Nyabihu: Imidoka yagonze umwana ahita ahasiga ubuzima

Dukuzimana Claire w’imyaka 6 yitabye Imana agozwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser saa moya n’igice z’igitongo cyo kuri uyu wa 08/10/2012.

Iyo modoka yavaga Rubavu yerekeza Kigali naho uyu mwana yambukiranyaga umuhanda ajya kuvoma; nk’uko se Harerimana Jean Pierre yabidutangarije. Iyi modoka yamugonze arimo kwambukiranya umuhanda.

Se wa nyakwigendera avuga ko imodoka yamugonze agiye ku mugezi kuvoma.
Se wa nyakwigendera avuga ko imodoka yamugonze agiye ku mugezi kuvoma.

Nyakwigendera yari mwene Uzamukunda Chantal na Harerimana Jean Pierre, batuye mu kagari ka Rurengeri mu mudugudu wa Rutovu aho bakunze kwita ku rugabano, mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu.

Mbere yo kumushyingura, umurambo we wabanje kwerekezwa kwa muganga ngo ukorerwe autopsie.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Abashoferi nibagabanye umuvuduko kuko nibatagabanya baratumara nkuriya mwana wa NYABIHU biravugwako imodoka yarifite umuvuduku mwinshi iyo azakuba agenda gake yashoboraga guhagarara cg akamukozaho umwana ntapfe

Rene Clever Niyonzima yanditse ku itariki ya: 10-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka