Abaturage bo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe ngo bahangayikishijwe n’iteme ryangiritse rishobora gutwara ubuzima bwa bamwe dore ko kuryiyambutsaho bigoye.
Abamotari bo mu Mujyi wa Nyamagabe barinubira ko ntaho guparika bafite kandi bishyura amafaranga ya parikingi buri kwezi.
Hari bamwe mu bagabo bumva ko umugoroba w’ababyeyi ureba abagore gusa bityo ugasanga ntibawitabiriye kandi ukemukiramo ibibazo birebwa n’ibitsina byombi.
Abamotari barinubira abagenzi bagenda barangariye ku materefoni bari ku mbuga nkoranyambaga cyangwa bakinisha abana mu muhanda bakabateza impanuka.
Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kurwanya ruswa ishingiye ku kimenyane n’amafaranga igaragara muri gahunda ya Gira Inka.
Abarimu banenga ababyeyi batita ku myigire y’abana babo bigatuma bata ishuri, bakajya gushaka akazi katabahemba intica ntikize abandi bakajya ku mihanda.
Abahinzi b’ikawa mu karere ka Nyamagabe bahangayikishijwe n’indwara y’udusimba tumunga ikawa zikuma izindi na zo zigahinduka umukara.
Uburyo bwo kugenda bugezweho bwatumye abatuye umurenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe batakirara nzira bakabasha no guhahirana n’utundi turere.
Amatsinda ya Twigire Muhinzi yatumye abahinzi basobanukirwa no guhinga kijyambere kandi akabafasha kubona ifumbire n’imbuto z’indobanure ku buryo buboroheye.
Muri iki gihembwe cy’ihinga A abaturage baraswa kuba baretse gutera imyumbati bitewe n’uko imbuto nshya itaraboneka kugira ngo birinde Kirabiranya.
Itorero rya ADPER n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe biratangaza ko ubwitabire bw’abakuze mu kwiga gusoma no kwandika bukiri hasi.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yasabye abari mu inkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe gushyira hamwe.
Bamwe mu bagana akarere ka Nyamagabe, baranenga imitangire ya serivisi itaranoga kuko batazibonera igihe kandi ntibakirwe neza.
Abayobozi b’ibanze basabwe gukangurira ababyeyi kwita ku isuku y’abana babo, abenshi usanga ku mubiri n’imyambaro yabo ifite umwanda ukabije.
Abaturage bo mu mirenge Kaduha, Musange na Mugano, barashinjwa kwangiza ibidukikije batwika amashyamba ya leta, bikavugwa ko abenshi bakabikorera urugomo.
Ansonsiyata Mukarugabiro wo mu karere ka Nyamagabe, atangaza ko yicuza kuba yarashatse kwivugana umugabo we kubera amakimbirane yo mu muryango.
Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) irakangurira abaturage kumva ko siporo atari iy’abafite amafaranga ahubwo ko ifitiye akamaro kanini umubiri wabo.
Akarere ka Nyamagabe kashimiwe ingamba kafashe zo guhuza inzego z’itandukanye, mu gushyira hamwe kugira ngo ihame ry’uburinganire ritezwe imbere.
SACCO Ingenzi Gasaka igiye gukurikirana abanga kwishyura inguzanyo bahabwa, kuko biteza igihombo ikigo kandi bikagira ingaruka ku bayigana.
Abahinzi b’ikawa nziza kurusha izindi bo mu karere ka Nyamagabe, umwaka urashize bagerageza kwishyuza NAEB amafaranga y’ibihembo by’ikawa zabo.
Abatuye umurenge wa Nkomane bafite ikibazo cy’uko umurenge wabo uri mu duce amashanyarazi atageramo, bigatuma batabasha gutera imbere nk’abandi baturage bamaze kubona amashanyarazi.
Ababyeyi bo mu murenge wa Nkomane, barifuza ko mu duce tw’ibyaro hakwiye kubakwa amashuri y’inshuke, kuko abana hari igihe habura ababitaho, bityo bakirirwa bazerera aho bashobora guhura n’ababahohotera cyangwa bakabakoresha n’imirimo ivunanye.
Abaturage bifitiye ikimenyetso cy’uko Perezida Kagame amanuka akabegera, bitewe n’imiyoborere myiza ye, akabasha kubaganiriza no kubagira inama mu bijyanye no kwigira no kwiteza imbere ngo akaba ari yo mpamvu bifuza ko ahabwa amahirwe agakomeza kubayobora.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bavuga ko bishimira ko bungukira mu mubano Perezida Kagame agirana n’ibindi bihugu, kuko bizana imishinga ibafasha bakabasha gutera imbere.
Abafite bo mu karere ka Nyamagabe bifuza ko Itegeko Nshinga rivugururwa, ingingo y’i 101 igahindurwa, kugira ngo Perezida Kagame akomeze abayobore kuko yabahaye ijambo bakagira agaciro aho bafashwe kimwe n’abandi Banyarwanda bose.
Abaturage ba Nyamagabe bashimira Perezida Kagame ko ashaka ko buri mwana wese yiga, mu gihe mbere umwana wabashaga kwiga agatsinda ari umwana ukomoka mu miryango ikize, cyangwa mu tundi turere.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bifuza ko Perezida Kagame akomeza kuyobora, akongererwa manda zishoboka, bitewe n’uko yabegereje ubuyobozi bubasha kubageza ku bikorwa by’iterambere kandi bukanabakemurira ibibazo.
Imibereho myiza y’umwana n’ahazaza h’igihugu hategurwa kare, akaba ari yo mpamvu akarere gafatanije n’umuryango wita ku bana SOS, bateguye igikorwa cyo gusezeranya ababanaga bitemewe n’amategeko, bityo n’umwana ahabwe uburenganzira bwo kuba igihugu kimuzi.
Abaturage bo mu murenge wa Musange, bifuza ko umukuru w’igihugu akwiye gukomeza kuyobora igihugu, ariko igihe cyazagera uwamusimbura akazabanza gukoreshwa mu igeragezwa (probation) kugira ngo atazasenya ibyo u Rwanda rumaze kugeraho.
Abaturage batuye umurenge wa Kaduha na Musange tumwe mu duce twakunze kurangwamo n’ingebitekerezo ya Jenoside akorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ingengabitekerezo yatumaga abacitse ku icumu rya Jenoside bicwa yashize bitewe no kwishyira hamwe bakunga ubumwe.