Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 17 Gicurasi 2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, na madamu Jeannette Kagame, bakiriwe ku meza na Perezida w’icyo gihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron ari kumwe na madamu we Brigitte Macron.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugabo w’imyaka 78 witabye Imana i Huye azize Covid-19.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurongera kuburira abaturarwanda kutajya mu bucuruzi bw’amafaranga y’uruhererekane (Pyramid Scheme) burimo gukorerwa kuri murandasi (Internet) kuko butemewe n’amategeko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Dufatanye Israel, umukozi mu kigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) ukurikiranyweho kwaka ruswa hagamijwe gukora ibinyuranye n’amategeko.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 76 witabye Imana i Huye azize icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango y’umugore w’imyaka 69 (i Kigali) n’umugabo w’imyaka 48 (i Nyamagabe) bitabye Imana bazize icyorezo cya COVID-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abayislamu bose bo mu Rwanda no ku isi, umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fitr.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021, Abayislamu bazindukiye mu isengesho ryo kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eidil-Fit’ri, umunsi usoza Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan. Iri isengesho ryabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda tariki 12 Gicurasi 2021, iragaragaza ko uturere tubiri two mu Rwanda twabonetsemo abarwayi benshi kurusha utundi. Utwo ni Karongi mu Burengerazuba ahabonetse 48 na Gicumbi mu Majyaruguru ahabonetse 10.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango y’umugore w’imyaka 89 (i Nyamagabe) n’umugabo w’imyaka 93 (i Ngororero) bitabye Imana bazize icyorezo cya COVID-19.
Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, iragaragaza ko uturere dutatu two mu Burengerazuba no mu Majyaruguru twabonetsemo abarwayi bashya benshi.
Ku wa Gatandatu tariki ya 08 Gicurusi 2021 ahagana saa sita z’amanywa, Polisi yafatiye abantu 60 mu nzu ya Mukamwiza Elina w’imyaka 80. Nyuma yo gusuzuma abo bantu byagaragaye ko umunani muri bo bari bafite ubwandu bwa COVID-19. Bafatiwe mu mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Rubengera, bafashwe ku bufatanye n’inzego (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 9 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 34 bakize Covid-19. Abayanduye ni 66 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 25,652. Abakirwaye bose hamwe ni 1,161. Ntawe yishe, nta n’umurwayi urembye. I Gicumbi ni ho habonetse abarwayi bashya benshi 27, (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufatanyije n’izindi nzego bafashe abantu 12 biyita “Abamen” mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi. Abo bantu bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana bakoresheje telefoni, ndetse no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.
Ahagana saa tanu za mugitondo ku wa Gatandatu tariki ya 8 Gicurasi nibwo abapolisi bafashe abantu 30 bari mu rugo rwa Rudasingwa Jean Claude w’imyaka 37 bari mu nama yo gutegura ubukwe bwe. Bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Nduba mu Kagari ka Gasanze, mu Mudugudu wa Nyabitare.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 8 Mata 2021, mu Rwanda abantu 69 bakize Covid-19. Abayanduye ni 47 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 25,586. Abakirwaye bose hamwe ni 1,129. Ntawe yishe, nta n’umurwayi urembye. I Karongi ni ho habonetse abarwayi bashya benshi 16, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 7 Mata 2021, mu Rwanda abantu 174 bakize Covid-19. Abayanduye ni 53 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 25,539. Abakirwaye bose hamwe ni 1,151. Ntawe yishe, nta n’umurwayi urembye. I Karongi habonetse abarwayi bashya 15 naho i Nyamagabe (…)
Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw"icyongereza bwatangaje ko inama ya CHOGM ihuza ibyo bihugu yagombaga kubera mu Rwanda mu kwezi gutaha yasubitswe.
Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) itangaza ko ubu imirimo yo kubaka sitasiyo y’amashanyarazi (Electrical substation) ya Nyabihu iri gusozwa, ndetse ubu sitasiyo iri hafi kugezwamo amashanyarazi ngo itangire kugeza amashanyarazi mu ngo zituye mu Karere ka Nyabihu n’Uturere duhana imbibi na ko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 6 Mata 2021, mu Rwanda abantu 166 bakize Covid-19. Abayanduye ni 65 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 25,486. Abakirwaye bose hamwe ni 1,272. Ntawe yishe, nta n’umurwayi urembye. I Nyamagabe habonetse benshi bashya banduye nk’uko imibare (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 5 Mata 2021, mu Rwanda abantu 187 bakize Covid-19. Abayanduye ni 70 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 25,421. Abakirwaye bose hamwe ni 1,373. Yishe umugore w’imyaka 54 i Kigali, nta murwayi urembye nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gicurasi 2021 yatangaje amabwiriza yo gukura imirenge imwe no gushyira indi muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kuzimya inkongi ku mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 03 Gicurasi 2021 ahagana saa kumi n’imwe bajimije ikamyo yari ihetse meterokibe 33 za Lisansi. Bayijimije igeze mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rugerero mu Kagari ka Rugerero mu Mudugudu wa Nyarurembo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 4 Mata 2021, mu Rwanda abantu 10 bakize Covid-19. Abayanduye ni 40 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 25,351. Abakirwaye bose hamwe ni 1,491. Ntawe yishe kuri uwo munsi, umuntu umwe ni we urembye, nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Kigali Arena, ihagarariwe na QA Venue Solutions Ltd, n’umuhanzi w’umunyarwanda Bruce Melodie, uhagarariwe na Cloud9 Entertainment Ltd, basinye amasezerano y’imyaka itatu agamije kwerekana Bruce Melodie nk’umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika hakiyongeraho no kugira Kigali Arena nk’inzu ikomeye ku mugabane wa Afurika (…)
Bill Gates n’umugore we Melinda Gates batangaje ko umubano wabo nk’umugabo n’umugore wageze ku iherezo, nyuma y’imyaka 27 bari bamaze babana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 3 Mata 2021, mu Rwanda abantu 71 bakize Covid-19. Abayanduye ni 58 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 25,311. Abakirwaye bose hamwe ari 1,461. Ntawe yishe kuri uwo munsi, umuntu umwe ni we urembye, nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Gihugu cya Guinea Bissau, tariki ya 29 Mata 2021, bibutse ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 96 witabye Imana i Huye.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe umugabo witwa Uwimana Jean Pierre ucyekwaho kwica umugore we amukubise umwase mu mutwe, hanyuma agahita atoroka.