Uwahoze ari umutoza w’abanyezamu mu ikipe y’igihugu, Thomas Higiro, yashinze ishuri ryigisha abana bakina umupira w’amaguru mu rwego rw’abanyezamu. Ibi ngo yabikoze mu rwego rwo gushaka umuti w’ikibazo cy’abanyezamu kigenda kigaragara mu makipe yo mu Rwanda, no mu ikipe y’igihugu.
Carolin Rickers, ushinzwe iterambere mu ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye ku isi (IPC), aratangaza ko u Rwanda rurimo kwitegura neza kwakira ingando y’abakinnyi bamugaye bityo akaba nta cyatuma u Rwanda rutakira iyo ngando.
Mashami Vincent, umutoza wungirije wa Isonga FC yatangaje ko Usengimana Faustin na Michel Rusheshangoga bakinira iyo kipe bazakina umukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro bafitanye na APR FC tariki 08/01/2012.
Nyuma y’imikino itatu idatsinda, Isonga FC yakuye amanota atatu i Nyanza ubwo yatsindaga Nyanza FC igitego kimwe ku busa ejo tariki 04/01/2012.
Nyuma ya tombola y’uko amakipe azahura muri 1/16 cy’igikombe cy’amahoro cy’uyu mwaka, APR FC izakina n’Isonga FC. Iyo mikino izatangira tariki 7 n’iya 8 Mutarama uyu mwaka.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) buratangaza ko nyuma yo gusaba imbabazi umutoza w’ikipe y’igihugu kubera imyitwarire mibi, Sibomana Hussein, yababariwe ndetse yongera kugirirwa icyizere cyo kugaruka mu Mavubi.
BRALIRWA na FERWAFA bari mu biganiro ngo basubizeho gahunda yo guhemba abakinnyi bitwaye neza buri kwezi nk’uko byagenze muri shampiyona y’umwaka ushize.
Ihuriro ry’abanyamakuru bigenga b’imikino mu Rwanda (Rwanda Independent Sports Press Network [RISPN]), mu mpera za Mutarama 2012, rizahemba abakinnyi, abatoza n’abandi bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere imikino mu Rwanda muri 2011.
Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) yirukanye Felicien Kabanda wari umukozi wayo nyuma y’aho uyu mugabo afatiye icyemezo cyo kujya gusifura imikino y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Guinea Equatorial na Gabon kuva tariki 21/01-12/02/2012 atabyumvikanyeho n’abakoresha be.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), tariki 02/01/2012, ryatangaje abakinnyi 29 b’abanyamahanga bakina mu Rwanda bazakina n’Amavubi mu rwego rwo gutegura umukino wa Nigeria.
Umwaka wa 2011 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye ndetse n’impinduka mu mikino y’u Rwanda. Mu by’ingenzi byaranze uyu mwaka dusoza, harimo kwitabira no kwakira imikino mpuzamahanga, impinduka mu buyobozi bwa siporo ndetse no kwegura ku mirimo y’abayoboraga inzego zitandukanye z’imikino.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, aratangaza ko mu rwego rwo gutegura umukino uzahuza u Rwanda na Nigeria tariki 29/02/2012 azakina imikino ya gicuti n’ikipe izaba igizwe n’abanyamahanga bakina mu Rwanda.
APR FC ikomeje kwibasirwa n’amakipe yo mu Majyepfo kuko nyuma yo gutsindwa na Mukura yongeye gutakaza amanota ubwo yanganyaga n’Amagaju igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wabereye i Nyamagabe tariki 29/12/2011.
Nyuma yo gutsinda Nyanza FC ibitego bibiri kuri kimwe i Nyanza tariki 28/12/2011, Mukura irangije umwaka wa 2011 iri ku mwanya wa mbere kandi na mbere y’uyu mukino yari isanzwe ari iya mbere.
Imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, yagombaga gukinwa tariki 28/12/2011 ariko Rayon Sport na Kiyovu Sport ntizivuga rumwe ku munsi zizakiniraho.
