Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amaraso (NCBT) kiratangaza ko gikeneye abantu benshi batanga amaraso yo gufashisha indembe kugira ngo kibashe kubona n’ayo mu bwoko bwa O Negatif adakunze kuboneka.
Abavuzi gakondo bagiriwe inama no gukorana mu bwuzuzanye n’abavuzi ba kizungu, kugira ngo harwanywe imfu z’abantu bapfira mu ngo n’abapfa bagejejwe kwa muganga bitewe n’imiti ya Kinyarwanda baba bafashe.
Abaturage n’abayobozi b’ibanze b’Umurenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyamagabe bagiriwe inama yo gufatanya mu guteza imbere umurenge wabo ntawe uhutaje mugenzi we, abaturage bakurikiza gahunda za leta n’abayobozi bayobora nta gitutu bashyize ku baturage.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) ifatanije n’Akarere ka Nyamagabe bemereye impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi y’impunzi ya Kigeme ko ikibazo cy’irimbi cyari kibahangayikishije kigiye gukemurwa vuba.
Impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme zifurijwe umwaka mushya zihabwa ibiribwa, kugira ngo nazo zigire umunsi wo kwishima zihindure n’indyo, buri muntu akaba yagenewe ikiro cy’umuceri.
Ihame ry’uburinganire mu ma koperative rikwiye kubahirizwa ku musaruro no kuwushakira isoko, n’inyungu ibonetse ikagera ku babigizemo uruhare bose kuko usanga abagore badahabwa umwanya ngo bisanzure bigatuma habaho no kwitinya.
Urubyiruko rurangije itorero rusanga kwifashisha imbuga nkoranyambaga bifite akamaro mu gusakaza ibikorwa byarwo kuri rubanda no ku mubare mwinshi w’urubyiruko, kugira ngo n’abatitabira itorero babone ibikorerwamo.
Urubyiruko rw’abanyamahanga rurashima intambwe u Rwanda rwateye mu kwimakaza umuco w’amahoro nyuma yo guca mu bibazo bya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, rukaba hari byinshi rwigiye ku Rwanda n’iterambere rumaze kugeraho.
Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye ruravuga ko rufite gahunda yo kubera abandi urugero rwiza rwigirira isuku, kandi rukazakora ubukangurambaga rushishikariza abaturage kugira isuku bita ku mibiri yabo, imyambaro, aho bagenda ndetse no mu ngo zabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamagabe bacuruza ibiribwa bidapfundikiye, bikikijwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye, aho usanga abarema isoko babicaho rutumura ivumbi, bikaba bishobora guteza indwara zituruka ku mwanda.
Gucururiza hasi mu muhanda bishobora guteza impanuka bamwe mu bagenzi, bikanabangamira uburyo bwo kugenda mu muhanda, kuko abagenzi babura aho bahigamira imodoka bitewe n’imyaka iba idanditse hasi mu muhanda.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe bumva ko guhigira umwaka mushya aribyo buri wese akwiye guha agaciro kurusha kwinezeza, kuko usanga hari abajya mu tubari bakanywa bakarengera ugasanga bateje umutekano muke ndetse n’ubuzima bwabo bukaba bwahatakarira.
Bamwe mu bakora muri farumasi mu karere ka Nyamagabe bavuga ko bahura n’imbogamizi z’abaturage baza kugura imiti kandi nta ruhushya rwa muganga bafite, bitewe n’uko nta bwisungane mu kwivuza bishyuye bakiringira kuzagana farumasi igihe barwaye.
Abaturage batuye Umurenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe cyane cyane urubyiruko barishimira ko nibabona amashanyarazi bizabakura mu bukene kuko bazihangira imirimo isaba ingufu z’amashanyarazi bityo bakagera ku iterambere.
Umubare w’abaturage bafatwa n’indwara ya malariya mu Karere ka Nyamagabe ukomeje kwiyongera ugereranije n’igihe cyashize, ku buryo mu mezi atanu ashize abarwaye malariya bikubye inshuro ebyiri.
Mu rwego rwo kugabanya imanza zituruka ku mitungo n’ubutaka hagati y’abashakanye akenshi usanga batarasezeranye imbere y’amategeko, kuwa 10/12/2014, mu Murenge wa Kaduha, Akarere ka Nyamagabe, imiryango 47 yabanaga bitewe n’amategeko yasezeranyijwe.
Bamwe mu baturage bakatiwe kurangiriza ibihano byabo mu mirimo nsimburagifungo ntibayitabira, bityo akarere ka Nyamagabe kakaba kagiye kubahagurukira abadashaka gukomeza imirimo nsimburagifungo bagasubizwa muri gereza.
Kwigisha abaturage amategeko biratanga ikizere mu kugabanya imanza kuko usanga ahanini, ibyinshi mu bibazo by’abaturage biba bishingiye ku manza zitarangira cyangwa zitarangijwe neza akenshi ziterwa n’uko abaturage nta bumenyi bafite ku mategeko.
Abaturage batishoboye batahabwaga inkunga y’ingoboka kandi bayikwiye bagiye kujya bayihabwa, kuko urutonde rw’abagenewe inkunga y’ingoboka rugiye gusubirwamo abaturage bo ubwabo bakihitiramo abakene kurusha abandi bakwiye kuyihabwa.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamagabe, hafungiwe abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cyo guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 97, kugira ngo afungure umugore ufungiye kuri sitasiyo ya polisi kubera urumogi rungana n’ibiro bitanu yafatanywe tariki 27/11/2014.
Urubyiruko rwo mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Kigeme rusanga gukoresha agakingirizo ntawe byari bikwiye gutera isoni kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kwirinda virusi itera SIDA mu gihe kwifata bidashoboka.
Kuba bamwe mu bunzi batazi gusoma no kwandika ntibifatwa nk’imbogamizi mu kunga abaturage babitoreye kuko nta mashuri cyangwa ubundi bwenge buhanitse bisaba, ahubwo ubunyangamugayo ni yo ndangagaciro ya mbere isabwa.
Jeannette Mushimiyimana wasigajwe inyuma n’amateka, abeshejweho no kubumba inkono kandi bimurinda kuba yasabiriza, kuko abasha kubona imyenda yo kwambara akabasha no gukuramo ikimutunga.
Abaturage batuye umurenge wa Mugano mu karere ka Nyamagabe bafite ibibazo by’imanza zitarangira kubera ko umurenge utabibafashamo ngo imanza ziba zavuye mu nkiko zirangizwe ahubwo bagahora mu nzira.
Umukecuru witwa Ziripa Nyiramakuba wakubiswe n’umunyamabanga nshigwabikorwa w’Akagari ka Ruhinga, Umurenge wa Mugano, Akarere ka Nyamagabe witwa Bosco Harerimana, arasaba kurenganurwa akishyurwa amafaranga y’indishyi yemerewe.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwishimiye gahunda y’itorero yatangijwe izajya ikora mu birihuko n’ikindi gihe urubyiruko rudahugiye mu masomo, kugirango urubyiruko rubone urubuga rwo kuganiriramo no kwiga indangagaciro na kirazira biranga umuco Nyarwanda.
Abaturage b’Umurenge wa Mugano, mu Karere ka Nyamagabe bamaze gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA: mutuelle de santé) baracyari bake, bakavuga ko biterwa n’ubukene n’abandi bumvako leta igomba kuyibishyurira.
Imirimo yo kubaka inyubako akarere ka Nyamagabe kazakoreramo yari iteganyijwe gutahwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama 2015 iragenda icumbagira bitewe n’intege nke za rwiyemezamirimo wapataniye imirimo yo kuyubaka.
Umubare w’abanyeshuri bitabira gufatira amafunguro ku ishuri uracyari hasi mu bigo by’amashuri byo mu karere ka Nyamagabe, bitewe n’impamvu z’ubukene no kutumva akamaro kabyo kwa bamwe mu babyeyi.
Ikibazo cy’imyanda wasangaga inyanyagiye mu mujyi wa Nyamagabe bitewe n’uko ntaho yakusanyirizwaga ubu kiri mu nzira zo gukemuka burundu kubera uruganda rutunganya imyanda kandi rukanayibyaza umusaruro rwubatswe muri aka karere.