Gushyira dodani mu muhanda wo mu isantere y’ubucuruzi ya Gasarenda byagabanije ivumbi imodoka zateraga abaturage n’ibicuruzwa byabo, binagabanya impanuka zahaberaga bitewe n’ubwinshi bw’abagana isentere ya Gasarenda ariko ntabyapa bizigaragaza bihari bikaba bishobora guteza impanuka.
Abaturage batuye mu mujyi wa Nyamagabe, abawukoreramo ibikorwa by’ubucuruzi n’ibindi bitandukanye bavuga ko babangamiwe n’urusaku ruterwa na radiyo yitwa “Radiyo ya Gare Nyamagabe” bigatuma batabasha gukora mu mutuzo.
Abaturage bacururiza ahimuriwe isoko rya Nyamagabe barifuza ko isoko rishyashya bemerewe kubakirwa ryakuzura vuba, kuko kuva igihe bimuriwe ubucuruzi bwabo butigeze bugenda neza bitewe n’ikibazo cy’imvura ibanyagira ndetse no kuburana n’abakiriya bari basanzwe bakorana.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Cyanika baratangaza ko sosiyete y’abashinwa ya CHICO (China Henan International Cooperation Group) iri gukora imihanda yabateje isuri bitewe n’uko bayoboye imiyoboro y’amazi mu mirima yabo bikangiriza imyaka.
Abaturage batuye umurenge wa Gatare, kugana amatsinda yo kwizigama no kugurizanya byabakuye mu bukene aho babashije kwigurira amatungo magufi, bagura amamashini adoda, biga ububaji n’ibindi bikorwa bitandukanye byazamuye imibereho myiza yabo.
Abaturage n’impunzi z’abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme bari barambuwe na Rwiyemezamirimo wabakoresheje mu mirimo yo gukora imiyoboro y’amazi mu nkambi ya Kigeme bishyuwe na Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, kuri uyu wa 24/10/2014.
Abaturage barishimira ibyo bagezeho mu kwezi kw’imiyoborere myiza aho basobanukiwe na gahunda zibakorerwa ziriho, serivisi zitandukanye naho zitangirwa ndetse bakemurirwa ibibazo bitandukanye baniga kubyikemurira bo ubwabo.
Amadini n’amatorero yiyemeje gutanga umusanzu wo guhindura imyumvire y’umuturage nka kimwe mu mbogamizi zituma imihigo itabasha kweswa, bitewe n’uko umuturage aba ategerewe ngo asobanurirwe bihagije ibikorwa bimugenewe.
Umugabo witwa Evariste Mutangana arashinjwa icyaha cy’ubwicanyi aho akekwaho kwica uwitwa Alphonse Nsabimana nyuma yo kumuniga yarangiza akamutemagura mu ijosi akamuta mu muferege tariki ya 27/06/2014.
Inyamaswa zo mu bwoko bw’inguge ziva mw’ishyamba rya Nyungwe zonera abaturage batuye umurenge wa Kitabi bigatuma batagira icyo babasha gusarura mu mirima yabo bikagira n’ingaruka mu kwishyurira mituweli no mu mibereho yo mu buzima busanzwe bwa buri munsi.
Mu murenge wa Gatare hatangijwe ku mugaragaro igihembwe cy’ihingwa ry’icyayi, igikorwa kije mu kunganira no gutera ingabo mu bitugu abahinzi bicyayi, nyuma y’uko byagaragaye ko umusaruro w’icyayi uteri wifashe neza mu mezi yashize.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bufatanyije n’inzego z’umutekano kuri uyu wa 16/10/2014 zatwitse ibiro 356,5 by’urumogi n’uduphunyika tw’urumogi 127 bakunze kwita boules kugirango ruteshwe agaciro abaturage bareke kurwishoramo.
Abunzi bo mu karere ka Nyamagabe ngo ntibabonera mitiweli bagenerwa ku gihe bigatuma batavurwa iyo boherejwe ku yandi mavuriro mu gihe ivuriro risanzwe ribavura ridafite ubushobozi bwo kubavura indwara runaka.
Iyo winjiye mu mujyi wa Nyamagabe, ku muhanda wa kaburimbo munsi y’ahahoze isoko rya Nyamagabe, ubona iseta ry’abagabo baba bicaye iburyo n’abagore bicaye ibumoso bwabo kandi ugasanga abenshi muri bo nta suku bafite.
Mu isoko rya Gasarenda riherereye murenge wa Tare, mu karere ka Nyamagabe, hari ikibazo cy’abacuruza ibiribwa birimo amandazi, ibidiya n’amasambusa bidaphundikiye bigatuma hajyamo ivumbi cyangwa za mikobi zishobora guteza abaturage indwara zituruka ku mwanda.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere, ubukungu n’imari baherekejwe n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kuri uyu wa 8 Ukwakira 2014 basuye ingomero za Rukara I na Rukarara ya II bashima uruhare zirimo kugira mu kongera ingufu mu gihugu.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe kuri uyu wa 7 Ukwakira 2014 basuye abaturage batuye umurenge wa Gasaka mu rwego rw’imiyoborere myiza aho baganiriye n’abaturage uko imibereho myiza, ubukungu ndetse n’umutekano uko byifashe.
Abaturage batuye umurenge wa Gatare bavuga ko bafite ikibazo cy’umusaruro muke w’icyayi kuko batabasha kubona icyo bagemura ku ruganda rutunganya icyayi rwa Mushubi.
Gereza ya Nyamagabe yagiye ivugurwa kenshi yongera ibyumba by’abagororwa n’imfungwa ariko hari ikibazo cyuko abagororwa n’imfungwa batishimiye inyubako zimwe na zimwe zishaje ndetse n’ibitanda baryamaho.
Anastase Musirikare wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umuvandimwe we Domitien Sibomana bariho babara imbago z’umurima kugirango bagabane, akamwica amukubise inshuro ebyiri mu mutwe, yakatiwe gufungwa burundu.
Nyuma y’amezi atatu gusa bamaze bahawe inyigisho, abakobwa n’abahungu bigishwa umwuga w’ubudozi mu kigo Yego Centre Nyamagabe babasha kwambara ibyo bidodeye harimo imyambaro y’ishuri (uniform), imyenda yo kwambara mu buzima busanzwe kandi bakabasha kudoda iyo bagurisha.
Anastase Musirikari yasabiwe gufungwa burundu nyuma yo gushinjwa icyaha cy’ubwicanyi yakoreye umuvandimwe we Domitien Sibomana taliki 18 Gicurasi 2014 ubwo bariho babara imbago z’umurima kugirango bagabane, akamwica akoresheje isuka bariho bacukuza imbago.
Abayobozi b’akarere ka Nyamagabe, guhera ku rwego rw’akarere kugeza ku rwego rw’umudugu binenze kutegera abaturage bihagije ngo bamurikirwe ibibakorerwa no gusobanurirwa uko politiki y’igihugu iteye n’uruhare rwabo mu gutegura no gushyira mu bikorwa imihigo.
Nyuma y’uko gahunda ya Ndi Umunyarwanda itangijwe muri gereza ya Nyamagabe, umwe mu bagororwa bakozwe ku mutima n’iyi gahunda, abifashijwemo n’abari abaturanyi be, yerekanye aho yajugunye umwana w’imyaka 15 cyane cyane ko hagiye hubakwa amazu mashya nyuma y’imyaka 17 afunzwe.
Mu isoko rya Gasarenda riherereye mu murenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe hari ikimoteri cyohereza umwuka mubi rimwe na rimwe uvanze n’imyotsi y’imyanda iba yatwitswe, gikomeje kubangamira abacuruzi ndetse n’abagana iri soko baje guhaha.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyamagabe iri mu biganiro mu bigo by’amashuri yisumbuye aho igaragariza urubyiruko rwiga imiterere y’ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu ndetse n’ingamba zafashwe mu kurikumira, cyane cyane mu bana b’abakobwa bashorwa mu bikorwa by’urukozasoni birimo n’ubusambanyi.
Abanyeshuri bitegura kurangiza amashuri yisumbuye basoje icyiciro cya mbere cyo gutozwa cyakozwe muri ibi biruhuko, baratangaza ko kuba barasogongeye ku nyigisho bagenewe n’itorero ry’igihugu bizabafasha kwitwara neza mu bizamini bya Leta, ndetse no kuzakomeza gukurikira inyigisho zinyuranye binyuze mu itorero ry’igihugu.
Kuba ishyamba rya Leta ry’ibisi bya Huye rikomeje kwangirika byatumye inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamagabe yongera gusaba ubufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi kugira ngo iri yangizwa rihagarare.
Kuri uyu wa kane tariki ya 31/07/2014, mu nkambi ya Kigeme iherereye mu karere ka Nyamagabe hafunguwe ku mugaragaro ikigo kigenewe gufasha abafite ubumuga bo mu nkambi, kimwe mu bikorwa impunzi zifite ubumuga zagejejweho hagamijwe kuzifasha mu mibereho yazo ya buri munsi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bagakatirwa igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) ariko ntibakirangize bagiye guhagurukirwa kugira ngo barangize igihano cyabo.