Ubuyobozi bwa Rayon Sport buratangaza ko Twahirwa Bonfils Christian na Hategekimana Afrodis ‘Kanombe’ batakibarizwa mu ikipe ya Rayon Sport ndetse ko batazi n’irengero ryabo.
Ali Bizimungu wari umaze iminsi atoza ikipe ya Inter Stars yo mu Burundi aje gusimbura Kalisa François wari umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sport.
Nyuma yo gutsindwa na APR ibitego 5 ku busa ku wa gatandatu, abakinnyi babigize umwuga bari bamaze icyumweru mu Rwanda, tariki 26/12/2011, batsinzwe n’Amavubi ibitego 3 kuri 2.
Ikipe ya Ndamukunda Flavien na Mutesi Leon niyo yegukanye igikombe mu marushanwa ya Beach volley yabereye i Karongi tariki 24/12/2011.
Umukino wa gicuti wabaye ejo hagati ya APR FC n’ikipe y’abakinnyi bakina ku mugabane w’Uburayi warangiye ARP FC itsinze ibitego bitanu ku busa.
Uwari Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda yakinnye igikombe cy’Afurika muri 2004 akaba anakurikirana abakinnyi b’abanyarwanda bakina i Burayi, Desire Mbonabucya, avuga ko kuba Gasana Mohamed Meme Tchité atarakiniye u Rwanda byaratewe n’uburangare bw’abayoboraga ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Kuva tariki 12-18/01/2012, Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abamugaye (NPC-Rwanda) izakira ingando zagenewe urubyiruko rw’Akarere k’Afurika y’Iburasirazuba yiswe “IPC Youth Camp Rwanda 2012”.
Urutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amagueru ku isi, rushyirwa ahagaragara buri kwezi na FIFA, rwagaragaje ko u Rwanda rusoje umwaka wa 2011 ruri ku mwanya wa 106 ku isi no ku mwanya wa 27 muri Afurika.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17, Richard Tardy, ubwo yari agiye mu biruhuko bisoza umwaka mu Bufaransa, yasabwe na FERWAFA gukora ibishoboka byose akumvisha Kevin Monnet Paquet kuza gukinira u Rwanda.
Tariki 24/12/2011 saa cyenda n’igice abakinnyi baturutse ku mugabane w’Uburayi bazakina na APR FC kuri Stade Amahoro i Remera i Kigali. Umukino wa kabiri bakazawukina n’Amavubi tariki 26/12/2011 saa cyenda n’igice.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no guhangana n’ibiza (MIDIMAR) isanga gukorana n’amakipe y’igihugu bizabafasha cyane mu gukangurira impunzi z’Abanyarwanda gutahuka, dore ko amakipe y’igihugu ajya gukina kenshi mu mahanga aho izo mpunzi ziherereye.
Itsinda ry’abakinnyi b’abanyarwanda 16 babigize umwuga bakina ku mugabane w’Uburayi baje mu Rwanda ngo si umupira ubazanye wonyine ahubwo u Rwanda ruzaboneraho gutanga ubutumwa bw’imiyoborere myiza binyuze muri abo bakinnyi.
Mu gihe Mukura Victory Sport yari imaze imyaka irenga itatu itangira shampiyona nabi ndetse ikajya no kurangira iri mu makipe arwanira kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, ku munsi wa karindwi wa Shampiyona y’uyu mwaka, Mukura iri ku mwanya wa mbere ngo ikaba ibikesha imiyoborere myiza.
Kiyovu yaguze abandi bakinnyi batanu bagomba kuzayifasha mu mikino nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (confederation cup) ndetse no muri shampiyona. Kiyovu Sport igomba kuzahagararira u Rwanda muri confederation cup aho izakina na Simba yo muri Tanzaniya ku mukino wa mbere.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryemeje abandi basufuzi umunani b’abanyarwanda ko bazajya basifura imikino mpuzamaganga itegurwa na FIFA ndetse n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF)