Nyuma y’iminota 60 ikinwa mu bice byombi by’imikino mu marushanwa “Umurenge Kagame Cup” mu bakobwa, amakipe yombi yarangije anganya ubusa ku busa hitabazwa za penaliti, Nyamabuye itsinda Rubengera 7 kuri 6.

Iyi ntsinzi ihesheje ikipe y’abakobwa y’Umurenge wa Nyamabuye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya umwanya wa gatatu kuko n’umwaka ushize yari yawutwaye.


Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamaliya Beatrice avuga ko kugera kuri uyu mwanya byatewe no gutegura neza ikipe y’abakobwa kuko bagiraga n’umwiherero wo kuganira ku bitagenda bigashakirwa ibisubizo.


Kuba ikipe imaze imyaka ibiri igarukira muri ½, Uwamaliya avuga ko hagiye gutegurwa abakinnyi bakomeye kuko ikipe isanzwe usanga harimo n’abakuru badafite umuvuduko wo gukina kugera ku mukino wa Nyuma.
Agira ati, “kubona intsinzi ni ukubiharanira, umwaka utaha tuzinjiza abakinnyi bashya kuko harimo abagenda bananirwa, kugarukira aha hari amasomo twabonye kandi tugiye gutegura hakiri kare kugira ngo tuzitware neza”.

Muri aya marushanwa kandi yasojwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe y’abahungu y’Umurenge wa Cyanika yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Umurenge wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi igitego 1-0.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Nabajije impamvu mutubwira izabaye iza gatatu ntitumenye izatwaye ibikombe nizabaye iza kabiri.
congz CYANIKA keep it up
Rucukura yarashaje. Cyanika oyeeeee. Imiyoborere myiza Cyanika oyeee.Dufite Abayobozi bitanga
Cyanika oye! Ese Rucukura yaba yakinye cyangwa yarashaje ntagikina. Yari azi umupira!
Cyanika ya Nyamagabe oyeeeee!!!
Byiza cyane. Congs brothers.
nyamabuye oyeee!!! oyeee!!! oyeee!!! ariko munafashe muhanga