Umugabo utaratangajwe izina wo mu gihugu cy’u Buhinde wakuwemo inzoka mu jisho ireshya na santimetero 13.
Ramadan wifata nk’umuvugabutumwa, yahagaritse abantu bari bitabiriye isoko abamarana amasaha agera hafi kuri atandatu ababwiriza ijambo ry’Imana akananyuzamo akabahanurira ibizaba.
Karasira uzaramba Aimable, umuhanzi uririmba mu njyna ya HipHop uzwi cyane ku izina rya ‘Prof Nigga’ cyangwa ‘NDC’ yemeza ko n’ubwo hari abamubona nk’umuhanzi usanzwe abandi bakamubonamo umusazi, we yibonamo umuhanuzi.
Abahinzi bo mu gihugu barakangurirwa barasabwa kwitabira guhinga igihingwa cy’umugano, kuko bifite agaciro mu kurwanya isuri no kubaka ubukungu bw’igihugu. Barabibwirwa mu gihe u Rwanda rukomeje kwbasirwa n’ibiza kubera impinduka z’ibihe.
Ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kimaze iminsi gihangayikishije abatuye umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, cyabonewe igisubizo ubwo Croix Rouge y’u Rwanda yatahaga ku mugaragaro umuyoboro w’amazi meza wubakiye abatuye mu gace k’Amayaga, kuri uyu wa Gatanu tariki 13/07/2012.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, atangaza ko gahunda ya Leta yo guha urubuga abikorera mu gushora imari mu ikoranabuhanga, biri mu bizafasha u Rwanda kugira iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.
Umuzamu w’ikigo cy’ishuri ryisumbuye Indangaburezi, Vedaste Gakumba, yakubiswe n’abanyeshuri batatu yari yangiye gusohoka mu ikigo kuko nta mpushya bari babifitite, bimuviramo kujyanwa kwa muganga.
Umugabo witwa Jean de Dieu Ingabire yatemye abantu babiri harimo n’umugore we abaziza impamvu na n’ubu atarabasha gusobanura, kuko avuga ko atazi icyabimuteye. Abatemwe bo kugeza ubu barakivuza ibyo bikomere.
Umwanzuro w’urukiko rwo mu gihugu cya Iran wo guhanisha umugabo guha umugore we indabo 777 z’amaroza watumye umugore ahindura icyemezo cye cyo kuregera ubutane.
Abagore bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bibumbiye mu ishyirahamwe “Abaharanira Amahoro” biyemeje gukangurira abantu batandukanye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo nabo babashe kwishyira hamwe biteza imbere.
Imodoka ya taxi minibus itwara abagenzi yagonganye na FUSO mu murenge wa Nyakiriba, mu karere ka Rubavu mu ma saa tanu za mu gitondo tariki 13/07/2012 abantu batanu bahita bitaba Imana abandi 14 barakomereka.
Hari uturere twaranzwe no guhiga imihigo idafatika mu gihe utundi twananiwe gukora iganamigambi rihamye; nk’uko bigaragara muri raporo y’abari bashinzwe gukora igenzura ku mihigo mu turere.
Nyuma y’uko haje abantu bashaka kwiyitirira Young Grace kugira ngo bamusebye bamubuze amahirwe yo gukomeza gutorwa muri PGGSS 2, ngo haje n’abashaka kumwinjirira muri konti yari asanzwe akoresha bituma ahitamo kuzifunga zose asigarana imwe gusa.
King James, umwe mu bahanzi bane basigaye muri PGGSS 2 afite ubwoba bwinshi mu gihe ejo kuwa gatandatu tariki 14/07/2012 ari bwo hazamenyekana abandi bahanzi babiri bazasezererwa abandi babiri bagakomeza.
Sasha Kennedy, Umwongerezakazi w’imyaka 26 y’amavuko, anywa litiro 25 z’amazi buri munsi. Ibi bivuze ko anywa hejuru ya litiro imwe y’amazi mu isaha.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yemeza ko sosiyete zikora itumanaho mu Rwanda zishobora kuzamura ubukungu bw’igihugu, mu gihe zaba zigejeje serivise zitanga ku baturage bose.
Nkundabagenzi Célèstin w’imyaka w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Karambi, Akagali ka Mbuye, Umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza basanze umurambo we munsi y’isambu ye yapfiriye mu mugende unyuramo amazi.
Ubwo Mukaremera Béatrice na Mukamugema batuye mu karere ka Nyanza barwanaga mu ijoro rishyira tariki 12/07/2012 bapfa amafaranga y’ubukode bw’inzu, umwe yafashe isuka ashaka kuyikubita undi ifata umwana wari hafi yabo iramukomeretsa.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye ibimenyetso birimo amajwi y’ibiganiro Ngirabatware yagiranye n’amaradiyo atandukanye igihe yari hanze y’igihugu hagati ya tariki 23/04 na 23/05/1994.
Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari basinye amasezerano yo gushyiraho ingabo zo guhashya imitwe yitwaza intwaro ihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Mu nama yiga ku ikoreshwa ry’umutungo kamere n’ibiribwa ku isi, Perezida Kagame yatangaje ko hacyeneye ubufatanye bw’abashoramari mu kuzamura ibihugu bikiri mu nzira y’iterambere mu gukoresha neza umutungo kamere n’ubuhinzi kugira ngo abaturage bashobore kugira imibereho myiza.
Umugore witwa Pauline Potter wo muri Leta ya Carifilonia muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yategetswe n’umuganga gukora imibonano mpuzabitsina byibuze inshuro 7 ku munsi kugira ngo abashe kunanuka.
Kagabo Isaa na Simba Honoré, bamwe mu basifuzi mpuzamahanga bamaze kugira inararibonye nibo Banyarwanda bazasifura mu mikino ya ‘CECAFA Kagame Cup’ izatangira ku wa gatandatu tariki 14-28/7/2012 i Dar Es Salaam muri Tanzania.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatumije Jean marie Ntagwabira watozaga Rayon Sport ngo asobanure bimwe mu byo yabwiye abanyamakuru mu kiganiro yagiranye nabo nyuma yo gusezera muri iyo kipe.
Mu murenge wa Rugabano mu karere ka Karongi, ubuyobozi bwahaye umwarimu inyana y’ikibamba nk’ishimwe kubera imyaka 38 amaze yigisha mu mashuli abanza.
Mu gitondo cya tariki 12/07/2012, Polisi ikorera mu karere ka Gakenke yataye muri yombi abantu 10 batuye mu murenge wa Kamubuga, akarere ka Gakenke bafatanwe amakarito 12 n’imifuka itatu y’inzoga ya “African Gin”. Mu gitondo cy’umunsi wabanje, umusore w’imyaka 28 nawe yarafunzwe azira kwiba inkavu 10.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 y’abahungu yatahukanye igikombe mu marushanwa yahuzaga amakipe y’ibigo by’amashuri yisumbuye ndetse n’ayigisha umupira w’amaguru (Youth Sports Festival Soccer Tournament), yaberaga i Cleveland, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, aravuga ko ikigero cy’ikawa u Rwanda rwohereza ku isoko mpuzamahanga kikiri hasi, ugereranyije n’ibindi bihugu byo muri aka karere aho Uganda ariyo iza ku isonga.
Akagari ka Mucyimba ni ko kaje ku isonga mu imurikabikorwa ry’umwaka 2011-2012 ry’utugari icyenda rugize umurenge wa Rugabano, akarere ka Karongi. Uwo muhango wo kumurika ibikorwa by’umurenge (open day) wabaye tariki 12/07/2012.
Umugabo w’Umunyamerika wubatse yatunguwe no kumva ubuzima bwamuhindukanye ubwo yajyaga kwa muganga bakambubwira ko ari umugore mu gihe yari azi ko ari umugabo kuva mu bwana bwe.
Abapolisi bari ku izamu ahitwa Rajasthan mu majyaruguru y’Ubuhinde batunguwe no kubona umugabo wari ufite umutwe w’umuntu mu ntoki ngo aje kwirega ko yaciye umukobwa we umutwe amuhora ibyo yise imyitwarire mibi.
Abakozi ba gereza ya Remera baratangaza ko iyi gereza yagaragayemo abacungagereza bane banduye igituntu ariko bakagira ikibazo cy’uko baba batemerewe kuvurirwa muri gereza.
Mu banyeshuri 922 barangije mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi ikoranabuhanga n’ubumenyi rya Kibungo (INATEK) bahawe impamyabumenyi zabo tariki 12/07/2012, abarenga kimwe cya kabiri ni abari n’abategarugori. Basabwe gukoresha ubumenyi mu kwihesha agaciro mu byo bazaba bakora byose.
Imbaga y’abacuruza n’abahahira mu isoko rikuru rya Rwamagana ifite ibyago byinshi byo kwandura indwara zikomeye kuko hari abacuruza ibiribwa binyuranye ku musarani w’iryo soko.
Sena y’u Rwanda yemeye umushinga w’itegeko rishyiraho ibigenerwa abanyapolitiki birimo amafaranga yo kwakira abashyitsi, koroherezwa mu ngendo ndetse no kubona amacumbi kuri bamwe; byiyongera ku mishahara bahabwa izazamuka guhera muri uku kwezi kwa Nyakanga.
Raina Luff ukomoka muri komini ya Waterloo mu Bubiligi ubu akaba atuye mu karere ka Muhanga, araregera indishyi z’amafaranga miliyoni 32 kubera ko abantu 10 bakoranaga muri komite y’umushinga wakoreraga muri Centre Culturel ya Gitarama bamusebeje.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yabaye tariki 11/07/2012 yafashe ingamba zo kwegera abaturage bakabasobanurira uko bakwiye kwitwara ngo birinde impanuka y’umuriro cyane cyane muri ibi bihe by’impeshyi.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gatsibo hamwe n’izindi nzego zifite ibyo zikora muri ako karere ziramurikira abaturage ibyo zibagezaho mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa uburyo bagera kubyo bifuza mu iterambere n’imibereho myiza.
Abaturage batuye umurenge wa Butare mu karere ka Rusizi barasaba inzego zibishinzwe ko zabakura mu bwigunge baterwa no kutumva radiyo cyangwa ngo barebe television dore ko nta muriro w’amashanyarazi bagira.
Mu gihe hari abaturage bavuga ko impfu za hato na hato z’inka mu karere ka Kayonza ziterwa nuko abavuzi b’amatungo batazitaho, veterineri w’akarere avuga ko izo nka zapfuye zizize indwara kimwe n’uko n’irindi tungo ryapfa.
Icyumba cyihariye cy’urukiko rusesa imanza mu Bufaransa cyemeje ko Claude Muhayimana atazoherezwa mu Rwanda kubera ko ngo ubutabera bwo muri icyo gihugu biziteye umutekano we mu Rwanda.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda ruri mu myiteguro yo kwakira Inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bikoresha Igifaransa izaba tariki 17-19/12/2012.
Perezida Paul Kagame ari mu bitabiriye inama yari igamije kuganira uburyo abagore n’abakobwa miliyoni 120 bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bagerwaho na gahunda zo kuboneza urubyaro.
Uwahoze ari ikirangirire mu mupira w’amaguru, Diego Armando Maradona, yasezerewe n’ikipe ya Al Wasl yo muri Leta Zunze Ubumwe bw’Abarabu yari amaze umwaka umwe atoza.
Imbogo 30 zimaze iminsi ibiri ziri mu baturage bo mu mudugudu wa Mucucu mu murenge wa Murundi n’abo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili nyuma yo kuva muri pariki y’Akagera zikabura uko zisubiramo kubera uruzitiro rurimo kubakwa.
Ubwo korali Abagenzi yibukaga abahoze ari abaririmbyi bayo bazize Jenoside mu karere ka Ruhango, tariki 08/07/2012, nta baturage baje kwifatanya nayo ndetse ngo n’umuyobozi wahageze ntiyafashwe uko bikwiye.
Umusore witwa Murwanashyaka Faustin, ubwo yavaga ku Gisenyi ataha iwabo mu karere ka Nyamagabe, yageze muri gare ya Muhanga ahahurira n’abatekamutwe batatu bamutwara amafaranga ibihumbi 41 na telephone ntiyarabukwa.
Urugereko rw’ubujurire bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze ubujurire bwasabaga ko Ladislas Ntaganzwa natabwa muri yombi atakoherezwa kuburanira mu Rwanda.
Tariki 11/07/2012 abagize komite nyobozi y’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyanza bakoranye inama yo kunoza imyiteguro y’imyaka 25 uwo umuryango umaze ushinzwe.