Ku myaka 69 y’amavuko, Dominiko Nkurikiyinka yagiye kwiga ikoranabuhanga ngo bitewe n’uko yari amaze kurambirwa kutabona inyandiko mvugo y’inama z’abari mu zabukuru yabaga yitabiriye, kuko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bazohererezaga abafite email gusa.
Mu gihe inzego z’ubuyobozi n’iz’ubuzima badahwema gukangurira Abanyarwanda ububi bwo gusangirira ku muheha, bamwe mu batuye mu Murenge wa Musambira baracyatsimbaraye kuri uwo muco, aho usanga mu tubari umwe arangiza gusoma agahereza mugenzi we.
Fawusitini Ndayisaba ukomoka mu karere ka Nyamagabe, umurenge wa Uwinkingi, yahimbiye umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame indirimbo, kuko amukesha kuba akiriho biciye mu miyoborere myiza.
Sosiyete sivile iriga k’uburyo umuturage yarushaho gusobanukirwa n’amaterasi y’indinganire, akamaro kayo n’uko yahindura imibereho ye bishingiye ku buhinzi ndetse n’imbogamizi zirimo zigashakirwa umuti.
Abagiraga ibibazo by’ihungabana cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, nyuma yo gufashwa ndetse no guhugurwa ngo nabo biteguye gutanga ubufasha mu gihe cy’icyunamo ku bantu bazagira ihungabana.
Umusaza w’imyaka 60, umwe bahoze mu mutwe wa FDLR ukuze kurusha abandi basezerewe ku wa 31Werurwe 2015 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, afite ikibazo cy’uko azabaho mu masaziro ye nyuma y’igihe kinini yataye ntacyo akora ngo ateganyirije ejo hazaza.
Urubyiruko rwa AERG na GAERG mu bikorwa rugenda rukora hirya no hino mu gihugu byo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoshoye no gushimira abamugariye ku rugamba ndetse n’abagaragaje ubutwari mu gutabara abatutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside ruratangaza ko gushimira Leta ibyo yarukoreye ari ugukora ibikorwa (…)
Akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere bateguye igiterane ngaruka mwaka, bashimira Imana intambwe kamaze gutera mu iterambere ndetse no gusoza ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ibyo kagezeho.
Ibikorwa bya AERG (Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994) ifatanyije na GAERG (Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi barangije kwiga) byakomereje mu Karere ka Nyamagabe ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015.
Abayobozi ba SOS ku rwego rw’isi ndetse n’Afurika y’iburasirazuba bunamiye abana babo bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, aho basuye urwibutso rwa Gasaka rushyinguwemo imibiri y’abana ba SOS.
Abaturage b’Umurenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko kumenya guhinga kijyambere hakoreshwa ifumbire y’imborera no gukora uturima tw’igikoni byatumye nta mu muturage ugipfa azize inzara.
Umugore witwa Odette Nyiraneza yahaye imbabazi umugabo we, Vincent Nyarwaya mu ruhame bariyunga, nyuma y’imyaka 8 avuye muri gereza kubera icyaha cya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akinjira undi mugore.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kamiro, Akagari ka Bwama, Umurenge wa Kamegeri, Akarere ka Nyamagabe batanze amafaranga ngo begerezwe amashanyarazi barategereza baraheba, bakaba batazi irengero ry’amafaranga yabo.
Biciye mu muganda w’abaturage, ku nkunga y’Akarere ka Nyamagabe, hagiye kubakwa urwibutso ruzashyingurwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wasangaga itatanye hirya no hino mu ngo z’abacitse kw’icumu ndetse n’iyari mu matongo.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bavunwaga no gutwara ababo bitabye Imana mu buruhukiro bwo mu bitaro byo mu Karere ka Huye babonewe igisubizo, kuko ubu ibitaro bya Kigeme byujuje inyubako y’uburuhukiro yujuje ibyangombwa kandi ikaba ifite n’icyumba kizajya gisuzumirwamo icyateye urupfu.
Bamwe mu bayobora Koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” baravuga ko guhomba kw’imishinga y’abaturage baba barasabye inguzanyo cyane cyane iyinganjemo iy’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi, ari bimwe mu bituma koperative zamburwa.
Abaturage baturiye inkambi y’impunzi z’abanyekongo ya Kigeme iri mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kwimurwa vuba amazu atarabagwaho bitewe n’amazi y’imvura ndetse n’amazi avanze n’umwanda wo mu bwiherero abatera mu ngo zabo cyane cyane iyo imvura yaguye.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari banyuranye bari gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe bakekwaho kurya amafaranga y’abaturage, kutageza imfashanyo kubo igenewe n’abagize amahirwe yo kuzihabwa bagatangaho icya cumi.
Gusobanukirwa amategeko k’umuturage n’uburenganzira bwe ni intambwe ikomeye mu kuyubahiriza, bikanamufasha kumenya guharanira uburenganzira bwe, nk’uko biteganywa n’itegeko igihe yahohotewe bityo bigatuma abasha no kubana n’abandi neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buravuga ko kwifashisha ikoranabuhanga ari kimwe mu bizaca ingeso yo “gutekinika” imihigo no kongerera agaciro raporo zitanzwe kuko biba byoroshye kubona aho zaturutse.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bahawe ihene, batangaza ko bagiye kubona igifumbira uturima twabo tw’igikoni, kugira ngo barwanye imirire mibi mu bana no mu muryango muri rusange banakumire ikibazo cyo kugwingira gikunze kugaragara mu karere ka Nyamagabe.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside bijeje ubuvugizi imfungwa n’abagororwa badafite ibyangombwa byuzuye ngo baburanishwe, abarangije ibihano bagomba kurekurwa ndetse n’abafite ibindi bibazo bitandukanye bijyanye n’ifungwa ryabo.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside baratangaza ko aho ibikorwa byo kubungabunga imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu buryo burambye bigeze hashimishije.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe basanga umunsi w’abakundana (St valentin) ari umunsi nk’iyindi nta kidasanzwe kiba cyabaye kuko abakunda bagomba guhora bakundana, hagira ikiboneka by’akarusho bakagisangira nk’uko bikwiye kugenda igihe cyose.
Chadrac Niyonsaba arashinjwa guha umupolisi ruswa ayita fanta yo kwiyunga, nyuma y’uko aciwe amande yo gutwara umugenzi nta ngofero yabugenewe (Casque) yambaye ndetse nta n’ibyangombwa afite, yarangiza akaniba moto ye yari yafatiranywe ngo abanze yishyure amande.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe barishimira igikorwa cyo kuvurwa indwara zo mu kanwa ku buntu bitewe n’uko usanga ari indwara kuzivuza bihenze, kandi mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitoroshye kuhasanga inzobere mu by’indwara zo mu kanwa cyangwa se n’iz’amenyo muri rusange.
Amakimbirane mu ngo ngo atuma abana bahinduka mayibobo bakajya kwibera ku mihanda kubera ko bamwe mu babyeyi baba barateshutse ku nshingano zabo bagata abana babo abandi ngo ugasanga batabitaho ngo babahe ibyangombwa by’ingenzi umwana akenera.
Abaturage bemeza ko kwishyiriraho imihigo bibafasha kurushaho kuyigira iyabo bityo bikanabafasha kuyesa nkuko baba babiteganyije, ugereranije n’uko mbere yabituragaho ntibabashe no kuyisobanukirwa neza.
Musenyeri Hakizimana uherutse kugirwa umwepisikopi wa Diyosezi Gatulika ya Gikongoro n’umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi Papa Francis, yahawe ubwepisikopi ku mugaragaro na Musenyeri Thadee Ntihinyurwa waruyoboye imihango yo gutanga ubwepisikopi.
Urubyiruko rutuye mu cyaro rwifuza ko impano zarwo zakwitabwaho mu bijyanye n’imikino nk’umupira w’amaguru aho usanga bitezwa imbere mu mijyi mu cyaro ntibihagere, kandi hari urubyiruko rwifitemo impano zo gukina umupira w’amaguru.