Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe n’ubw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buratangaza ko bumaze gutera intambwe igaragara mu kurangiza imanza z’imitungo yononywe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi zaciwe n’inkiko Gacaca, ndetse hakaba hari ingamba zihamye kugira ngo iki kibazo kirangizwe burundu abangirijwe imitungo (…)
Kuri sitasiyo ya polisi ya Gasaka iherereye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore w’imyaka 25 ukomoka mu kagari ka Murambi mu murenge wa Mata mu karere ka Nyaruguru ukurikiranyweho gukoresha amafaranga y’amakorano mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki ya 26/07/2014.
Abaturage badafite umuriro w’amashanyarazi bayobotse gukoresha amatara yifashisha imirasire y’izuba baratangaza ko abafatiye runini haba mu kubonesha mu nzu ndetse no gukoresha ibindi bikoresho bikenera amashanyarazi byoroheje wasangaga bibagora kubikoresha.
Abaturage bo mu mudugudu wa Cyeru mu kagari ka Gakanka ko mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko bashimishijwe no kuba baregerejwe amazi meza bagaca ukubiri no kuvoma mu kabande amazi adatunganyije neza kandi bayakuye kure.
Abakinnyi ba Karate bibumbiye mu itsinda (club) ryitwa Tiger (urusamagwe) bakinira mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko kuba bakinira mu cyaro ari imwe mu mbogamizi ituma batabasha gutera imbere mu mukino wabo.
Mu gihe abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bagiye kujya mu biruhuko bisoza igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2014, mu karere ka Nyamagabe abanyeshuri bataha kure bazahabwa umwihariko wo gutaha mbere y’abandi.
Bamwe mu banyamuryango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya KOBACYAMU bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa KITABI, “COOPEC Ntukabumwe”, baratangaza ko batishimiye kuba amafaranga yabo bagiye bakatwa agashyirwa muri iyi koperative yarahombye, none ngo bakaba bagiye kongera (…)
Munyemana Grégoire, ukora akazi ko gucuruza ibirayi abitwara ku igare kuva mu murenge wa Gatare abijyana mu mujyi wa Nyamagabe, aratangaza ko n’ubwo ari akazi kavunanye ariko kamugejeje kuri byinshi mu buzima bwe bwa buri munsi.
Ubuyobozi bwa Rwanda Mountain Tea ifite imigabane myinshi mu ruganda rw’icyayi rwa Kitabi buratangaza ko kugeza ubu rutarabasha kubyazwa umusaruro wose rushobora gutanga kubera ko rutabona icyayi gihagije cyo gutunganya, bukaba buri mu rugamba rwo kongera umusaruro w’icyayi ngo rubashe kubyazwa umusaruro 100%.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka iri mu mujyi wa Nyamagabe hafungiye umushoferi witwa Nkundimana Aloys w’imyaka 28 akurikiranyweho gutwara forode amakarito y’amata y’ifu 40 yo mu bwoko bwa NAN adafite ibyangombwa byerekana ko yasorewe.
Kuva kuri uyu wa mbere tariki 14-16/07/2014, itsinda risuzuma uko imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yashyizwe mu bikorwa riri mu karere ka Nyamagabe rigamije kureba uko aka karere kashyize mu bikorwa imihigo kasinyanye n’umukuru w’igihugu.
Niyongira Vénantie, umugore w’imyaka 43 aratangaza ko nyuma yo kugana isomero akiga kwandika, gusoma no kubara yatangiye kubyaza umusaruro ubwo bumenyi aharanira kwiteza imbere.
Kuva tariki ya 08/07/2014, akarere ka Nyamagabe kari kujyenda hirya no hino mu mirenge gasuzuma uko yashyize mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2013-2014, kakanifatanya n’abaturage kwishimira bimwe mu bagezweho mu mihigo mu mirenge.
Abari bagize urwego rwa “Local defense force” mu karere ka Nyamagabe baributswa ko n’ubwo uru rwego rwavuyeho abari barugize bagifite inshingano zo kubungabunga umutekano w’igihugu cyabo nk’Abanyarwanda.
Mukabarinda Marie Paul, umugore wo mu karere ka Nyamagabe, aratangaza ko nyuma y’uko u Rwanda rubohowe abagore bagahabwa ijambo byamuhaye urubuga rwo gukora akiteza imbere, akaba amaze kugera ku ntera ishimishije atari kugeraho iyo rutabohorwa.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka yo mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore witwa Niyonzima Dominique usanzwe akora ku bitaro bya Kigeme muri serivisi yo gupima ibizamini (laboratoire), akekwaho kwiba ibikoresho n’imiti byifashishwa mu gukora ibizamini binyuranye ku barwayi bagana ibyo bitaro.
Nyuma y’uko bimuwe mu isoko basanzwe bakoreramo kugira ngo ryubakwe mu buryo bugezweho, abacuruzi bakorera mu isoko rya Kabacuzi riri mu mujyi wa Nyamagabe baratangaza ko basabwa amafaranga arenze ayo bari basanzwe bishyura, bagasaba ko yagabanywa kugira ngo babashe kubona inyungu.
Ubwo hibukwaga Abatutsi bazize Jenoside mu w’1994 mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe, Guverineri w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali yibukije abaturage ko bagomba kwimakaza Ubunyarwanda kuko kuba bwarabuze ariyo mpamvu ababibye ingengabitekerezo ya Jenoside bageze ku ntego.
Urubanza ubushinjacyaha bw’urukiko rukuru bwajuririyemo Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere uregwa uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwasomwe igice izindi ngingo zarwo zirasubikwa.
Umugabo witwa Mutangana Evariste Bakunze kwita Pangarasi w’imyaka 34 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gasaka iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe akekwaho kwica umuntu mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 27/06/2014.
Abakozi b’akarere ka Nyamagabe barasabwa kurushaho kunga ubumwe hagati yabo kugira ngo kwicana, nk’uko byabayeho muri gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 bitazongera kubaho ukundi.
Nyuma y’imyaka hafi ine urugomero rwa Rukarara ya 2 ruri kubakwa, kuri uyu wa kane tariki ya 26/06/2014 rwatashywe ku mugaragaro nyuma yo kumara amezi abiri rugeragezwa ngo harebwe ko rukora neza.
Abaturage 11843 bo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo batari barabashije kugana ishuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo nyuma yo gusoza amasomo yo gusoma, kwandika no kubara, umuhango wabereye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2014.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rwibohoye, abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko muri iyi myaka 20 hari ingoyi nyinshi bigobotoye ugereranyije n’uko bari babayeho mbere yayo.
Babifashijwemo n’umuryango World Vision, mu mushinga « Inzozi nziza » watangijwe ku mugaragaro ku itariki ya 23/6/2014, abahinzi borozi bo mu turere twa Huye, Nyamagabe na Nyaruguru ngo bazagera ku iterambere kuko ubukungu bwabo buziyongera ku rugero rw’150%.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe batahutse bava mu bihugu bari barahungiyemo barasaba abasigayeyo gutaha mu rwababyaye kuko ngo mu Rwanda ari amahoro kandi babayeho neza nyuma yo guhunguka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18/06/2014 mu masaha ya Saa kumi n’ebyiri n’igice, mu kagari ka Nzega mu murenge wa Gasaka habereye impanuka imodoka yo mu bwoko bwa Coaster igonga umuntu wasunikaga igare ritwaye ibirayi.
Hamwe no kwitegura isabukuru ya 20 igihugu kibohowe, mu karere ka Nyamagabe hatangirijwe ibikorwa abasirikari bazafatanya n’abaturage muri gahunda ya “Army week” hashyirwa ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ivuriro riciriritse mu kagari ka Kiyumba mu murenge wa Cyanika.
Kuba Jenoside yakorewe Abatutsi yarageze no mu bitaro, abahahungiye bakicwa, bamwe mu baganga bagatatira igihango cyo kubungabunga ubuzima bakishora mu bwicanyi ngo ni amahano akabije abakora mu bitaro bya Kigeme basabwe guhanagura bafasha abarokotse Jenoside bakanabagarurira icyizere ko ibitaro bitakiri ahantu ho kwicirwa, (…)
Abantu bakuze 319 barimo abagabo 23 bo mu nkambi y’impunzi ya Kigeme bashyikirijwe inyemezabumenyi zabo nyuma yo kwigishwa kubara, gusoma no kwandika n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda.