Abaturage b’umudugudu wa Gakoma mu kagari ka Ruhunga mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyamagabe, bafashe umwanzuro wo kwikururira amazi bayakura muri kirometero zisaga eshatu bayageza muri santere yabo ya Gakoma.
Nyiransabimana Beata w’imyaka 35 utuye mu mudugudu wa Karambi mu kagari ka Ngiryi mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe arasaba uwaba abishoboye wese kumufasha kubona aho yaba hatamubangamiye hakwiranye n’ubumuga bwe.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko, by’umwihariko abakobwa, kwitabira gukoresha ikoranabuhanga kugira ngo rubashe kubona ku byiza byaryo.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert, arashimira urubyiruko rwibumbiye muri koperative ishinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima (Biocoop Rwanda) kuba rwarishyize hamwe ruhereye ku gukora ibintu bitoya no kubyaza umusaruro amahirwe aboneka iwabo, bakaba bamaze kugera ku ntambwe ishimishije.
Umushoramari usanzwe ufite hoteri “Golden Monkey” mu mujyi wa Nyamagabe agiye kubaka indi hoteli izitwa “Nyungwe back packers hotel” izaba ifite inyenyeri enye mu marembo ya pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ubukerarugendo, tariki 26/09/2013 hafunguwe ishuri rikuru ryigisha ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije (KCCEM) mu karere ka Nyamagabe.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, polisi y’igihugu ndetse n’akarere ka Nyamagabebashyize, tariki 23/09/2013, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka ikigo cyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (One stop center) hafi y’inkambi icumbikiye (…)
Umucuruzi Hatekimana uzwiho kugira amazu y’imiturirwa na Hotel Golden Monkey biri mu mujyi wa Nyamagabe tariki 23/09/2013 yagaragaye imbere y’urukiko rukuru, urugereko rwa Nyanza aregwa n’ubushinjacyaha uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu gace yari atuyemo.
Mutangana Fred w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu kerere ka Nyarugenge na Uwimana Claudine w’imyaka 20 wo mu karere ka Kicukiro, bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka iri mu Murenge wa Gasaka kuva tariki 19/09/2013 bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bukoresheje amayeri.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki 16/09/2013, inkongi y’umuriro yibasiye umusozi uriho ishyamba mu mudugudu wa Gatandaganya mu kagari ka Kibibi mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe baranenga bagenzi babo batitabira amatora nk’inshingano za buri Munyarwanda, bakaba basanga ubwo ari ubujiji ndetse no kugira imyumvire ikiri hasi.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’amajyepfo, Munyantwali Alphonse, yemeza ko FPR-Inkotanyi itigeze isondeka Abanyarwanda mu byiza byinshi imaze kubagezaho, bityo nabo bakaba bagomba kuyitora 100%.
Abaturage bakoresha umuhanda Gasarenda-Gisovu cyane cyane abatuye imirenge ya Mushubi na Nkomane yo mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko bashimishijwe no kuba iteme ryo ku mugezi wa Rwondo riri kubakwa ndetse rikaba ryenda kuzura, mu gihe bari bamaze igihe kitari gito bavogera.
Abaturage bagana serivisi zo kwandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere ku rwego rw’imirenge basanga hari ibikwiye guhinduka mu itangwa ry’izi serivisi kugira ngo zirusheho kunozwa ndetse zinatangwe ku gihe.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe burashimira abatuye uyu murenge uruhare n’ubwitange bakomeje kugaragaza mu kubaka ibyumba by’amashuri yigirwamo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ndetse no kwitabira umuganda muri rusange.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 31/08/2013, ubwo umuryango ba FPR-Inkotanyi ku rwego rw’akarere ka Nyamagabe wajyaga kwamamaza abakandida bawo ndetse n’ab’indi mitwe ya Politiki bafatanyije mu murenge wa Kitabi, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bemeje ko uyu muryango wagejeje byinshi ku Banyarwanda ubashakira iterambere.
Ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe (MUSA) kiratangaza ko icyumweru cyo kuwa 19-25 /08/2013 cyagenewe ubukangurambaga hagamijwe kuzamura umubare w’abaturage bitabira ubwisungane mu kwivuza cyatanze umusaruro ufatika.
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanslas Kamanzi avuga ko kuba umukandara w’ishyamba utandukanya pariki y’igihugu ya Nyungwe n’abaturage hagamijwe kubungabunga ubusugire bwayo utasarurwaga byari igihombo gikomeye ku Rwanda.
Uwintore Jean Bosco, umusore w’imyaka 16 ukora umwuga wo gusiga amarangi ku magare, gushyiraho indi mitako no kuyasana, yitangariza ko umubeshejeho nyuma yo kuba imfubyi ku babyeyi bombi.
Abaturage bajya gusaba serivisi mu Murenge wa Gasaka wo mu Karere ka Nyamagabe baratangaza ko babona imitangire ya serivisi muri uyu murenge ari myiza ngo kuko bakirwa neza kandi ibyifuzo n’ibibazo byabo bikakirwa bikanashakirwa ibisubizo.
Muyango Samuel w’imyaka 31 wo mu mudugudu wa Mugali mu kagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika wo mu karere ka Nyamagabe yatawe muri yombi kuri uyu wa 20/08/2013 akurikiranyweho gutema umugore we Uwizeyimana Pélagie tariki 18/08/2013.
Muyango Samuel w’imyaka 31 yatemye umugore we witwa Uwizeyimana Pélagie w’imyaka 34 mu rutirigongo, yitaba Imana agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kirambi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Ngwijabahizi Jean Claude w’imyaka 32 uvuga ko akomoka mu karere ka Kamonyi ariko akaba atuye mu mujyi wa Muhanga, yatawe muri yombi tariki 17/08/2013 mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe amaze gutekera umutwe umusore amwambura amafaranga ibihumbi 50.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (WFP), irishinzwe abana (UNICEF), irishinzwe ibiribwa n’ubuhinzi (FAO) ndetse n’irishinzwe ubuzima (WHO), agiye guhuriza hamwe ingufu mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi mu turere twa Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo ndetse na Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba mu gihe (…)
Benimana Emmanuel w’imyaka 42, wari umukuru w’umudugudu wa Muduha mu kagari ka Mutiwingoma mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe, kuri uyu wa mbere tariki 12/08/2013 yitabye Imana nyuma y’uko akubiswe mu mutwe n’umwe mu baturage yayoboraga witwa Bucyanayandi Pierre mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki 09/08/2013 mu masaha ya (…)
Yaramba Jean Marie Vianney wari umuyobozi w’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe ruherereye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 13/08/2013 aguye iwe mu rugo.
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi, aratangaza ko kubyaza umusaruro umukandara w’ishyamba utandukanya abaturage na pariki y’igihugu ya Nyungwe (buffer zone) bizatanga inyungu ku gihugu cy’u Rwanda muri rusange, ndetse n’abaturage bahaturiye by’umwihariko.
Abana bahagarariye abandi mu midugudu, mu tugari ndetse no ku rwego rw’umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe mu nama yabahuje tariki 9/8/2013 batangaje ko mu byo ihuriro ryabo rishyize imbere harimo guhangana n’imirimo mibi ikoreshwa abana.
Abaturage b’umurenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe bashimishijwe no kuba umwaka w’imihigo wa 2012-2013 warasize nabo babonye ikigo nderabuzima, dore ko mu mirenge 17 igize akarere ariwo wari utagifite wonyine.
Imiryango igera kuri itanu yo y’abasigajwe inyuma n’amateka mu kagali ka ka Mujuga mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yashyingiranywe imbere y’amategeko, kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.