Ubwo FC Barcelone yakinaga na Real Betis kuri icyi cyumweru tariki 09/12/2012, Lionel Messi yatsinze igitego cye cya 86 muri y’uyu mwaka.
Mbaraga Gerald w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza wari ku rutonde rwa bamwe mu bakekwaho gucuruza urumogi yaguwe gitumo ararufatanwa ku mugoroba wa tariki 09/12/2012.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 15/12/2012 hateguwe ikirori kidasanzwe mu mateka y’imyidagaduro yo mu Rwanda aho Inyarwanda LTD ihuza ibyamamare mu ngeri zose n’abafana babo mu birori byiswe Inyarwanda Fans Hangout.
Mufti w’u Rwanda, Gahutu Abdulkalim, ubwo yasuraga Abayisilamu bo mu karere ka Ngoma tariki 09/12/2012 yashimye ko Abayisilamukazi baharanira kwiteza imbere bibumbira mu mashyirahamwe akora ibintu bitandukanye.
Muri uyu mwaka wa 2012, akarere ka Nyamasheke kongeye kuza ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imiyoborere myiza no kurwanya ruswa ategurwa n’urwego rw’umuvunyi. Umwaka ushize nabwo Nyamasheke yari yabaye iya kabiri.
Mu rukerera rwo ku cyumweru tariki 09/12/2012, ubuyobozi bw’umurenge wa Runda bufatanyije n’inzego z’umutekano, bafashe abantu 37 badafite ibyangombwa n’udupfunyika 1126 tw’urumogi. Abo bafashe bahise babohereza mu kigo ngororamuco cya Kayenzi.
Umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo yajyanywe mu bitaro kubera ikibazo cy’uburwayi ariko nyuma yo kumusura, Perezida Jacob Zuma yavuze ko atarembye.
Umuraperi Rick Ross hasubitse ibitaramo yateguraga kuzakorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo kubona amashusho y’iterabwoba ku mutekano we kuri internet.
Ku bufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano, mu midugudu ibiri Karama na Sahara yo mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, mu rukerera rwa tariki 08/12/2012, hafatiwe litiro 3200 z’ibikwangali.
Nshimiyimana Jean Nepo utuye mu karere ka Rulindo avuga ko ashobora kuvura ya mavunja yananiranye, ayo Abanyarwanda bakunze kuvuga ngo ni amarogano, cyangwa ngo umuntu yayatererejwe n’abazimu.
Ku butaka bwayo, ikipe y’igihugu ya Uganda yegukanye igikombe cya CECAFA ku nshuro ya 13 mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Kenya ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wabereye Namboole Stadium ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Umukecuru witwa Merisiyana Nyirakaje utuye mu murenge wa Rusarabuye, mu karere ka Burera, arashimira umuryango wa FPR-Inkotanyi kuba waramutuje aheza mu nzu nziza maze akava mu mwanda yabagamo.
Nyandwi w’imyaka 21, Dusabeyezu w’imyaka 17 na Yohani bemera ko ari bo bayogoje umukecuru wo mu kagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe bamwibira inguruba n’ihene. Nyuma y’igihe kinini bashakishwa ubu bari mu maboko ya Polisi.
Umusore witwa Rukundo uri mu nkabi y’agateganyo ya Nyagatare ibarizwa mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi arashakisha umuryango we baburanye mu gihe cy’intambara y’umutwe wa M23 na Leta ya Congo.
Abakobwa babiri bavukana bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bafashwe n’indwara itazwi ku manywa y’ihangu tariki 08/12/2012. Batangiye bigaragura hasi nyuma y’umwanya utari muto bayoboka urugo rw’umugabo ukomoka mu muryango wabo bavuga ko ngo bagiye kwa se.
Nyuma yo gusezerana kubana byemewe n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda, imwe mu miryango yo mu murenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare itangaza ko ubusugire bw’ingo bugiye kwiyongera.
Mushambo Robert uyobora umuryango w’abanyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare yemeza ko byinshi bagezeho babikomora kuri bakuru babo bahasanze bityo asaba abanyeshuli bashya gutera ikirenge mu cyabo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga mu karere ka Nyagatare, umuhanzi Mihigo Kizito yaririmbye indirimbo ishimangira ko kugira ubumuga bitagomba kwambura agaciro ikiremwa muntu.
Mu gihe hasigaye iminsi mike icyiciro cya mbere cyo kuvoma gaz methane mu Kivu kigatanga umusaruro, Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Kabahizi Célestin, arasaba Abanya-Karongi kutazakoresha umurirmo utangwa na gaz bacana amatara gusa.
Akarere ka Gisagara kongeye guhiga utundi turere ku nshuro ya kane, mu bikorwa byo kurwanya ruswa; umwana witwa Tsepo Makakane wo muri Lesotho nawe yarushije abandi ku rwego rw’Afurika, mu mwandiko (essay) ugaragaza ububi bwa ruswa.
Byukusenge Nathan ukinira ikipe ya Benediction Club, ni we wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Kigali-Muhanga-Kigali ryari rigamije kurwanya ruswa, ryabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Muyunzwe mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, bumaranye iminsi umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 ufite ubumuga bwo kutumva, ariko ngo babuze aho akomoka kuko atavuga kandi akaba atanumva.
Abasirikare batatu babaga muri FDLR batahutse tariki 08/12/2012 bavuga ko nta nyungu n’imwe bigeze babona muri FDLR usibye guhangayika mu buzima bwo mu mashyamba ya Congo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango FPR-Inkotanyi, Ngarambe Francois, aratangaza ko intego y’uwo muryango ari uko igihugu cy’u Rwanda kigomba kwihaza ntigitegereze inkunga iva hanze y’amahanga kuko akimuhana kaza imvura ihise.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abashoramari bakorera mu Rwanda guha abenegihugu imirimo, kugira ngo birinde ubujura mu gihe baba bahaye imirimo abanyamahanga.
Mu karere ka Nyanza ubwo habura amasaha macye kugira ngo kuri iki Cyumweru tariki 09/12/2012 hizihizwe isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, imyiteguro y’uwo munsi yahinduye isura y’umujyi ku buryo bugaragarira buri wese.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iremeza ko mu myaka iri imbere u Rwanda ruzaba rutagihura n’ikibazo cy’aba enjeniyeri mu bijyanye n’ubutaka, kuko buri mwaka hagenda habaneka abantu 20 bahugurwa mu bijyanye n’iyi gahunda.
Mu ntangiro za 2013, abana bakina umupira w’amaguru mu Rwanda, bari hagati y’imyaka 6 -12, bazatangira gukurikirwanwa binyuze muri gahunda yo kuzamura abana yitwa ‘Grassroots Festivals’, nk’uko byemejwe ku wa Gatanu tariki 07/12/2012, iyi gahunda itangzwa ku rwego rw’igihugu.
Madamu Monique Nsanzabaganwa, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, atangaza ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwegereza ibigo by’imari abaturage, nk’uko yabivugiye mu ntara y’Amajyepfo, kuwa Kane w’iki cyumweru.
Umuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Saleh Habimana, aratangaza ko abashinga amatorero bagamije gukuza inda gusa aho kuvuga ijambo ry’Imana, bahagurikiwe n’iki kigo kibashinzwe.
Ingo 31 zo mu murenge wa Musanze akarere ka Musanze, zaranzwe n’amakimbirane muri uyu mwaka wa 2012 zahawe amasomo ku ihohoterwa, amakimbirane n’amategeko, cyane areba umuryango, kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012.
Amakipe ane yo muri aka karere APR FC na Rayon Sport zo mu Rwanda, Villa Sports Club yo muri Uganda na Vital’o yo mu Burundi, nizo zizitabira irushanwa rigamije kwizihiza isaubukuru y’imyaka 25 FPR imaze ishinzwe.
Umucongomani witwa Ravie kiroza, wimyaka 24, ari mumaboko ya Polisi ikorera mu karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo kwiba amaterefoni akoresheje ubutekamutwe.
Bamwe mu bikorera mu karere ka Muhanga baratangaza ko batibona mu isosiyete y’ubucuruzi yashinzwe muri aka karere, kuko isaba amafaranga menshi kugira ngo umuntu abe umunyamuryango wayo.
Remy Uwamahoro ari mu bamaze kubona inguzanyo bari bakeneye muri gahunda ya Hanga Umurimo kandi batangiye no kuyikoresha icyo bayisabiye, n’ubwo hari abinubira itabagejeje ku byo bateganyaga kugeraho, bitewe no kutabonera igihe inguzanyo bari bizeye.
Ikipe y’igihugu y’abafite ubumuga yasuye abakina uyu mukino mu karere ka Ngororero, mu rwego rwo kubumvisha ko nabo bafite ubushobozi bwo kwikorera no guhesha ishema igihugu, ariko Babura aho bakinira umukino wagumbaga kubahuza.
Kiyovu Sport izakina idafite rutahizamu wayo Bokota Lamaba, kubera amakarita abiri y’umuhondo akazasiba uwo mukino uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa Cyenda wa shampiyona uzahuza Kiyovu Sport na APR FC ku cyumweru tariki 09/12/2012.
Inama Njyanama y’akarere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, yemeje ko abantu bose bororera inka mu mujyi wa Musanze bimurira amatungo yabo mu bice by’icyaro mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibutse Nyakwigendera Inyumba Aloisea witabye Imana kuwa Kane tariki 06/12/2012.
KARONGI: Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yateye inkunga ya miliyoni 1,6 impfubyi za Jenoside
Mu gihe bizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango RPF-Inkotanyi umaze ubayeho, abanyamuryango bayo bafatanya ibyo byishimo banagaragaza mu ma murikagurisha ibikorwa bagezeho, kugira ngo bibe ikimenyetso cy’uko bayobowe neza.
Lit. Gen. Fred Ibingira, uyobora umutwe w’Inkeragutabara, yahumurije abatuye akarere ka Ngororero ko umutekano urinzwe, asaba abaturage kugira uruhare rwo kuwubungabuga bamenya uwinjiye, uwasohotse, bubahiriza gahunda z’amarondo, batanga amakuru vuba kandi ku gihe no kurwanya ibihuha.
Imvura y’urubura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye kuwa kuwa Kane w’iki cyumweru mu murenge wa Kabarore, mu karere ka Gatsibo, yasize yangije imyaka y’abaturage ku ubuso bungana na hegitari enye bibaviramo igihombo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, arasaba abaturage b’ako karere kudaterwa impungenge n’ibikorwa by’ubwiyahuzi bya FDLR kuko nta bushobozi na buke ifite bwo guhungabanya umutekano rusange w’igihugu.
Abana batatu bo mu rugo rwa Uzayisenga na Munyashongore batuye mu kagari ka Gihundwe, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bamaze iminsi ibiri bakingiranye mu nzu biturutse ku makimbirane ababyeyi babo bafitanye.
Umusore witwa Ntigurirwa Issa utuye mu karere ka Rusizi yemeza ko yisanze ari ikuzimu mu ijoro rishyira tariki 07/12/2012 ariko ntazi uko byagenze ngo ahagere.
Ubwo yari amaze gusura inyubako ya Banki Nkuru y’u Rwanda iri kubakwa mu mujyi wa Butare, kuwa kane tariki 06/12/2012, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Madamu Monique Nsanzabaganwa, yatangaje ko iyo nyubako izaba yuzuye muri Gicurasi 2013.
Akimanizanye Jemima ufite Akabyiniriro ka Kakizi akaba na mushiki wa Kinga James atangaza ko yatunguwe no kumenya gushushaya abikesha inshuti ze bamenyaniye kuri Facebook.
Indege ya kompanyi ya EgyptAir yahagaze ku kibuga cy’indege mu buryo butari buteganijwe kubera ko umugenzi umwe mu bari bayirimo yari arumwe n’inzoka yari yinjiranye mu ndege yayihishe mu gakapu ko mu ntoki.
Abakorerabushake 32 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitwa Peace Corps barahiriye kuba mu cyaro cy’u Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri, bakora akazi ko kwigisha mu mashuri yisumbuye, nyuma yo kumara amezi atatu mu karere ka Kamonyi bigana imibereho y’abaturage bakennye.