Kuva tariki 22-28/07/2013 mu karere ka Nyamagabe hazatahwa ibikorwa byagezweho mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013, iki cyumweru kigasozwa n’isuzuma ry’imihigo rizakorwa n’itsinda riturutse ku rwego rw’igihugu.
Kuri uyu wa gatatu tariki 17/07/2013, inzego z’umutekano mu karere ka Nyamagabe zakoze umukwabu maze hafatwa litiro zigera kuri 2400 z’inzoga zinkorano zitemewe mu mugi wa Nyamagabe mu murenge wa Gasaka.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Umusaza witwa Semazuru Yohani w’imyaka 97 yasezeranye imbere y’amategeko n’umufasha we Mukantumwa Budensiyana w’imyaka 74 babanaga kuva mu mwaka 1963, bagamije kubahiriza amategeko ya Repubulika y’u Rwanda.
Abaturage batuye ahantu h’amanegeka hashobora kwibasirwa n’ibiza ku buryo bworoshye barashima gahunda ya Leta yo kubimura bagatura ku midugudu, ngo kuko baba barengeye ubuzima bwabo ndetse bakanatura ahegereye ibikorwa remezo by’ibanze cyangwa se aho byoroshye kubihageza.
Kuwa mbere tariki 08/07/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cyahariwe ibikorwa by’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), aho gereza ya Nyamagabe ifasha muri gahunda z’iterambere ry’akarere ariko n’abagororwa bakaba baratekerejweho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko bufite ingamba zo kurushaho gufata neza amashyamba no kuyabyaza umusaruro ngo akomeze kwinjiriza abaturage ndetse n’akarere, asarurwa mu buryo buboneye kandi ibiyakomokaho bikagurishwa mu buryo bufite umurongo.
Abagize koperative MAGNIFICENT ikora ibintu bitandukanye mu ifarini ikorera ahitwa Nyarusiza mu murenge wa Kamegeri bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi bakesha umwuga wabo haba buri muntu ku giti cye ndetse na koperative ubwayo.
Ku cyumweru tariki 30/06/2013, Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yarateranye yemeza ingengo y’imari aka akarere kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, iyi ngengo y’imari ikaba ingana na miliyari 10 miliyoni 805 ibihumbi 998 n’amafaranga 139.
Mwizerwa Patrick w’imyaka 28, wari ushinzwe ubworozi mu murenge wa Uwinkingi mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013 mu masaha ya saa tatu n’igice azize impanuka.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/06/2013, mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo gutaha no gushyikiriza minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibikorwa remezo byubatswe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ngo bifashe abaturage bo mu murenge wa Kamegeri na Gasaka.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’impunzi wabereye mu nkambi ya Kigeme tariki 20/06/2013, impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi zasabye ko hakorwa ibishoboka byose amahoro akagaruka iwabo maze zigataha.
Kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013, mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro uruganda ruciriritse rukora Kawunga ndetse rukanatunganya amafu anyuranye rwa koperative Twisungane yagezweho ku nkunga ya RDB.
Faustin Munyakazi, ukorera umwuga w’ubuvumvu mu nkengero za Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi, aratangaza ko amaze guteza imbere urugo rwe n’imibereho y’abarugize kubera uwo mwuga uzwi ku izina ry’ubuvumvu.
Koperative yitwa Friends of Nyungwe (inshuti za Nyungwe) ikorera mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe yakoze umushinga w’ubukerarugendo bushingiye ku muco w’u Rwanda (Kitabi Cultural Village) werekana bimwe mu byarangaga ubuzima bw’Abanyarwanda bo ha mbere ndetse na bimwe mu bigaragara ubu.
Abaturage batuye mu kagali ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe, batashye ivuriro riciriritse (Poste de Santé) biyubakiye, nyuma yo kubona ko kugera ku kigo nderabuzima bitari biboroheye kubera ikibazo cy’umuhanda.
Kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, imwe mu miryango yabanaga mu makimbirane mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe yatangaje ko yamaze gufata umwanzuro wo kwisubiraho ikiyemeza kubana neza.
