“Inkongoro y’umwana” hari abo ishobora gufungisha

Abayobozi b’ibigo by’amashuri y’inshuke n’abanza, baraburirwa ko kutita kuri gahunda y’ “Inkongoro y’umwana” bishobora kubaviramo gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.

Byatangarijwe mu nama bahuriyemo n’umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yagiranye n’abahagarariye ayo mashuri ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 21 Werurwe 2016.

Gahunda yo guha abana amata byagabanyije umubare wabata ishuri.
Gahunda yo guha abana amata byagabanyije umubare wabata ishuri.

Habiyambere Nathan ushinzwe gahunda y’inkongoro y’umwana mu kigo cya RAB ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, yavuze ko iyi gahunda ifite uburemere kimwe n’izindi gahunda zose guverinema y’u Rwanda ishyize imbere.

Yagize ati “Umuntu wese ukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda inyungu ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugeza kuri eshanu z’amafaranga yakoreshejwe nabi cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.”

Ndayambaje Nathan (Hagati) asobanura ingaruka zitegereje bamwe mu bayobozi bangiza nkana gahunda yo guha amata abana ku ishuri.
Ndayambaje Nathan (Hagati) asobanura ingaruka zitegereje bamwe mu bayobozi bangiza nkana gahunda yo guha amata abana ku ishuri.

Yatangaje ko ibi bihano biri mu ngingo ya 627 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Yatanze urugero rw’ikigo bakoreye igenzura bagasanga abana ari bo bayizanira, hanyuma ayagenewe gahunda y’Inkogoro y’umwana agakoreshwa mu kwakira abashyitsi babasuye ku kigo.

Ati “Urumva ko abo bamaze kwangiza icyo iyi gahunda yo guha abana amata ku ishuri igamije n’uburyo ishyirwa mu bikorwa.”

Bamwe mu bayobozi b'ibigo by'amashuli afite gahunda yo guha abana amata mu karere ka Nyanza.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuli afite gahunda yo guha abana amata mu karere ka Nyanza.

Habiyambere yaburiye buri muyobozi w’ikigo cy’ishuli gifite iyi gahunda ko bagomba kuyikorana ubunyangamugayo bitaba ibyo bikabagiraho ingaruka.

Abayobozi b’ibigo bo bagaragaje ko n’ubwo yhari abatubahiriza iyi gahunda, ariko ifitiye akamaro abana, kuko uretse kubafasha kugira ubuzima bwiza yanagabanyije umubare w’abana bata ishuli bitewe n’inzara.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka