Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye gutangaza ko yorohereje abantu kubona amakarita ya Mituweri, ndetse no kwivuza badategereje ukwezi nyuma yo kwishyura umusanzu.
Abaforomo bo mu karere ka Rusizi bashinja abashinzwe kuyobora ibigo nderabuzima kutaba umwanya ngo bakurikire amahugurwa baba batumiwemo kubera indonke.
Akarere ka Nyabihu kahagurukiye ababyeyi batazi gutegura indyo yuzuye y’abana kandi ubusanzwe mu karere ho hatari mu harangwa inzara.
Bamwe mu baturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Nyagatare bavuga ko amakosa y’ibyiciro by’ubudehe yatumye abafataga imiti buri munsi bayibura.
Abaturage baganiriye na Kigali Today baravuga ko hari abatangiye kubura serivisi z’ubuvuzi, bitewe n’uko kubona ikarita y’ubwisungane ya mituweri bigoye.
Hari abatuye Akarere ka Nyabihu bakigorwa no kubona amazi meza, nubwo ubuyobozi bwo bwemeza ko ku bari basanzwe bayafite hiyongereyeho ibihumbi bine.
Umudugudu wa Kabarore wageze ku 100% ku rwego rw’Akarere ka Rusizi bo bataragera kuri 40 mu bwisungane mu kwivuza bwa mituweri
Bamwe mu bitabira Expo 2016 bavuga ko baboneraho bakanipimisha virusi itera SIDA cyane ko iyi servisi ihari kandi ikorwa mu buryo bwihuse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burahamagarira ababishoboye bose kubafasha kwishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza abatishoboye batuye muri aka karere.
Abakozi b’ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero bashyizeho isanduku igamije kugoboka abakene babigana mu kubafasha kurya, kwambara, kwivuza n’isuku.
Minisiteri yUbuzima (MINISANTE) ivuga ko igiye gushaka uburyo yakoresha mu kugabanya ibiciro by’imiti y’indwara ya Hepatite, ku buryo byorohera buri wese.
Abatuye mu mujyi wa Kigali baraye bagenda kugira ngo bakirwe mu bantu 500 bari bemerewe gukingirwa indwara y’umwijima (Hepatite C) ku buntu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga barinubira serivisi za mituweli, bavuga ko abifuza guhabwa amakarita bishyuriye bigenda gahoro.
Leta ya Korea ikomeje gufasha impunzi mu nkambi ya Mahama ibagenera ibikoresho byo kuringaniza imbyaro no kurinda indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Abaturiye Ikigo Nderabuzima cya Congo-Nil, mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko babangamiwe no kutahabona serivisi zo kuboneza urubyaro.
Banki y’ubucuruzi ya COGEBANQUE yageneye inkunga ya miliyoni 5Frw, ikigo cyita ku bana bafite ubumuga bwa Autism cyitwa “Autism Rwanda”.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku Bitaro bya Kibuye bahawe moto zizabafasha mu kwegereza abaturage ibikorwa by’ubvuzi birimo no gukingira abana.
Akarere ka Nyamagabe kafashe ingamba zo kubarura abaturage bafite uburwayi bwo mu mutwe bakavuzwa.
Umuyobozi w’umushinga Parthners in Health aremeza ko mu Karere ka Kirehe hagiye kubakwa inzu nini mu gihugu izatanga serivisi zo kwita ku bana bavukana ibibazo hakubakwa n’ishuri ry’ubuvuzi.
Abakora umwuga w’uburaya mu Karere ka Rusizi bavuga ko impamvu ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA buri hejuru biterwa n’amadorali bahabwa n’Abanyekongo.
Abatuye mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barasaba ko ibitaro Perezida Kagame yabemereye byakubakwa i Gatonde aho kujyanwa mu Bigabiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bufite impungenge z’uko mituweli y’uyu mwaka ishobora kudindizwa n’abanga kwishyurira bamwe mu biyandikishije ku rutonde rw’abagize umuryango.
Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, riravuga ko Perezida wa Repubulika yavanye mu mwanya uwari Minisitiri w’Ubuzima Madamu Dr. Agnes Binagwaho.
Ibigo nderabuzima bimwe na bimwe byo mu Karere ka Rutsiro birinubira ko bikoresha abakozi bake kandi bakira abarwayi benshi.
Abarwayi ba diyabete bakurikiranirwa ku bitaro bya Kibagabaga bashyiriweho aho bakirirwa hihariye bikabarinda ingaruka mbi bahura nazo bari ku mirongo.
Mu gutangiza "ALL IN" Campaign, Madamu Jeannette Kagame yabajije impamvu urubyiruko 49% ari bo bonyine bisuzumishije SIDA, nyamara ari cyo gice kinini cy’abandura icyo cyorezo.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali baravuga ko bamenye agaciro ko gukora siporo, bityo bakayitabira ku bwinshi bafatanyije n’ubuyobozi bwabo buyibashishikariza.
Umuryango mpuzamahanga wa AHF ufatanya na Leta y’u Rwanda mu kurwanya SIDA, urasaba abaturage ubufatanye mu kurwanya ubwandu bushya.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, itangaza ko guhera ku wa 1 Nyakanga 2016 buri muntu uzasanganwa virusi itera SIDA azahita ashyirwa ku miti, haherewe ku bafite ubwandu ubungubu ibihumbi 17.
Inzego za leta n’abafatanyabikorwa bihaye intego y’uko mu 2020 nta bwandu bushya bwa virusi itera SIDA buzaba bukiboneka mu Rwanda.