Kaporari (Cpl) Habiyambere Emmanuel ukurikiranyeho icyaha cyo kurasa abantu mu kabari ka Caribana mu mujyi wa Gisenyi mu rucyerera rw’itariki ya 22/9/2014, kuri uyu wa kabiri tariki ya 07/10/2014 yagejejwe imbere y’ubutabera kugira ngo akurikiranweho ibyaha aregwa.
Ikibazo cy’abantu bagwa mu kiyaga cya Kivu ntikirabonerwa igisubizo nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hari abantu bashinzwe kurinda ikivu n’ubusitani bakabuza n’abana kujya mu kivu ngo batagwamo.
Abaturage baturiye ikibuga cy’indege mu karere ka Rubavu bavuga ko bari mu gihirahiro aho bamaze imyaka 10 babwiwe ko bazimurwa ariko iki gikorwa kikaba kitarakorwa.
Matabishi Innocent, umukozi w’umuryango w’iterambere SNV ushinzwe kuvura amatungo agakurikirana n’amakusanyirizo y’amata mu karere k’ubworozi ka Gishwati kagizwe n’uturere twa Rubavu, Ngororero, Rutsiro, Nyabihu, Burera na Musanze, avuga ko aborozi n’abaguzi b’amata badafite intego aribo badindiza iterambere (…)
Ubuyobozi bwa Diyosezi gaturika ya Nyundo bwamurikiye abaturage n’ubuyobozi ikigo nderabuzima gishya nyuma y’uko icyari gisanzwe cyangijwe n’umugezi wa Sebeya.
Kuva taliki 27/09/2014 abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi ntibabona amazi meza bahabwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi (Water & Sanitation Corporation/WASAC), benshi bakaba bitabaza amazi yo mu bigega by’ubudehe abadashoboye kuyagura bakajya kuvoma amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Niyoyita Jean Claude w’imyaka 31 witabye Imana mu rucyerera rwa taliki 22/09/2014 arashwe na Cpl Habiyambere Emmanuel yashyinguwe kuri uyu wa 23/09/2014 mu irimbi rya Karundo mu karere ka Rubavu.
Uwimana (amazina yahinduwe kubera umutekano we) utuye mu murenge wa Bugeshi yashimiwe n’akarere igikorwa cy’ubutwari bwo gutanga amakuru ku muntu wari ufite intwaro yo guhungabanya umutekano mu murenge wa Bugeshi.
Mu bantu batanu bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kwangiza ishyamba rya Gishwati batatu basabiwe kuburana bafunze naho babiri bemererwa kuburana bari hanze mu rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo butangaza ko bwizeye ko ubutaka bwako bwera buzatanga umusaruro uhagije muri iki gihembwe cy’ihinga A, ariko hakaba hari impungenge zaturuka ku mihindagurikire y’ikirere bigatuma imyaka ibura amazi cyane cyane ko akarere ntayo gafite.
Ubuyobozi bw’umushinga ushinzwe gukurikirana ibikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu, uvuga ko inama yahuje abashakashatsi n’impugucye ku miterere y’iki kiyaga mu bihugu bigize umuryango w’ibiyaga bigari yagize akamaro, kuko yatumye u Rwanda na Congo bashobora kumva akamaro ko gufatanya kubungabunga ubusugire bw’ikiyaga cya Kivu.
Raporo y’ibanga ishami ry’umuryango w’Abibumbye (Monusco) rikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko rwinshi mu rumogi rucuruzwa mu Burasirazuba bwa Congo ruhingwa n’inyeshyamba za FDLR mu duce twa Ikobo, Lusamambo, Bukumbirwa, Buleusa, Miriki, Luofu, Lusogha, Kanandavuko,Lueshe, Mirangina, (…)
Umurambo w’umuntu utaramenyekana wabonetse mu bwongero bwo mu rugo rw’umuturage mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo kuri uyu wa gatanu taliki 05/9/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hakenewe amafaranga agera kuri Miliyoni 40 kugira ngo gashobore kubakira abanyarwanda kakiriye birukanywe muri Tanzaniya.
Minisitiri w’ingabo General James Kabarebe, akaba n’imboni y’akarere ka Rubavu muri guverinoma, yashimiye abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu kubera umuhate bagira mu kongera umusaruro uva mu byo bakora, bitandukanye n’amateka yigeze kuranga uyu murenge mu gihe cy’intambara y’abacengezi.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan avuga ko adashobora kuzajya yirengera amakosa akorwa n’abakozi b’akarere bateshuka ku nshingano zabo bakajya gukora amakosa arimo no kwangiriza igihugu.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bwashyize abaganga ku mipaka ihuza u Rwanda na Kongo kugira ngo bapime ibimenyetso biranga virusi ya Ebola buri muntu wese uvuye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kimaze kugaragaramo iyo ndwara yibasiye Afurika muri iyi minsi.
Imodoka y’uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol, ku isaha ya saa munani z’igitondo taliki ya 10/8/2014, yagonze ibitaro bya Rubavu ubwo yarimo yinjira mu mujyi wa Gisenyi batatu bahasiga ubuzima naho umwe arakomereka bikomeye.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (Rwanda Tourism College/RTC) Ishami rya Gisenyi, Emmanuel Sebuhoro, avuga ko uruhare rw’amadini mu burezi bw’urubyiruko rw’Abanyarwanda rucyenewe kuko atuma urubyiruko rutarangarira mubibi ahubwo akabigisha gukora ibyiza.
Umunyarwanda Murenzi Bahati ufite imyaka 21 ngo taliki 2/8/2014 ku masaha ya saa munani z’amanywa yakubiswe n’abapolisi ba Kongo bamushakaho amafaranga bamuta muri zone neutre ku mupaka muto wa Gisenyi nyuma yo kumwambura ibyo yari afite.
Urubyiruko 696 rwari rumaze igihe cy’umwaka mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, rwahawe inyemezabumenyi z’imyuga no kureka gukoresha ibiyobyabwenge, rwizeza ababyeyi n’abayobozi ko igihe bataye bagiye kukigaruza bubaka ubuzima bangije no gutez aimbere igihugu bakoresheje imirimo bize.
Nubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge cyashyizeho amabwiriza y’imikoreshereze y’iminzani, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu bavuga ko bagikoresha iminzani ya cyera kuko imishya itaragera muri uyu murenge.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bifatanyije n’ibigo nderabuzima bikorera mu mirenge itanu mu karere ka Rubavu ku bufatanye n’umushinga witwa Family Package ukorera mu Imbuto Foundation biyemeje kugabanya ubwandu bwa virusi itera sida ababyeyi banduza abana batwite.
Ubwo abayislamu bo mu mujyi wa Gisenyi bizihizaga umunsi mukuru wa Eid El Fitr kuri uyu wa 28/07/2014 bahuriye kuri Stade Umuganda ahabereye amasengesho, bashima ubuyobozi bw’igihugu bwahaye abasilamu bo mu Rwanda agaciro.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko bafite impungenge zo kutishyurwa amafaranga y’imirimo bakoze ku ishuri ry’imyuga riri kubakwa muri uyu murenge ryatewe inkunga n’uruganda rwa Bralirwa.
Polisi irahamagarira abanyeshuri bagiye kujya mu kiruhuko kugira imyitwarire myiza no kubahiriza indangagaciro z’umunyarwanda aho kuba inzererezi no gukoresha ibiyobyabwenge.
Abasirikare ba Kongo bari ku mupaka uhuza icyo gihugu n’u Rwanda mu karere ka Rubavu, taliki ya 21 Nyakanga 2014, babyukiye mu bigori by’Abanyarwanda biri ku mupaka mu mudugudu wa Humure akagari ka Hehu baca ibigori imirima ibiri.
Gahutu Jean wari utuye mu kagari ka Buhaza umudugudu wa Dufatanye umurenge wa Rubavu taliki ya 13/7/2014 yitabye Imana azize kunywa inzoga yitwa Blue Sky ikorerwa mu gihugu cya Uganda.
Abanyarwanda bajya i Goma bakoresheje umupaka munini mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki ya 14/7/2014 basabwe kwishyura amafaranga ya Viza, abatayishyura bakaba basabwe kutongera kujya i Goma kuko umunsi ntarengwa wo kuyishyura ari taliki ya 15/7/2014.
Abagororwa bari muri gereza ya Nyakiriba bavuga ko bishimiye uburyo Leta yabagobotse nyuma y’inkongi y’umuriro wibasiye inyubako ibyiri mu nyubako eshatu zigize iyi gereza, abantu batanu bakitaba Imana naho 64 bakajyanwa mu bitaro bya Gisenyi.