Uruganda Bralirwa rukora ibinyobwa rwatangaje ko rutazongera gutera inkunga shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda nyuma yo kunanirwa kumvikana n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA).
Ikipe y’igihugu ya Karate ihagarariwe n’abakinnyi batatu, abahungu babiri n’umukobwa umwe, yahagurutse i Kigali kuri iki cyumweru tariki 02/11/2014, igana mu gihugu cy’Ubudage mu mujyi wa Bremen, kwitabira amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Ikipe y’Amagaju yizeye gutsinda umukino ifitanye na AS Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 04/11/2014, byanayihesha kurara ku mwanya wa kabiri kuri ubu ufitwe na Rayon Sport.
Uwahoze ari umutoza wa Sunrise Gatera Mussa yamaze gusezererwa muri iyi kipe aho ubuyobozi butangaza ko ashobora gusimbuzwa Jean Marie Ntagwabira wari diregiteri tekinike wayo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza ko ritakigurishije uburenganzira bwo kwerekana shampiyona igitangazamakuru icyo ari cyose nyuma yo gusanga nta na kimwe cyujuje ibisabwa.
Umutoza w’ikipe ya Chelsea Jose Mourrinho yanenzwe n’abafana b’ikipe ye nyuma yo kubavugaho amagambo atari meza ku mukino Chelsea yatsinzemo Queens Park Rangers ibitego 2-1 ku wa gatandatu tariki ya 01/11/2014.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 iri buhaguruke mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 03/11/2014 yerekeza mu Misiri kwitabira irushanwa nyafurika ry’abatarengeje imyaka 23.
N’ubwo ifite abakinnyi bakomeye benshi bazwi ku rwego rw’isi barimo Lionel Messi, Luis Suarez, Neymar, Iniesta n’abandi, ikipe ya FC Barcelona kuri ubu yavuye ku mwanya wa mbere mu gihugu cya Espagne nyuma yo gutsindwa na Celta Vigo 1-0 naho Real Madrid igatsinda Granada 4-0.
Ku munsi wa 5 wa Shampiyona, ikipe ya APR FC yaraye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sport FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 02/11/2014.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemerera ikipe ya APR FC ari yo izakira umukino wo ku munsi wa 5 uzayihuza na Rayon Sport FC ko umukino uzaba saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Uyu mukino uteganyijwe ku cyumweru tariki 02/11/2014, kuri sitade Amahoro i Nyamirambo.
Ikipe ya Manchester City yatunguwe no gutsindwa na Newcastle ibitego 2-0 kuri uyu wa 29/10/2014 mu marushanwa ya Capital One Cup mu gihugu cy’ubwongereza.
Rayon Sport yaje ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Etincelles y’i Rubavu ibitego 3-2 kuri uyu wa gatatu tariki 29/10/2014.
Kuri uyu wa 28/10/2014 ikipe ya APR FC yasuye Marines kuri Stade Umuganda I Rubavu. Ubusanzwe ni ikintu kitorohera ikipe iyo ariyo yose gukura amanota kuri Sitade Umuganda yakinnye n’imwe mu makipe yaho yaba Marines cyangwa Etincelles.
Ikipe y’igihugu ya Karate nyuma yo kwitabira amarushanwa ku rwego rwa Afurika yabereye mu gihugu cya Senegal ikitwara neza, Gashagaza Solange umwe mu bakobwa bagize iyi kipe akegukana umudari wa Bronze mu rwego rwa Afurika, ubu yakajije imyitozo aho yitegura kuzitabira amarushanwa ku rwego rw’isi azabera mu gihugu (…)
Umunsi wa gatatu wa Shampiyona y’u Rwanda wasize Rayon Sport FC yari ku mwanya wa mbere by’agateganyo igeze ku mwanya wa 3. Ni nyuma yo kunganya n’ikipe ya Musanze FC 1-1 kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Muri shampiyona y’igihugu cya Espagne “La liga” ikipe ya FC Barcelona yokejwe igitutu na Real Madrid nyuma y’aho iyitsindiye I Santiago Bernabeu ibitego 3-1 ku wa 25/10/2014. N’ubwo Barcelona ariyo yabanje kwinjiza igitego gitsinzwe na Neymar ku munota wa 4 ntibyayibujije gutsindwa 3 itongeye gukoramo.
Nyuma y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya APR iyoboye urutonde by’agateganyo n’amanota 9/9 mu mikino 3 imaze gukinwa.
Mu mikino y’amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwayo i Burayi (champions league) yabaye ku mugoroba wa tariki 22/10/2014, amakipe yo mu mujyi wa Madrid muri Espagne yerekakanye ko akomeye yose atahana insinzi.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 21/10/2014 imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’I Burayi yakomeje. Uretse Manchester city yatunguwe mu makipe akomeye ikanganya na CSKA Moscou 2-2, andi makipe yatsinze ndetse amwe atsinda n’ibitego byinshi.
Umuyobozi wa Rayon Sport FC yaraye atangaje ko gushaka umutoza mukuru w’ikipe w’umunyamahanga bigiye kwitonderwa, kuko uwo bari bamaze iminsi mu biganiro batarumvikana, ndetse umutoza wungirije ufite iyi kipe akaba arimo kwitwara neza mu mikino ibanza ya shampiyona.
Nyuma y’umunsi wa 8 wa Shampiyona y’igihugu cy’Ubwongereza, ikipe ya Chelsea ikomeje kwesa umuhigo wo kudatsindwa aho kugeza ubu mu mikino imaze gukina yanganyije umwe gusa indi yose irayitsinda. Ni nyuma yo gutsinda Crystal Palace 2-1 mu mpera z’icyumweru gishize.
Nyuma y’umunsi wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, Kiyovu Sport niyo iza ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda FC Marine ibitego 2-0.
Rayon Sport yandikiye Police FC iyisaba gukemura ikibazo cy’umukinnyi Sina Jerome akaza muri Rayon ku buryo bwemewe n’amategeko cyangwa igasubiza Rayon Sport amafaranga yose yatanze kuri Sina Gerome iyaha Police FC.
Umuyobozi wa Rayon Sport, Ntampaka Theogene, yemereye abanyamakuru ko iyi kipe iri mu biganiro n’umutoza Richard Tardy wahoze mu mavubi ariko ntiyatanga igihe azaba yagereye mu ikipe.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, atangaza ko gukora siporo bituma akazi ke agakora neza kandi bikanamufasha gusabana n’abaturage bakamwiyumvamo.
Urwego rw’Umuvunyi kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 rwatangaje amarushanwa y’urubyiruko mu Ntara y’Amajyaruguru agamije gukangurira urubyiruko kwirinda no gukumira ruswa.
Ikipe ya Manchester United yabashije kugaruka mu makipe ane ya mbere muri shampiyona yo mu bwongereza (Big Four) nyuma yo gutsinda ikipe ya Everton ibitego 2-0 kuri iki cyumweru tariki 05/10/2014.
Umukinnyi wa Real Madrid Cristiano Ronaldo akomeje kwigaragaza nk’umukinnyi ukomeye cyane ku isi, nyuma y’uko akomeje gufasha ikipe ye ubu imaze gukina imikino 6 yikurikiranya idatsindwa, haba muri Shampiyona ya Espagne cyangwa mu marushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’I Burayi (champion’s league).
Ubwo ikipe ya FC Barcelone yatsindaga ikipe ya Granada ibitego 6-0, umukinnyi Lionel Messi yibajijweho byinshi n’abafana ba Barcelone n’abakunda kureba umupira w’amaguru.
Minisitiri wa siporo n’umuco Ambasaderi Habineza yatangije siporo ya benshi (sport de masse) mu karere ka Rutsiro akaba yabwiye abanyarutsiro gukora siporo kuko ari nziza ndetse anabasaba kubyaza umusaruro imisozi miremire bityo bakaba bazana n’imidali itandukanye.