Urubanza ubushinjacyaha buregamo abayobozi batanu b’intara y’uburengerazuba bashinjwa gutanga amasoko ya Leta mu buryo budasobanutse rwimuriwe tariki 4/12/2012. Urukiko rwavuze ko rugikeneye umwanya wo kurwiga neza kandi abaregwa bose uko ari batanu ntago bari bahari.
Gucuruza inzoga mu masaha y’akazi ngo ni kimwe mu bitera umutekano mucye mu karere ka Kirehe akaba ariyo mpamvu abacuruzi basabwe kujya bafungura utubari batinze kandi bagafunga kare.
Impanuka zibera mu karere ka Kamonyi zahitanye abagera kuri 43 muri uyu mwaka wa 2012 akaba ariyo mpamvu bagomba kwitwararika mu gukoresha umuhanda; nk’uko babisobanuriwe kuri uyu wa 22/11/2012 ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda.
Ubwo abasiganwa muri Tour du Rwanda basesekararaga mu karere ka Musanze kuri uyu wa Kane tariki 22/11/2012, umunya-Eritrea Merhawi Kudus niwe wahise wambara umwambaro w’umuhondo, ugenerwa uwakoresheje igihe gito kuva irushanwa ryatangira.
Mu rwego rwo kwitegura amatora y’abadepite ateganijwe mu mwaka utaha wa 2013, intumwa za Komisiyo y’igihugu y’amatora kuri uyu wa 22/11/2012 zahuguye abahagarariye urubyiruko ku rwego rw’imirenge igize akarere ka Kirehe.
Ministiri w’u Bwongereza ushinzwe ububanyi n’amahanga na Commonwealth muri Afurika, Mark Simmonds, hamwe na Mark Lowcock, umunyamabanga uhoraho w’ikigega cy’iterambere mpuzamahanga (DFID), baje mu Rwanda kugaragariza Perezida Kagame ko bashyigikiye imyanzuro yafatiwe i Kampala ku kibazo cya M23.
U Rwanda rwakoze neza ryiyemeza rugahanga no gutsimbarara ku kwiregura ku birego amahanga arushinja ko gufasha umutwe urwanna na Leta ya Congo, nk’uko bitangazwa na Visi Peresida wa Sena y’u Rwanda, Senateri Bernard Makuza.
Isuzuma ryakozwe na komisiyo ishinzwe kurengera ibidukikije mu karere ka Nyabihu ryerekanwe ko hacyiri ibikorwa bitandukanye bikorwa ahanini n’abaturage bituma ibidukikije byangirika bikabije ndetse bikanateza isuri. Ahakunze kuboneka ibyo bikorwa cyane ni mu mirenge wa Rambura, Jomba, Karago na Shyira.
Nyuma yo gufata umujyi wa Goma taliki 20/11/2012 abari ingabo za Leta ya Congo n’abapolisi 3000 basabye gukorana n’ingabo za M23 kugira ngo bashobore gukuraho Leta ya Perezida Kabila.
Ikibuye cya Shali giherereye mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, aho akarere ka Nyaruguru gahanira imbibi n’akarere ka Huye, ku muhanda Butare-Akanyaru werekeza i Burundi kivugwaho inkomoko zitandukanye, ariko iz’ingenzi usanga zishingiye ku mwami Ruganzu Ndori.
Mu rwego rwo kongera isuku mu karere ka Gisagara, hemejwe ko hagiye gukorwa ibarura ry’abantu baba ku mihanda bafite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, bityo bazitabweho uko bikwiye kuko akenshi aribo bakunze kugaragara bafite umwanda bikitirirwa akarere kose.
Umugore witwa Anna Byrne w’imyaka 35 akaba n’umuforomokazi ahitwa i Dunboyne mu gihugu cya Irlande yiyahuye nyuma yo kumenya ko atwite abana b’impanga z’abahungu kandi yarashakaga umukobwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane 22/11/2012, ku mupaka wa Rusizi ya mbere urujya n’uruza rw’abantu rwagabanutse kuko Abanyekongo batakiri kwambuka nkuko byari bisanzwe.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yavaga mu Mujyi wa Musanze igana mu Mujyi wa Kigali yakoze impanuka mu masaha saa mbiri z’ijoro tariki 21/11/2012 irenga umuhanda ku bw’amahirwe itangirwa n’igiti gitemye.
Mark Simmonds, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza ushinzwe ibibazo by’Afurika yatangiye uruzinduko mu gihugu cya Uganda akazakomereza mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu rwego rwo gushaka umuti w’intambara ya Kongo.
Perezida Joseph Kabange Kabila yemeye kugirana imishyikirano n’umutwe wa M23 nyuma y’amasaha 24, umutwe wa M23 ufashe Umujyi wa Goma nta mirwano ihambaye ibaye mu masaha ya mu gitondo tariki 20/11/2012.
Nyuma y’igitaramo cyo kumurika alubumu “Batatu kurugamba” ya Urban Boys, tariki 24/11/2012, iri tsinda, abahanzi bakomeye bazaba bavuye Uganda ndetse n’abafana babishaka bazahurira Quelque Part bishimane bidasanzwe.
Imodoka yo mu bwoko bwa COASTER ifite plaque RAC 156G ya sosiyete itwara abagenzi “Impala” yagonze umumotari ahita akomereka mu mutwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 20/11/2012 ahagana saa tanu n’igice.
Bamwe mu bahawe ubutaka muri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryabaye mu ntara y’Uburasirazuba barasabwa kubusubiza ba nyirabwo kuko hari abantu bari barahunze muri 1994 na mbere yaho kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bagarukiye basanga ubutaka bwa bo bwarahawe abandi.
Mu isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare (Tour of Rwanda) ryabaye kuri uyu wa kabiri tariki 20/11/2012, kuva i Kigali kugera mu karere ka Muhanga, nta mu nyarwanda waje mu myanya 10 ya mbere.
Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Goma baravuga ko stade y’umujyi wa Goma yuzuye abasirikare n’abapolisi ba Leta ya Congo banze guhunga bemera gukorana na M23.
Umunyeshuri w’umukobwa wo mu muri College Giheke yasibye gukora ikizamini cya Leta bitewe n’inkuba yakubise ahagana saa yine z’igitondo tariki 20/11/2012 agata ubwenge. Arwariye mu kigo nderabuzima cya Giheke.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) yiyemeje guhugura abavugururamibereho (Social workers) mu kunoza akazi kabo, nyuma y’aho ubushakashatsi bakoze bwagaragaje ko bafite uruhare runini mu kurwanya ubukene no gufasha u Rwanda kugera ku ntego z’ikinyagihumbi.
Umuhanzikazi w’imyaka 24 Rihanna akomeje urugendo rw’ibitaramo birindwi yise 777 Tour akorera mu bihugu birindwi mu gihe cy’iminsi irindwi.
Abanyamuryango ba FPR mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera baravuga ko ibyo yabagejejeho bibonwa n’abahizi n’abagenzi. Tariki 20/11/2012, utugari twa Kindama, Gikundamvura, Gatanga na Ruhuha twizihije isabukuru y’imyaka 25 Umuryango FPR-Inkotanyi umuze uvutse.
Kuri uyu wa 20/11/2012 ahagana saa munani umumotali n’umugenzi yari ahetse barokotse impanuka yari ibahitanye, ubwo moto yari ibahetse yasakiranaga n’imodoka yo mu bwoko bwa Benz. Iyi mpanuka ibaye nyume y’umunsi umwe polisi isabye abamotari kwirinda impanuka ndetse bakabishyira mu mihigo.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi mu Rwanda (MIDMAR) hamwe n’umuryango w’abibumbye (UN), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, yo kurangiza ubuhunzi ku Banyarwanda barenga ibihumbi 70 bakiri hanze y’igihugu.
Umunyamabanga mukuru w’umutwe wa M23, Francois Tuyihimbaze Rucogoza, yatangaje ko ibikorwa byo gukurikira ingabo za Leta ya Congo bigiye gukomeza kugira ngo batagaruka guhohotera abaturage mu mujyi wa Goma no kubabuza umutekano.
Yamfashije Claudine w’imyaka 25 wo mu murenge wa Kavumu akagari ka Tetero, yibarutse abahungu babiri n’umukobwa tariki 19/11/2012, akarere kamuhemba amafaranga 97600 n’ubwisungane mu kwivuza by’abana n’ababyeyi.
Nteziryayo Emmanuel w’imyaka 22 afungiye gutema abantu babiri umwe agahita ahasiga ubuzima, ubwo bari baje kumuta muri yombi yibye ibirayi.
Abashoferi b’amakamyo bo muri Congo bavana ibicuruzwa muri Kenya bakanyura muri Uganda no mu Rwanda bishimiye icumbi bahawe mu Karere ka Nyabihu kugira ngo bategereze ko umutekano ugaruka babone kwambuka bajyana ibicuruzwa muri Congo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Okla’s NetIndext bugaragaza ko u Rwanda aricyo gihugu cya Afurika gifite internet yihuta kurusha ibindi bihugu.
