Kwiyandikisha muri Rwanda Christian Film Festival birakomeje

Kwiyandikisha mu iserukiramuco rya gikirisito (Rwanda Christian Film Festival) rigamije kuzamura uruhando rwa filimi za gikristu no kurushaho guteza imbere ivugabutumwa, birakomeje bikazarangira tariki 20/10/2012.

Filime zakirwa ni filime za gikirisito gusa kandi ziturutse mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba u Rwanda ruherereyemo (EAC); nk’uko bitangazwa na Mwungura Chris Reagan uhagarariye Dreamland Ltd ari nayo itegura iri serukiramuco.

Ibisabwa mukwiyandikisha ni Copyright ya filime yawe, fotokopi y’indangamuntu ukitwaza na kopi eshatu za filime yawe.

Mwungura Chris Reagan uhagarariye Dreamland Ltd.
Mwungura Chris Reagan uhagarariye Dreamland Ltd.

Kwiyandikisha bikorerwa muri Centenary House muri etage ya 6 aho UA (United Africa) TV ikorera cyangwa se i Gikondo Merez kuri studiyo za Dreamland.
Ku bindi bisobanuro wabandikira kuri e-mail: [email protected].

Iri serukiramuco rifite insanganyamatsiko igira iti: ‘‘Dream For the Future’’ rikaba rizafungurwa kumugaragaro kuri Zion Temple Celebration Center tariki 02/11/2012 rigasozerezwa kuri Serena Hotel tariki 11/11/2012 hanatangwa ibihembo (Awards).

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

hello! is it possible to hav chris’ email address?

barbie yanditse ku itariki ya: 20-10-2012  →  Musubize

Comment pour ai-je avoir le information d’inscription pour votre festival?

Daniel PALUKU yanditse ku itariki ya: 20-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka