Ubwo abakozi n’abayobozi b’ibitaro bya Gisenyi bibukaga abari abakozi, abarwayi n’abarwaza biciwe muri ibi bitaro bahiciwe muri Jenoside, hatanzwe ubuhamya bugaragaza ko muri icyo gihe hari haratezwe igisasu ngo kizahitane uzaza kubatabara.
Imiryango 52 yo mu kagari ka Buringo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu yasenyewe n’umuyaga udasanzwe waje udaherekejwe n’imvura, ku isaha ya 14h50 taliki ya 21/4/2014 utwara isakaro y’amazu ayandi arasenyuka ndetse urimbura n’ibiti n’imyaka.
Ku isaha ya 16h zo ku wa Mbere ushize taliki 14/4/2014 Nyirarwango Lucie umucyecuru w’imyaka 69 nibwo yapfuye mu buryo bw’amayobera aho yari atuye mu kagari ka Rwangara umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu, ariko aza kongera kuzuka mu gihe biteguraga kumushyingura.
Kabagari Anastase, umwe mu baturage bagize ubutwari bwo kurokora Abatutsi igihe bicwaga bakanatotezwa mu gihe cya Jenoside mu karere ka Rubavu, yashimwe mu ruhame anagabirwa inka na bamwe mu bo yarokoye akabambutsa umupaka abahungishiriza muri Congo.
Mu kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rubavu abaturage bagaragarijwe ko iyo amahanga abishaka yari guhagarika Jenoside ariko kubera kutabyitaho yabaye bayireba bityo bakaba badakwiye kuyiringira ngo azabavana mu bukene.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rubavu abacitse ku icumu bari barahungiye i Muhungwe bavuga ko imibiri y’abahiciwe yaburiwe ingero kubera ubuvumo bashyizwemo no kuribwa n’imbwa.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, agaragarizwa igishushanyo mbonera cyakozwe na Minisitere y’ibikorwa remezo cyerekeranye no guteza imbere ubucuruzi bwo ku mupaka w’u Rwanda na Congo yagaragaje ko kidahuza n’icyakozwe ku mushinga wa Kivu belt.
Imiryango 30 y’Abanyarwanda batahutse kuva 2009-2014 bakaba batuye mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ibikoresho by’ubuhinzi, imbuto y’ibirayi n’ifumbire mu rwego rwo kubafasha kwiyubaka.
Abantu 64 bakora umwuga w’ubusare mu kiyaga cya Kivu taliki 5/4/2014 bashyikirijwe na polisi y’u Rwanda itewe inkunga na Rotary Mariners imyenda ituma batarohama igihe bagize impanuka mu mazi.
Mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye tariki 04/04/2014, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yisobanuye ku bihano asabirwa n’umuvunyi aho yagaragaje ko amakosa aregwa atariwe wayakoze ahubwo yakozwe n’abakozi ayobora.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yafashe ingamba zizatuma akarere ka Rubavu gashobora kubaka urwibutso rwa Komini Rouge, no gushyingura mu cyubahiro imibiri yatawe mu byobo bihari nyuma y’imyaka 20 bitarabasha gukorwa.
Nyuma y’uko akarere ka Rubavu gakoresheje inyigo y’ahazubakwa urwibutso ruzimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yari mu rwibutso rwangijwe n’amazi y’umugezi wa Sebeya, ubuyobozi bwa Diocesse ya Nyundo bwagaragaje ko ahakorewe inyigo atariho hatanzwe ahubwo bwereka akarere ahagomba kubakwa (…)
Ubwo ubuyobozi bw’umuryango wa RPF-Inkotanyi mu karere ka Rubavu bwamurikaga ibyo bagejeje ku baturage mu mwaka wa 2013, hagaragaye uwasigajwe inyuma n’amateka umaze kugera ku rwego rushimishije abikesha RPF-Inkotanyi.
Murekatete Olive wigisha ku ishuri Shwemu yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite plaque nimero RAC 618 P mu murenge wa Rugerero akarere ka Rubavu mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Mata 2014.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa Leta basuye akarere ka Rubavu taliki 31/03/2014 bamara amasaha ane batarabona umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ngo abagaragarize uko ingengo y’imari muri ako karere yifashe mu gihe umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe ubukungu avuga ko nta kibazo (…)
Mu midugudu yegereye umupaka wa Congo ariyo Gasutamo n’Iyobokamana mu kagari ka Mbugangari umurenge wa Gisenyi, taliki 22/3/2014, hagaragaye impagarara n’abasirikare benshi ku ruhande rwa Congo bavuga ko u Rwanda rwigabije ubutaka bwabo.
Ubuyobozi bw’umuryango Imbuto Foundation buvuga ko nyuma yo gufasha abagore banduye virusi itera Sida kutanduza abana batwite, ubu igikorwa cyo gukumira agakoko gatera Sida kigeze mu rubyiruko. Mu karere ka Rubavu hamaze guhugurwa urubyiruko 113000.
Nyuma yo gucikamo ibice kwa sosiyete SAFKOKO yari igizwe na SEBURIKOKO na SAFRICAS, ubu SEBURIKOKO yemerewe gukomeza ibikorwa yari asigaranye byo kubaka imihanda ihuza imijyi y’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari CEPGL.
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) mu Rwanda yemereye akarere ka Rubavu ko uyu muryango uzakomeza kugafasha kubera imiterere yako n’ingaruka kahuye nazo bitewe n’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo.
Abagize ishyirahamwe COAME rikora ububaji mu karere ka Rubavu ryari risanzwe rikorera Mbugangari rikaza kwimurirwa ahubatse isoko rya Kijyambere rya Gisenyi ritaruzura, bavuga ko amasezerano bagiranye n’akarere adashyirwa mu bikorwa.
Abanyarwanda 54 bari basanzwe ari impunzi mu burasirazuba bwa Congo kuri uyu wa gatanu taliki 14/3/2014 bageze mu Rwanda, bavuga ko bari barambiwe ubuzima bubi bwiganjemo umutekano batezwa n’imitwe yitwaza intwaro irimo na FDLR ibaka imisoro y’ibiribwa.
Nyuma yo kuzenguruka imirenge 12 igize akarere ka Rubavu mu kwezi kw’imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere burahamagarira abaturage kubungabunga umutekano batangira amakuru ku gihe.
Binyuze mu mushinga urengera ibidukikije witwa ARECO Rwandanziza, hagiye gukorwa ibishoboka byose ngo harengerwe ishyamba rya Pariki y’Ibirunga yibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’iyangirika ry’ibidukikije.
Sosiyete SAFKOKO yatsindiye kubaka imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) irimo Gisenyi-Goma, Rusizi-Bukavu hamwe na Bukavu- Bujumbura iragawa ko itihutisha ibyo bikorwa.
Isomero ryashyizweho n’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (RTC) ishami rya Rubavu ku bufatanye n’Ambasade y’Amerika mu Rwanda, taliki ya 12/3/2014, ryizihije imyaka 2 ritangiye gukora mu kwigisha abaturage bo mu karere ka Rubavu Icyongereza no kubagezaho serivise bibashishikariza gusoma.
Nyuma y’imyaka igera kuri ine akarere ka Rubavu kubaka isoko rya kijyambere ariko ntirishobore kurangira, inama njyanama y’akarere yemeje ko iryo soko ryegurirwa abikorera kugira rishobore kurangira, ariko ube n’umwanya wo gushishikariza abikorera kubaka ibikorwa remezo.
Nyirandepandance Ephaniya w’imyaka 25 utuye mu kagari ka Hehu umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu kuva taliki ya 4/3/2014 yatawe muri yombi n’ingabo za Congo nta mpamvu kugira ngo umuryango we ushobore gutanga amafaranga.
Mu bagororwa 8 bafungiye muri Gereza ya Nyakiriba iri mu karere ka Rubavu bari basabiwe imbabazi, umwe ni we wafunguwe nyuma yo gusanga ariwe wujuje ibyangombwa nkuko byemejwe n’inama y’abaminisitiri yabaye mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare.
Mukantagara Marcelline w’imyaka 49 akaba atuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu abasha konsa umwana yatoraguye taliki ya 19/6/2013 nyuma yo gutabwa n’uwamwibarutse.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu kimwe n’Abanyecongo bambukiranya imipaka ihuza akarere ka Rubavu n’umujyi wa Goma bavuga ko hari hakwiye gushyirwaho imipaka izwi kandi igaragara kugira ngo hakurweho ikibazo ko umuntu ashobora kuyirenga agahanwa n’amategeko atabizi.