Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Karekezi yaraye abonye impamyabumenyi mu butoza yo ku rwego rwa mbere “Licence A” muri UEFA nyuma yo kumara umwaka abyigira.
Ndayisenga Valens, umusore w’imyaka 20 ukomoka mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, akaba ari na we wegukanye irushanwa rya “Tour du Rwanda 2014” tariki 23/11/2014, arashishikariza bagenzi be bakiri bato gukunda uyu mukino wo gusiganwa ku magare kandi bakawitabira kuko ngo bashobora kugera ku ntera nk’iyo na we agezeho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yashimiye Ndayisenga Valens wegukanye isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ku magare “Tour du Rwanda”.
Umukino wari guhuza ikipe ya Espoir Fc na Gicumbi kuwa 23/11/2014 waburijwemo kandi abakinnyi bari bageze mu kibuga kubera ko ikipe ya Espoir FC itujuje ibyangombwa byose basabwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru Mu Rwanda (FERWAFA).
Umusore muto ukinira ikipe ya Kalisimbi, Ndayisenga Valens ni we utwaye igikombe mu isiganwa ry’amagare ryari rimaze iminsi umunani rizenguruka u Rwanda.
Umunyarwanda Ndayisenga Valens niwe wegukanye Toour du Rwanda 2014 kuri iki cyumweru nyuma yo kurangiza agace ka nyuma ka kilometero 114 ari uwa kabiri.
Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2014 karimo gukinwa kuri icyi cyumweru tariki 23/11/2014 karazenguruka mu mujyi wa Kigali aho abasiganwa bazenguruka inshuro icyenda intera ya kilometero 12,6.
Ikipe ya Rayon Sports ivuye inyuma inshuro ebyiri ishobora kunganya na Kiyovu Sports ibitego 2-2 mu mukino aba bakeba b’ibihe byose bahuriragamo kuri uyu wa gatandatu, ku munsi wa munani wa shampiyona.
Umunya Eitrea Debesay Mekseb ni we utwaye agace kabanziriza akanyuma ka Tour du Rwanda ya 2014, nyuma yo kuva i Huye akagera i Nyamirambo ari wa mbere mu nzira y’ibirometero 127 na metero 700.
Abanyenyanza n’inkengero zaho babarirwa mu bihumbi n’ibihumbi babyukiye ku mihanda yo mu karere ka Nyanza bategereje kureba isiganwa ry’amagare rya « Tour du Rwanda », maze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014 ubwo abasiganwaga bahasesekaraga bakirwa nk’abakwe.
Umukinnyi w’ikipe ya Team Rwanda Kalisimbi, Biziyaremye Joseph, ni we wegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2014 (Rubavu-Nyanza) kareshya n’ibirometero 184 kakinwe kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014.
Umutoza w’ikipe ya Mukura VS yizeye ko abakinnyi afite bazamuha umusaruro ashaka mu mikino iri imbere mu ikipe nshya, imikino izahera ku wa APR FC kuri icyi cyumweru tariki 23/11/2014.
Diregiteri w’imikino mu ikipe y’igihugu ya Marooc, Bilal Mohamed, atangaza ko amakipe y’u Rwanda na Eritrea atangiye kunanirwa ikintu kizafasha abakinnyi b’ikipe ye bitabiriye Tour du Rwanda 2014 babanje guha abandi umwitangirizwa.
Mu rwego rwo kumenya neza abafana b’ikipe ya Rayon Sport, Rwanda Promoters Company iri mu gikorwa cyo kubarura aba bafana ariko ikifashisha abajyanama b’ubuzima bari mu midugudu.
N’ubwo umunya Marooc Marouini Salaeddine yatwaye agace Muhanga –Rubavu kuri uyu wa kane tariki 20/11/2014, ntibyabujije Umunyarwanda Ndayisenga Valens Rukara kuguma ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange rw’agateganyo.
Abakinnyi babiri b’ikipe y’u Rwanda ya Kalisimbi ntibashoboye guhirwa n’agace ka Musanze- Muhanga kakinwaga ku munsi wa kane wa Tour du Rwanda aho banyereye hasigaye metero 200 ngo barangize maze biha amahirwe umunya Eritrea Haile Dawit kugera ku murongo ari uwa mbere.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko babona isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda rya 2014 rishobora kwegukanwa n’umunyarwanda bitewe n’uko batangiye neza, kuko kugeza ku munsi waryo wa gatatu amakipe ahagarariye u Rwanda ari ku isonga.
Minisitiri w’umuco na siporo Amb. Joseph Habineza yishimiye uburyo amakipe y’u Rwanda akomeje kwitwara muri Tour du Rwanda ndetse anavuga ko amashyirahamwe y’imikino itandukanye mu Rwanda akwiye kwigira byinshi ku mitegurire y’iri rushanwa.
Umunyarwanda Ndayisenga Valens Rukara yambitswe umupira w’umuhondo nyuma yo kwegukana agace ka Rwamagana-Musanze kuri uyu wa 18/11/2014; bikaba bigaragaza ko uyu mwaka Abanyarwanda biteguye Tour du Rwanda ku rwego rwo hejuru.
Abaturage bo mu gihugu cya Autriche bavuga ko bagiye kubaka ishuri ry’umupira w’amaguru mu gihe kitarenze umwaka mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke.
Abatuye akarere ka Ngoma bagaragaje kwishimira isiganwa ry’amagare « Tour du Rwanda » ryageze mu karere kabo kuwa mbere tariki ya 17/11/2014, aho babigaragaje bahagaragara ku mihanda ari benshi guhera winjiye mu mugi wa Kibungo ahitwa Rond –point kugera aho wasorejwe.
Uwahoze atoza ikipe ya Mukura VS, Kayiranga Baptiste yatangaje ko kuri we abona yarakinwe agakino n’ikipe yatozaga kugira ngo ayishakire abakinnyi maze ihite imusezerera atabatoje.
Uwahoze atoza ikipe ya APR FC Andy Mfutila ari bukoreshe imyitozo ya mbere muri Rayon Sports kuri uyu wa mbere tariki 17/11/2014 nyuma yo gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe y’i Nyanza.
Numero ya mbere mu magare muri Afurika, Debesay Makseb ni we utwaye agace ka mbere ka Tour du Rwanda ya 2014, aho kuri uyu mbere tariki ya 17/11/2014 abasiganwa bagenze ibirometero 96.4 mu muhanda Kigali-Ngoma, uyu munya Erithrea akaba yabirangije akoresheje amasaha abiri, iminota 36 n’amasegonda 37 (2h36’37”).
Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Adrien Niyonshuti asanga abakinnyi b’ikipe y’igihugu bageze ku rwego rwiza rwatuma bigaragaza cyane muri Tour du Rwanda ya 2014.
Abanyarwanda bane b’ikipe ya Kalisimbi ni bo baje imbere mu gace kabanziriza utundi muri Tour du Rwanda ya 2014 aho Hadi Janvier yongeye kukegukana nkuko yabigenje umwaka ushize.
Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Tubane James ashobora kumara andi mezi abiri atagaragara mu kibuga nyuma yo kugira ikibazo cy’amaso gitumye kugeza ubu atari yaboneka mu mukino wa shampiyona w’ikipe ye.
Amakipe 14 ni yo agomba kwitabira isiganwa ku mugare rizenguruka igihugu cy’u Rwanda, nyuma yaho igihugu cya Algeria gitangarije ku munota ko kitacyitabiriye iri rushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya gatandatu.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi ishoboye kunganya n’ikipe ya kabiri ya Marooc mu mukino wa gicuti wabereye kuri sitade ya Complexe Sportif de FES, i Marrakech.
Umukinnyi w’inyuma w’ikipe ya Espoir, Ndikumana Hamad Katauti ndetse n’umufasha we Oprah, batangaza ko bameranye neza mu rukundo aho kuva kuri uyu wa kane bari kumwe i Rusizi aho ikipe uyu mukinnyi akinira iherereye.