/2014 hashya ahantu hangana nka hegitare imwe ariko ku bwamahirwe inzego z’umutekano n’abaturage barahagoboka bazimya uwo muriro nta bintu birangirika.
Nyuma y’uko taliki 9/2/2014 Guverineri Paluku yihanangirije abakozi bakora ku mipaka ihuza intara ya Kivu y’amajyaruguru n’ibihugu biyihuza, taliki 24/5/5/2014 yongere gusaba bamwe mu bakozi bakora ku mipaka guhagarika ibikorwa bibangamira abinjira ku butaka bwa Kongo.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko nyuma y’abagize umutwe wa FDLR babarizwa mu gihugu cya Kongo, babangamirwa n’ibinyobwa bisigaye bikorwa bikoherezwa mu Rwanda bikaba nyirabayazana mu guhungabanya umutekano.
Abantu 16 bareganwa na Mukashyaka Xaverina ibyaha by’ubugambanyi, kugirira nabi ubutegetsi buriho no guhungabanya umudendezo wa Leta bafatanyije na FDLR, basabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kugira ngo hakomezwe gukorwa iperereza kubyaha baregwa kuko barekuwe bahita bacika.
Nyuma yo gusanga abahinzi bo mu karere ka Gicumbi bararumbije imyaka kubera kutabonera imbuto yo gutera ku gihe, abadepite bagize komisiyo ishinzwe ubuhinzi ubwororozi no kubungabunga ibidukikije batangaje ko bagiye kubakorera ubuvugizi ku kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kugirango imbuto ijye iboneka ku gihe.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye taliki 22/5/2014 yasabye ko umusaza Rulisa Clément usanzwe ukora akazi ko kuvura ku kigo nderabuzima cya Gacuba II kandi yaroherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru yahagarikwa.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Cyanzarwe na Busasamana bakoranye n’umushinga wa EMA Alexis, bavuga ko bamaze amezi arenga ane batishyurwa mu gihe bagombye gutungwa n’imirimo bakoze.
Imibiri isaga 5000 y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bakajugunywa mu cyobo kiswe Komini Rouge mu karere ka Rubavu,yatangiye gusukurwa ngo izashyingurwe mu cyubahiro taliki 19/6/2014.
Komisiyo ishinzwe ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije mu nteko ishinga amategeko taliki ya 16/5/2014 yasanze mu karere ka Rubavu hakiboneka ibibazo mu buhinzi bigira ingaruka mu kongera umusaruro hashingiwe mu gutanga inyongera musaruro n’imbuto ku bahinzi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko abayobozi bari barambuye ibigo by’amari iciriritse ubu batangiye kwishyura nyuma yo guhagurukirwa n’akarere bakandikirwa.
Nyuma yogushyirwaho ikiguzi cya Visa ku Banyarwanda bajya muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo mu gice cya Bukavu, ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL butangaza ko bwamaze kwandikira igihugu cya Kongo kugira ngo gisuzume ko icyemezo cyafashwe n’abayobozi ba Kivu y’amajyepfo (…)
Ku nshuro ya mbere ku rwego rw’akarere ka Rubavu, hateguwe gahunda yo gushyingura mu cyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bajugunywe mu cyobo kizwi nka komine rouge giherereye mu karere ka Rubavu intara y’Uburengerazuba.
Abanyarwanda n’Abanyekongo baza kurangura mu Rwanda bavuga ko kuva mu kwezi kwa Werurwe bakwa amafaranga y’umurengera n’abakozi bo ku mupaka wa Congo atandikwa mu bitabo mu gihe ubajije impamvu akamburwa ibicuruzwa bikajya kubikwa.
Nyuma y’igihe gito atangiye kuyobora intara y’uburengerazuba, Guverineri Mukandasira Caritas taliki ya 5/5/2014 yasuye abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana, Bugeshi na Cyanzarwe na Mudende yegereye umupaka wa Kongo aho ashimira abaturage kugira uruhare mu gufatanya n’inzego z’umutekano.
Bamwe mu bafite ubumuga bw’ingingo mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba badafite ingingo bitagomba kujyana no gusabiriza no kwisuzugura ahubwo hari ibyinshi bakora bakiteza imbere, bagateza imbere n’igihugu cyabo.
Ku mugoroba taliki ya 1/5/2014 ingabo za Kongo ziri muri Burigade ya 86 ziyobowe na maj Patrick wungirijwe na Capt. Mbaza claude zimuye amahema yazo yari kuri metero 150 n’ubutaka bw’u Rwanda bayashyira kuri metero eshanu n’umupaka w’u Rwanda bibangombwa ko ingabo z’u Rwanda zibasaba gusubira nyuma.
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu baravuga ko abasirikare ba Kongo bakorera ku mupaka w’u Rwanda na Kongo babyutse babakurira ibirayi.
Kuva ukwezi kwa Mbere kugera mu kwa Gatatu 2014 mu karere ka Rubavu abaturage barwaye indwara ya maraliya bakajya kwa muganga bagera kuri 237, harimo abashoboye kwivuza bagataha 185 naho barwaye bikaba ngombwa ko bavurwa baba mu bitaro 52.
Imvura y’amahindu ivanze n’umuyaga bidasanzwe byaguye mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu mu tugari twa Gasiza na Kageshi byasenye amazu 14 naho imyaka yangiritse igera kuri hegitare 30.