Umunyeshuri witwa Natacha Butera w’imyaka 20 wiga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Iowa yarashwe mu ijoro rya tariki 19/11/2012 n’abagizi ba nabi ariko kubw’amahirwe aracyari muzima.
Abaturage batuye akarere ka Rusizi baratangaza ko imihahiranire n’umujyi wa Bukavu ikimeze neza nubwo bafite ubwoba bw’intambara iri kubera muri Kivu y’Amajyaruguru.
Niyomukesha Josiane uri gukorera ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ryisumbuye rya Murunda yagize ikibazo cyo guta ubwenge bitewe no kwiga cyane mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 18/11/2012 ajyanwa kwa muganga.
Mu rugendo ikipe ya Nyanza City Veterans yagiriye mu gihugu cy’u Burundi tariki 17/11/2012, bamwe bavuyeyo barwaniye mu modoka ngo kubera ubusinzi. Iyo kipe yari igiye gukina umukino wa gicuti na bagenzi babo b’Abarundi.
Nyuma yo gufata ikibuga cy’indege, umujyi wa Goma nawo umaze kwigarurirwa n’ingabo za M23. Ingabo za Congo zirimo guhunga zikoresheje ubwato zerekeza i Bukavu izindi zerekeje Katindo.
Umunyamerika ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda aratangaza ko aterwa ishema no gukora igisirikare cy’u Rwanda kandi ko yiteguye gutanga umusanzu we mu kubaka igihugu.
Minisitiri w’umuco na siporo, Mitali Protais, aravuga ko iterambere ry’igihugu rigomba gushingira ku kwimakaza umuco w’igihugu, kuko umuco wirengagijwe nta terambere ryagerwaho.
Kuri uyu wa 19/11/2012 komisiyo y’ubukungu mu Nteko ishinga amategeko yasuye akarere ka Gicumbi mu rwego rw’igenzura ry’uburyo ingengo y’imari y’umwaka wa 2011-2012 yashizwe mu bikorwa no kurebera hamwe ibibazo byagaragaye n’uburyo bishobora gukemuka.
Irambona Martin wari ukuriye abandi bakozi bakora muri Freedom Motel iri mu mujyi wa Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akekwaho kunyereza ibikoresho by’akazi bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 400.
Abakora akazi k’ubumotari bakiri bato bagera kuri 90% by’abakora aka kazi, nibo bagaragaraho amakosa menshi mu muhanda, mu gihe byibura umuntu umwe ahitanwa n’impanuka ku munsi, nk’uko imibare mishya ya Polisi ibivuga.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 wo mu murenge wa Rukoma mu karere ka Kamonyi, bamusanze aryamye kuri comptoire ya studio iri mu gasanteri ka Remera yahwereye mu ijoro ya tariki 17/11/2012 bamunywesheje cartouche.
Amabanki n’amaduka byo mu mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu bifunze imiryango muri iki gitondo cya tariki 20/11/2012 kubera abantu bagize ubwoba bw’amasasu ari kugwa muri uwo mujyi avuye muri Congo.
Umusore w’Umunyarwanda yitabye Imana abandi barindwi barakomereka bazize ibisasu ingaboza Congo zarashe mu mugudugu wa Mbuga Ngari mu karere ka Rubavu ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 19/11/2012.
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye abasirikare barangije amahugurwa mu ishuri rya gisirikare i Gako kuzirikana inshingano zikomeye bafite zo kurinda abaturage n’ubusugire bw’igihugu.
Nubwo hakiri abantu batinya kuvuga ibirebana n’imisarane cyane cyane kubera ko ifatwa nk’ahantu h’umwanda, ku itariki ya 19 Ugushyingo ni umunsi mpuzamahanga w’imisarane.
Bamwe mu batuye ku gasozi ka Gatonzi mu murenge wa Ngororero ntibishimiye icyemezo cyafashwe n’akarere cyo kuhashyira irimbi rusange. Gatonzi ni umusozi mwiza ubereye ijisho kandi uteyeho ishyamba ryiza, ukaba ukikijwe n’abaturage batuye mu mpande zawo.
Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi bo mu gihugu cy’Ubufaransa batangiye gushyuha imitwe bategura itariki 21/12/2012 ifatwa nk’impera y’isi ukurikije ibyo abo mu bwoko bw’aba Mayas bavuga.