Hagamijwe ko amafaranga aturuka mu bukerarugendo yajya agera mu baturage mu buryo bwihuse, ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyagennye ko 5% by’amafaranga aturuka mu bukerarugendo azajya afashishwa amakoperative akora ibikorwa biyateza imbere ariko anarengera ibidukikije na za pariki.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) na Leta y’u Rwanda, mu kagari ka Kigeme mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hagiye kubakwa ikigo kizaba gifite inshigano zo gukumira ndetse no gufasha abazaba bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu kwita ku mibereho myiza n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umwana, biyemeje gufatanya no gushyira ingufu hamwe mu guhangana n’ikibazo cy’abana bata imiryango ndetse n’amashuri bakajya mu dusantere dutandukanye kuba inzererezi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Dr Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abasura inzibutso za Jenoside kutabikora nk’umuhango gusa kuko gusura izi nzibutso ari kimwe mu bishimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Nyamagabe bari kurebera hamwe uburyo umwanzuro wo gutunganya umudugudu w’icyitegererezo mu iterambere rikomatanyije bahuriyeho (JADF IDP Model Village) bafatiye mu rugendo shuri bagiriye mu karere ka Rubavu washyirwa mu bikorwa.
Umuganda rusange ngarukakwezi usoza ukwezi kwa Gatanu wabaye tariki 25/05/2013 wahujwe no gutangiza icyumweru cyahariwe kubungabunga ibidukikije kizarangira tariki 05/06/2013 gifite insanganyamatsiko igira iti: “Tekereza, Urye unibuka kuzigama”.
Kuri uyu wa gatatu tariki 22/05/2013, urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwagejejweho ibiganiro mu cyiswe Youth Connect Dialogue hagamijwe gutanga ubutumwa ku kubaka u Rwanda ruzira Jenoside binyuze mu ndirimbo, ubuhamya ndetse no mu biganiro.
Mu gihe hategurwa umuganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu uzaba tariki 25/05/2013, raporo y’umuganda usoza ukwezi kwa kane wakozwe tariki 27/04/2013 igaragaza ko imirimo yakozwe ndetse n’ubwitabire bw’abaturage byagize agaciro k’amafaranga miliyoni 12 ibihumbi 416 n’amafaranga 900.
Mu nama ya komite ishinzwe imiturire mu karere ka Nyamagabe yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, hafashwe ingamba zo kwihutisha ibikorwa byo kwimura abaturage batuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza mu buryo bworoshye bagatuzwa mu midugudu hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Ubwo umuhanzi Eric Senderi “international hit” yari mu karere ka Nyamagabe mu gitaramo cya Primus Guma Guma Super Star 3 tariki 18/05/2013, yongeye kugaragaza kwiyegereza abafana b’ikipe ya Rayon Sports ngo bamutore.
Ubuyobozi bwa gereza ya Muhanga n’abacungagereza bagera kuri 54 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi ruri mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kurushaho gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko mu bo bashinzwe kugorora harimo n’abakoze Jenoside.
Abaturage bibumbiye muri koperative bazakorera mu nyubako (Selling point) akarere ka Nyamagabe kari kubaka muri santere y’ubucuruzi ya Kitabi mu murenge wa Kitabi, baratangaza ko gukoreramo bizabafasha kunoza umwuga wabo, kubona isoko ndetse no guca akajagari kajyaga kaboneka muri iyi santere.
Akarere ka Nyamagabe kujuje inzu mberabyombi izajya yifashishwa mu gukorana inama n’abantu bari ahantu hatandukanye hifashishijwe ikoranabuhanga (video conference) ndetse n’inama zisanzwe, kubaka iyi nzu bikaba ari umwe mu mihigo akarere kari karahize mu mwaka wa 2012-2013.
Nyuma y’igihe gito hatowe ubuyobozi bushya mu itorero pantekote mu Rwanda (ADEPR), kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013, ubuyobozi bukuru bwa ADEPR bwasuye itorero ry’akarere ka Nyamagabe mu rwego rwo kumenyana n’abakirisitu no kubashimira icyizere babagiriye babashinga umurimo wo kuragira intama z’Imana, ndetse no kuganira (…)