Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18/06/2014 mu masaha ya Saa kumi n’ebyiri n’igice, mu kagari ka Nzega mu murenge wa Gasaka habereye impanuka imodoka yo mu bwoko bwa Coaster igonga umuntu wasunikaga igare ritwaye ibirayi.
Hamwe no kwitegura isabukuru ya 20 igihugu kibohowe, mu karere ka Nyamagabe hatangirijwe ibikorwa abasirikari bazafatanya n’abaturage muri gahunda ya “Army week” hashyirwa ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ivuriro riciriritse mu kagari ka Kiyumba mu murenge wa Cyanika.
Kuba Jenoside yakorewe Abatutsi yarageze no mu bitaro, abahahungiye bakicwa, bamwe mu baganga bagatatira igihango cyo kubungabunga ubuzima bakishora mu bwicanyi ngo ni amahano akabije abakora mu bitaro bya Kigeme basabwe guhanagura bafasha abarokotse Jenoside bakanabagarurira icyizere ko ibitaro bitakiri ahantu ho kwicirwa, (…)
Abantu bakuze 319 barimo abagabo 23 bo mu nkambi y’impunzi ya Kigeme bashyikirijwe inyemezabumenyi zabo nyuma yo kwigishwa kubara, gusoma no kwandika n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda.
Mu karere ka Nyamagabe hatangijwe umushinga wo guharanira uburenganzira bw’abana uzamara imyaka itatu ushyirwa mu bikorwa n’ihuriro ry’abanyamategeko b’abakirisitu rya Lawyer of Hope ku bufatanye na World Vision.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro ikigo (one stop center) cyizajya gitanga ubufasha mu bujyanama, ubuvuzi ndetse no mu mategeko hagamijwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kikazatanga serivisi ku mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme n’abaturage bayituriye.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa St Nicolas Cyanika ruri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko ubujyanama bahabwa n’umushinga ugamije gukumira ko abana b’abakobwa bata ishuri (Keep Girls at school/KGAS) buri kugenda butanga umusaruro haba mu guhangana n’impamvu zatuma batwara inda zitateguwe (…)
Umuyobozi muri ministeri ishinzwe iterambere mpuzamahanga mu gihugu cy’Ubwongereza, Lynne Featherstone arashima akamaro k’amatsinda yo kuzigama no kugurizanya abaturage bibumbiramo kuko bibafasha guhindura imibereho yabo.
Nubwo akarere ka Nyamagabe ariko katangirijwemo ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kwandika ubutaka, imibare irerekana ko abaturage hafi 76% aribo bamaze gufata ibyangombwa bya burundu by’ubutaka bwabo.
Abantu bane bari mu maboko ya polisi y’igihugu kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka, bakekwaho kuba inyuma y’ubujura bw’ibendera ry’igihugu ryibwe ku biro by’akagari ka Bwama mu murenge wa Kamegeri mu ijoro rya tariki 25/05/2014 mu masaha ya saa yine.
Mujawimana Marie Josée utuye mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nzega aratangaza ko nyuma yo gucikiriza amashuri kubera ubushobozi buke n’ubupfubyi, umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge y’u Rwanda wamufashije kongera kubaka ubuzima bwe.
Umunyamabanga wa mbere muri ambasade y’ubuholandi mu Rwanda, Vasco Rodrigues yasuye inkambi ya Kigeme iherereye mu karere Nyamagabe agamije kureba aho imirimo yo kubaka “one stop Center” mu rwego rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina igeze, dore ko igihugu cyUbuholandi ari bamwe mu bayiteye inkunga binyuze mu (…)
Abahinzi bagana ibigo by’imari gusaba inguzanyo baratangaza ko guhabwa inguzanyo bitinze ari imbogamizi kuko bituma imishinga yabo idakorerwa igihe bityo ntibabashe kubona umusaruro uhagije, bikanavamo kunanirwa kuzishyura.
Kuba abahinzi b’ingano batarahawe imbuto y’indobanure ihagije kandi ku gihe nk’uko bisanzwe ngo bishobora kuzatuma umusaruro w’ingano muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2014 B utaba mwiza, kubera ko abaturage batahingiye igihe kandi abenshi bagatera iyo bishakiye ishobora kuba idatanga umusaruro ushimishije.
Mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rw’ikigo nderabuzima cya Nyamagabe wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 09/05/2014, abawitabiriye basabwe kugira uruhare mu kubaka Ubunyarwanda buzira amacakubiri kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 05/05/2014, impunzi zo mu nkambi ya Kigeme zakoreshejwe na kampani ya COOP Rwanda mu mirimo yo gukora imiyoboro y’amazi harwanywa isuri mu nkambi ya Kigeme maze ntizishyurwe, zakoze imyigaragambyo zifunga umuhanda winjira muri iyo nkambi zisaba ko zakwishyurwa amafaranga zakoreye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 bo mu muryango wa Sebitabi Damien wari utuye mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe bahaye imbabazi abantu 28 bishyuzwaga imitungo basahuye iwabo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 03/05/2014, abaforomo b’abakorerabushake b’ikigo mpuzamahanga cy’ubutwererane cya Koreya (KOICA), basoje igikorwa cyo gutanga ubuvuzi bw’ibanze ku buntu ku baturage b’imidugudu ya Raro na Gasharu yo mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka isanzwe iterwa inkunga na Leta ya Koreya binyuze mu (…)
Umwe mu bantu mbarwa barokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Murambi mu karere ka Nyamagabe haguye imbaga y’Abatutsi bagera ku bihumbi 50, avuga ko yageze ubwo yihakana murumuna we kugira ngo batabicana bose dore ko we bari bamaze no kumutemagura ari hafi yo gupfa.
Kuri uyu wa mbere tariki 21/04/2014, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 12 yabazize iyo Jenoside bari bashyinguye mu matongo yabo.
Abantu batatu barimo umukobwa umwe n’abagabo babiri bitabye Imana biturutse ku mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nomero iyiranga ya RAB765D yabereye mu kagari ka Kizi mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe tariki 18/04/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko kuba hari imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zitararangizwa ahanini bituruka ku kuba hari abangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafite ubushobozi bwo kwishyura.
Gahonzire Alphonse bita Sasita warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, aratangaza ko abahutu bose atabafata nk’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko harimo bake beza batayijanditsemo ndetse bakagira n’uruhare mu kurokora bamwe mu bahigwaga, hakaba ndetse n’abahasize ubuzima kubera kubahisha.
Ubwo hasozwaga igihembwe cya kabiri cy’urugerero mu karere ka Nyamaga kuwa 28/03/2014, ababyeyi bashimiye ibikorwa abana babo bari ku rugerero bakoze haba iwabo mu miryango ndetse n’ibifite inyungu rusange.
Abagize Inteko Nshingamategeko ya Koreya y’Epfo bashimiye ko inkunga igihugu cyabo gitera u Rwanda ikoreshwa mu bikorwa byiza biteza abaturage imbere ubwo basuraga akarere ka Nyamagabe kuwa 27/03/2014 bakirebera ibikorwa iki gihugu gitera inkunga muri ako karere.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe uruganda ruzakora amapoto y’insinga z’amashanyarazi ya kijyambere, rukazayakora mu biti byo mu ishyamba bita umukandara utandukanya pariki ya Nyungwe n’abaturage, igikorwa cyabaye kuwa gatatu tariki 26/03/2014.
Impamvu itera urubyiruko rw’abakobwa rwiyandarika ntivugwaho rumwe kuko bamwe bashinja abakobwa kwiyandarika, abandi bakavuga ko bashukwa n’abagabo.
Abaturage b’akarere ka Nyamagabe ngo barishimira uburyo bahabwa serivisi mu nzego z’ubuyobozi mu karere kabo nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’umuryango uharanira kwimakaza uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa (Initiative pour la Participation Citoyenne).
Senateri Niyongana Gallican, umwe mu bagize biro politiki y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD), aratangaza ko kuva iri shyaka ryashingwa mu mwaka wa 1991 ryaharaniraga ubumwe bw’Abanyarwanda bose, agasaba abayoboke baryo gushyigikira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu karere ka Nyamagabe ruributswa kugira umuco wo kuzigama muri bike rufite ngo kuko umuntu atazigama ari uko arenzwe, ahubwo umuntu akwiye kuzigama mbere na mbere, akabona kwinezeza hanyuma.