Manda ya komite nyobozi y’Akarere ka Nyamagabe irangiye hari imihigo ikomeye itagezweho harimo umuhigo wo kubaka inyubako y’Akarere n’isoko rya kijyambere.
Muri ibi bihe by’inzibacyuho ya manda z’inzego z’ibanze, abasigararanye inshingano barasabwa kuba maso, gahunda z’iterambere zigakomeza, nta wunyuranyije n’amategeko.
Abakuwe mu manegeka bakimurirwa mu mudugudu wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko byabagereje ibikorwa remezo.
Akarere ka Nyamagabe karemeza ko zimwe mu nzibutso ziherereye mu mirenge, icyunamo kizagera zaruzuye, zigashyingurwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe rwitabiriye itorero, rwasobanukiwe n’imbaraga zo gushyira hamwe mu kubaka igihugu gifite amajyambere arambye.
Itsinda ry’abadepite kuri uyu wa 18 Mutarama 2016 ryasuye Akarere ka Nyamagabe rigasaba kwiha igihe isuku igahinduka umuco.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe, rwanze guhora rugendana amabaruwa yo gusaba akazi, rwihangira imirimo, rubasha kwiteza imbere.
Hari bamwe mu banyeshuri batinyaga kwitabira itorero ngo bumva ribamo ubuzima bugoye, ariko ngo baje gusanga baryungukiramo byinshi.
Imiyoborere myiza yatumye bamwe mu baturage mu Karere ka Nyamagabe basezera ubukene, bigishwa guhinga no korora kijyambere, bagezwaho n’ibikorwaremo.
Urubyiruko rwo mu cyaro rurifuza ko ubuyobozi bwashyira ingufu mu kuzamura impano zarwo mu mikino kugira ngo ruzavemo abakinnyi bakomeye b’igihugu.
Abatuye Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bizeye ko imvura yaguye nabi ikabagiraho ingaruka itazababuza kubona umusaruro.
Kumenya amategeko n’uburenganzira bizafasha abaturage kugabanya imanza z’urudaca bahoramo, zigatuma bahora mu makimbirane ntibabashe gukora ibikorwa bibateza imbere.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Uwinkingi mu Karere Kanyamagabe baravuga ko bahangayikishijwe no kutagira insimburangingo n’inyunganirangingo kubera ibibazo by’amikoro make.
Abagore bacuruzaga mu kajagari mu Karere ka Nyamagabe, batewe inkunga yo kubona igishoro no kuzabona ibibanza mu masoko bakava ku mihanda.
Ubushobozi buke n’inshingano za bamwe mu baturage, bituma bakora kuri Nohelr kugira ngo babashe gukemura bimwe mu bibazo bahura na byo.
Abatuye umurenge wa Cyanika, bishimira ko besheje umuhigo w’ubumwe n’ubwiyunge, icyo bashyize imbere ari umurimo ubageza ku iterambere atari amacakubiri.
Serafine Mukandekezi yahembwe iradiyo kuko yageze ku biro by’itora saa saba z’ijoro, akaba uwa mbere mu gutora itegeko nshinga rivuguruye
Abatuye Umurenge wa Kitabi, Akagari ka Uwingugu, baranenga imikorere y’umuyobozi w’Akagari bitewe n’uko nta serivisi bakibona batabanje gutanga ruswa.
Abagize inteko ishinga amategeko bibukije abatuye Akarere ka Nyamagabe ko ubutegetsi ari ubwabo nk’uko ingingo ya kabiri mu itegekonshinga ibiteganya.
Abaturage bo mu murenge wa Kitabi, basanga iyo ubuyobozi bubakemuriye ibibazo ari nk’umuti, kuberako haba hari ibibazo byinshi biba byarananiranye.
Kutubahiriza amasezerano hagati ya rwiyemezamirimo n’Akarere ka Nyamagabe ku nyubako y’ibiro by’akarere bigatuma kubaka bihagarara, bishobora gutuma impande zombi zigana inkiko.
Nyuma y’isuzuma ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, abayobozi b’ibanze basabwe gushyira imbaraga aho bakiri inyuma kugira ngo bazabashe kuyesa.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kibumbwe, rufite icyizere cy’ejo hazaza heza, kuko rwabonye amashuri y’ubuntu kandi ruturuka mu miryango ikennye.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyamagabe rwakatiye Euprasie Mukandinda ukomoka mu Murenge wa Musebeya gufungwa imyaka itanu azira kwica umugabo we, amukubise umuhini mu mutwe.
Abaturage batishoboye baremerwa ngo bagomba gukurikiranwa hakarebwa niba bashyira mu bikorwa inama bagirwa, badategereje guhora bahabwa ahubwo ibyo bahawe bakabibyazamo umusaruro.
Abaturage barashishikarizwa gukora cyane, bongera amasaha y’akazi bakareka utubari kugira ngo barusheho kubona umusaruro uhagije kandi babashe no kwiteza imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe ngo bahangayikishijwe n’iteme ryangiritse rishobora gutwara ubuzima bwa bamwe dore ko kuryiyambutsaho bigoye.
Abamotari bo mu Mujyi wa Nyamagabe barinubira ko ntaho guparika bafite kandi bishyura amafaranga ya parikingi buri kwezi.
Hari bamwe mu bagabo bumva ko umugoroba w’ababyeyi ureba abagore gusa bityo ugasanga ntibawitabiriye kandi ukemukiramo ibibazo birebwa n’ibitsina byombi.
Abamotari barinubira abagenzi bagenda barangariye ku materefoni bari ku mbuga nkoranyambaga cyangwa bakinisha abana mu muhanda bakabateza impanuka.