Ubwitabire bw’igitaramo cya Demarco bwari hasi

Igitaramo cy’umuhanzi w’Umunya-Jamaica, Collin Demar Edwards, wamamaye nka Demarco mu muziki wa Reggae na Dancehall, nticyitabiriwe kuko yasaga n’uwaririmbiye intebe zo muri BK Arena.

Igitaramo nticyitabiriwe
Igitaramo nticyitabiriwe

Abahanzi barimo Bushali wanabanje ku rubyiniro, Deejay Pius, Kivumbi, Ariel Wayz, Sintex, Spax, Dee RUG, Bishanya na Davy Ranks nibo bagituniwemo.

Abavanze umuziki bari Dj Marnaud, Dj Infinity, Dj Tyga, Dj Kagz, Nep Djs, cyayobowe n’abashyushyarugamba aribo Ange na MC Nario.

Benshi mu bacyitabiriye, bavugaga ko iki gitaramo cyazize kutamamazwa nk’ibindi, bigaragara ko uyu muhanzi atari yateguye bihagije mu Rwanda.

Demarco
Demarco

Ubusanzwe mu bitaramo biheruka kubera muri BK Arena yakubitaga ikuzura, mu gihe uyu muhanzi we bidasubirwaho akuye agahinda i Kigali.

Ubusanzwe iyo hari igitaramo giteganyijwe muri BK Arena, guhera mu masaha ya ku manywa haba hari urujya n’uruza rw’abantu i Remera, ariko nta n’inyoni yatambaga kugera mu masaha y’ijoro igitaramo gisoje.

Ubwitabire bwari bwiganjemo abanyamakuru n’abari bashinzwe imirimo muri icyo gitaramo.

Iki gitaramo Cyateguwe na Diamond League Entertainment.

Ariel Wayz
Ariel Wayz
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka