Polisi ikorera mu karere ka Rusizi yataye muri yombi abantu babiri batunze amakamyo yo mu bwoko bwa FUSO afite puraki RAA 918 x na RAA 685 Y bazira gucura ibyangombwa mpimbano by’ikigo cya Polisi gishinzwe kugenzura ibinyabiziga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba ko amasezerano y’akazi ndetse n’amatego agenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro byubahirizwa kugira ngo abo bakozi nabo bakore ntacyo bishisha.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza na sosiyete y’itumanaho Airtel Africa, tariki 28/06/2012, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye bw’imyaka itatu azafasha Airtel kwamamaza ibikorwa byayo mu bihugu bitanu Airtel ikoreramo ari byo Nigeria, Zambia, Ghana, Uganda n’u Rwanda.
Abanyeshuri n’abarezi b’Urwunge rw’amashuri rwa Runda Isonga ruri mu karere ka Kamonyi, tariki 28/6/2012, bibutse abanyeshuri 31 n’abarezi 5 bo ku Ishuri ribanza rya Runda bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abana babiri bo mu kagali ka Gituza, umurenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma bitabye Imana tariki 27/06/2012 bariwe n’inzuki.
Imiryango 39 y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera yasezeranye imbere y’amategeko, tariki 28/06/2012, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere imibereho yabo mu miryango.
Polisi ikorera mu karere ka Karongi yakoze umukwabu utunguranye wo guta muri yombi abacuruza ibihangano by’abahanzi batabifiye uburenganzira maze amasitidiyo atatu arafungwa ndetse n’umuntu umwe atabwa muri yombi.
PHILIPS, Sosiyete y’Abahorandi ikora ibikoresho binyuranye by’ubuvuzi n’ibyo mu rugo, irasaba Ministeri y’Ubuzima kwemera ibikoresho byayo bigakoreshwa mu buvuzi kuko ngo bishobora kurokora ubuzima bwa benshi.
Abantu barindwi barimo n’umushoferi wari utwaye imodoka ifite purake RAA 485 T ikora akazi ka taxi voiture yavaga mu Bugarama yerekeza i Kamembe bitabye imana, tariki 28/06/2012, ubwo iyo modoka yagonganaga n’igikamyo gifite purake RAB 825B.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yagonze abanyegari babiri umwe ahita yitaba Imana, undi arakomereka bikomeye ku gicamutsi cyo kuwa kabiri, tariki 26/06/2012 mu kagali ka Taba, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuri uyu wa 28 Kamena rwemeje ko urubanza rwa Phénéas Munyarugarama rwoherezwa mu Rwanda mu gihe kitarenze iminsi 30. Uru ni urubanza rwa munani ari narwo rwa nyuma uru rukiko rwohereje mu Rwanda.
Raporo y’igenzura yakozwe na banki y’isi ku iterambere rya gahunda za Leta muri 2011 yahaye u Rwanda amanota 3.8 mu bihugu by’Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Iki gipimo u Rwanda ruriho ni cyiza nk’uko byari bimeze muri 2010.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buravuga ko bumaze gufata ingamba zo gukumira abana bava mi miryango yabo bagahitamo kwandagara mu mihanda.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ifite gahunda yo kongera umusaruro w’amafi, ku buryo umubare w’Abanyarwanda barya amafi mu 2017 uzaba urenze ikigero cy’ifatizo cy’Ikigo mpuzamahanga kita ku mirire (FAO).
Ikirombe cyo mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga cyagwiriye abantu bane bacukuraga amabuye y’agaciro, mu gitondo cya tariki 28/06/2012, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima.
Abakiriya na barwiyemezamirimo ntibabona kimwe umuco wo kwaka avance mbere yo gukorerwa serivise kuko bikunda kuvamo guhemukirana.
Ikigega gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kiratangaza ko kizunguka amafaranga agera kuri miliyari eshanu kibikesheje ibikorwa bya Army week aho abaganga baturutse mu bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda bari kuvura abaturage bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.
Ikipe z’u Rwanda za Basketball y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 18 irerekeza i Burundi kuri uyu wa kane tariki 28/6/2012, mu irushanwa rihuza amakipe yo mu karere k’ibiyaga bigari izakinwa kuva kuwa gatanu kugeza ku cyumweru tariki 01/7/2012.
Inama nkuru y’abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bateraniye mu nama nkuru (congres) mu karere ka Rwamagana aho bagiye gusuzuma aho bageze mu kwiteza imbere no kuzahura imibereho myiza yabo n’iy’igihugu muri rusange.
Byiringiro Samuel w’imyaka 28 utuye mu karere ka Kirehe yatawe muri yombi tariki 27/06/2012 akurikiranyweho kwica umuturanyi we witwa Mukamana Emertha w’imyaka 48.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, hamwe n’umugaba w’ingabo z’u Rwanda, Lt.Gen. Charles Kayonga, kuri uyu wa kane barahurira n’abayobozi b’ingabo za Kongo mu mujyi wa Goma kugira ngo baganire ku mutekano mucye urangwa mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Abaturage bo mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru bakora mu mushinga wa LWH ucukura amaterasi y’indinganire mu karere ka Nyanza bahisemo gukora bataha ahantu haciriritse kugira ngo bizigamire amafaranga bazajyana iwabo umushinga nirangira.
Nyuma yuko abatuye umujyi wa Kibungo bakomeje gutaka ko bibwa ndetse abandi bakanahohoterwa n’isoresore ziba zanweye urumogi, tariki 27/06/2012 habaye umukwabu wafatiwemo insoresore 20 zifite utubure 13 tw’urumogi.
Umuryango w’Abibumbye washyikirije u Rwanda igihembo rwahawe mu kwezi gushize kuko rwitaye by’umwihariko ku bibazo by’ihohoterwa rikorerwa abagore bakabona serivisi nziza.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake RAB 137 B yageze mu gasantire ka Rebero mu rugabano rw’umurenge wa Ntongwe n’uwa Ruhango mu karere ka Ruhango ibura feri igonga abantu 8 barapfa abandi 16 barakomereka bikabije inahitana amazu 2.
Mu rwego rwo kwegereza Abanyarwanda ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20, umukino uzayihuza n’iya Mali mu mpera z’ukwezi gutaha ushobora kuzakinirwa kuri Stade Umuganda i Rubavu; nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amahuru mu Rwanda (FERWAFA).
Espagne yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Uburayi imaze gutsinda Portugal penaliti 4 kuri 2 mu mukino w’iminota iminota 120 wabereye kuri Donbass Arena stadium I Donetsk muri Ukraine kuwa gatatu tariki 27/6/2012.
APR FC yatwaye Igikombe cy’Amahoro giheruka, igiye guhura na mukeba wayo Rayon Sport inshuro ebyiri mu cyumweru mu mikino ibiri y’igikombe cy’Amahoro ya ½ cy’irangiza. Umukino ubanza urakinwa kuri uyu wa kane tariki 28/6/2012 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Senateri Tito Rutaremara atangaza ko nubwo ubukoroni bwavuyeho muri Afurika, ibitekerezo bya benshi mu baturage b’uyu mugabane bitarabaha ubwigenge busesuye, bityo hakaba hakenewe kuvuka bundi bushya kw’imyumvire yabo (renaissance).
Nubwo ibikorwa byazo bikomeje gukemangwa, ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Congo (MONUSCO) zongerewe indi manda y’umwaka umwe.
Imiryango itagengwa ba Leta (sosiyete sivile) 22 muri 84 ikorera mu karere ka Rulindo izongera amafaranga miliyari imwe na miliyoni 700 mu ngengo y’imari y’ako karere y’umwaka 2012/2013.
Ubushakashatsi bushya bwa Transperency Rwanda buratunga agatoki abayobozi bakuru b’uturere na ba rwiyemezamirimo, buvuga ko amasoko menshi atangwa mu buryo bugaragaramo ruswa ku mpande zombi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu ijoro rya tariki 26/06/2012 maze inkuba ikubita insinga z’amashanyarazi yo ku nzu y’umuturage irashya ariko ku bw’amahirwe ntibyagira uwo bihitana.
Inyeshyamba za FDLR zishe abantu 20, abandi benshi barakomereka mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 24/06/2012 mu birometero 80 by’akarere ka Walikale muri Kivu y’Amajyarugu.
Abambasaderi bahagarariye ibihugu byo muri Afurikamu Rwanda, tariki 27/06/2012, basuye impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nkamira, bagendereye kubahumuriza no kubereka ko bari kumwe.
Mukamana Siphora w’imyaka 30, tariki 27/06/2012 saa tatu za mu gitondo, yakuyemo inda y’amezi ane yari atwite ubwo yacukuraga amaterasi y’indinganire mu mudugudu wa Munyinya, akagali ka Mushirarungu, umurenge wa Rwabicuma, Akarere ka Nyanza.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rusizi babajwe n’imibiri 64 y’ababo biciwe mu kigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Gihundwe batarashyingurwa mu cyubahiro.
Niyomugabo wo mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo yatwikiye muri matela umugore we, Muningisa Aliya, bari bamaranye amezi ane amushinja ko amuca inyuma.
Abaturage bo mu karere ka Ngoma barashima uburyo bwo kumenya amakuru hifashishijwe internet bashyiriweho n’urwego rw’umuvunyi ngo bajye babwifashisha aho gukora ingendo bajya i Kigali ku biro by’umuvunyi.
Amafaranga arenga miliyari 27 na miliyoni 720 ahwanye na 70% y’ingingo y’imari y’Umujyi wa Kigali azakoreshwa mu bikorwa byamajyambere birimo kuvugurura ibikorwa remezo no kuzamura ibijyanye n’ubuzima.
Umugore witwa Mukamurigo Consolée wo mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi atangaza ko amaze imyaka 15 akora akazi ko gucunga umutekano w’abaturage abitewe ni uko yabonaga abagabo bahohotera abagore bitwaje intege nke zabo.
Ikigereranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kiragaragaza ko muri Gicurasi 2012 Abanyarwanda 43% bakoresha telephone zigendanwa. Muri Mata, Abanyarwanda bakoreshaga iryo tumanaho bari ku kigero cya 42%.
U Rwanda na Ethiopia byiyemeje kwagura umubano hagati yabyo. Kuri uyu wa gatatu tariki 27/06/2012, ku nshuro ya mbere, byasinye amasezerano y’ubutwererane azabifasha gukorana mu bikorwa by’ubukungu n’iterambere.
Muri Kenya, umukobwa w’imyaka 16 aherutse gusoroma urumogi araruteka arugaburira abantu aziko ari imboga.
Abatuye mu mirenge ya Nyarubaka na Musambira yo mu karere ka Kamonyi ndetse no mu murenge wa Cyeza wo mu karere ka Muhanga bahangayikishijwe n’imbwa z’inyagasozi zirya amatungo yabo.
Jean Paul Samputu, umuhanzi nyarwanda wamamaye cyane ku rwego rw’isi arategura igitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 amaze avutse n’imyaka 35 amaze muri muzika kizaba tariki 30/06/2012.
Ishami ry’umurango w’abibumbye ushinzwe ubuhinzi (FAO) uratangaza ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe no mu bihugu biyikikije hateye icyorezo cyica amatungo y’ihene. Muri RDC hamaze gupha ihene ibihumbi 75.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yemeza ko n’ubwo nta nyigo ihamye irakorwa, gahunda yo korohereza abakozi mu ngendo yatangiye mu mwaka w’2005, itanga inyungu y’amafaranga arenga miriyari ebyiri n’igice buri mwaka.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ku wa mbere tariki 25/06/2012 rwarangije kumva umutangabuhamya wa nyuma mu rubanza rwa Augustin Bizimana wabaye minisitiri w’ingabo mu gihe cya Jenoside ariko akaba atarabwa muri yombi.