Ibisigo no kwandika indirimbo ni inganzo yanganje maze intera guhanga - Umusizi Rumaga

Junior Rumaga avuga ko guhanga ibisigo ndetse no kwandika indirimbo ari inganzo yamuganje imutera gukomeza gusigasira umuco nyarwanda.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Kigali Today, Junior Rumaga avuga ko ubuhanzi bwe nta muntu nyirizina yavuga yabukomoyeho ahubwo ko ari ingabire y’Imana.

Junior Rumaga
Junior Rumaga

Ati “Nta muntu navuga ko nakomoyeho iyi nganzo yanjye ni impano Imana yampaye”.

Rumaga avuga ko ubu yamaze kumurika ibisigo bigera kuri 20, umuzingo wa mbere akaba yarawitiriye ababyeyi, by’umwihariko nyina.

Mu mvugo ye yuje ubusizi, yakomeje avuga ko kuba afite inganzo y’ubusizi ari kimwe mu bintu bizasigasira umuco nyarwanda.

Ati “Erega na kera byahozeho mu muco wacu kugira ngo amateka atazibagirana duhanga kugira ngo n’abazadukomokaho bazasange twarasigasiye umuco mu kiragano twabayeho twubakiye ku by’abatubanjirije”.

Yavuze ku gisigo cye cyitwa “Umugore si umuntu” asobanura ko yari agamije kugaragaza ububasha n’ubushobozi umugore yifitemo ndetse n’inshingano nyinshi abazwa n’uburyo yifitemo imbaraga zo gukora byinshi icyarimwe kandi abandi bamubona nk’umunyantege nke.

Rumaga avuga ko mu bisigo bye hari ibikubiyemo ubuzima bwe kandi harimo n’igisigo gisingiza umubyeyi we.

Yavuze ko impamvu umuzingo w’ibihangano bye (Album) yawise ‘Mawe’ bifite aho bihuriye n’amateka y’umubyeyi we kubera akamaro yamugiriye mu buzima bwe.

Rumaga mu busizi bwe ajya afatanya n’abandi bahanzi basanzwe bazwi mu muziki nyarwanda cyane mu muziki.

Mu bisigo bikubiye kuri Album ye hari ibyo yagiye akorana n’abahanzi nka Riderman, Bruce Melodie, Alpha Rwirangira, Alyn Sano, Bull Dogg, Yvan Buravan, Peace Jolis, Juno Kizigenza n’abandi.

Si aba bahanzi gusa kuko ari gukorana n’abasizi barimo Saranda Poetess, Tuyisenge Olivier, Dinah Poetess na Fefe Kalume mu cyo bise “Siga Rwanda”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Muraho neza na njye nifuzaga ko mwadufasha mukagana muntara cg mucyaro kuko hari impano nyinshi ziganjemo Ibisigo, Indirimbo,ubugeni nizindi zisigasira umuco Nyarwanda ziba zarabuze nuwazifasha kwitinyika

Ndiheraho nka njye iyo ndebye nisanga mfite impano yicyo nakwita Gusiga cg umuvugo mungeri zitandukanye naho nabyigiye nibintu njya kubona biraje ariko kuko ntaho mbona cg ntawe mfite wamfasha nogutinyuka nkasa nkucitse inege muribyo

Murakoze cyane Imana Ikomeze kubaha Ubuzima buzira Umuze

Gusa Nkunda Junior Rumaga mwigiraho byinshi pe ubwe buzire icyasha ndavuga Ubuzima

Shenge yanditse ku itariki ya: 6-03-2024  →  Musubize

Muraho neza na njye nifuzaga ko mwadufasha mukagana muntara cg mucyaro kuko hari impano nyinshi ziganjemo Ibisigo, Indirimbo,ubugeni nizindi zisigasira umuco Nyarwanda ziba zarabuze nuwazifasha kwitinyika

Ndiheraho nka njye iyo ndebye nisanga mfite impano yicyo nakwita Gusiga cg umuvugo mungeri zitandukanye naho nabyigiye nibintu njya kubona biraje ariko kuko ntaho mbona cg ntawe mfite wamfasha nogutinyuka nkasa nkucitse inege muribyo

Murakoze cyane Imana Ikomeze kubaha Ubuzima buzira Umuze

Gusa Nkunda Junior Rumaga mwigiraho byinshi pe ubwe buzire icyasha ndavuga Ubuzima

Shenge yanditse ku itariki ya: 6-03-2024  →  Musubize

Muraho neza ncuti nk’amaguru
mugire amahoro atangwa na
Gasani w’iRwanda
nshima ukuntu umuco nyarwanda ukomeje kwanda ino no hanze,kubera ubufatanye bw’abanyarwanda bo hanze n’imbere mugihugu

Igitekerezo
ese ko mubyaro binyuranye usanga mo impano zikomeye urugero ubusizi,ubugeni,ubwanditsi,... Kandi byose byafasha mugusigasira umuco wacu ngo hato tuzaba ico bitewe n’uduco twigaruriye urubyiruko dukomoka mumuco y’amahanga

None nigute izompano zasigasirwa?

ni Rusine Dominic ngoma,zaza

Murakoze mbifurije kubanza imizi mukaganza.

Rusine Dominic yanditse ku itariki ya: 28-06-2023  →  Musubize

MWAMAYE ISHOZA Y’INDIRIMBO

Eazzy boy yanditse ku itariki ya: 14-05-2023  →  Musubize

Turabakunda dukunda indirimbo za nyu

Muraggijimana donata fabiora yanditse ku itariki ya: 9-10-2022  →  Musubize

GUSIGASIRAIBIHANGANONYARWANDA

NIYONSENGADIYANE yanditse ku itariki ya: 15-08-2022  →  Musubize

Muzadukorere inkuru yumusizi bahate inocenti munatubarize iherezoryiwe kuko kuvayagenda ntiruzi aho yarengeye mumuhe intashyo ko tumukumbuye abakunzibiwe

Hagenimana Zakayo yanditse ku itariki ya: 9-08-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka