Kweli Alexandre w’imyaka 23 uherutse kwica umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, kuri uyu wa mbere tariki ya 23/12/2013, yaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Kizimyamuriro mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Horizon, yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa 18/12/2013 mu mudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Nyamugari mu murenge wa Gasaka wo mu karere ka Nyamagabe ariko Imana ikinga ukuboko ntihagira uhasiga ubuzima.
Akarere ka Nyamagabe kemeje ko guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha hazatangira kubahirizwa amabwiriza adasanzwe yo gucunga umutekano ngo hatagira umuturage n’umwe uzongera guhutazwa no kwamburwa utwe kandi ngo Inkeragutabara zikazaba ku isonga y’iyo gahunda kubera ubumenyi n’uubunararibonye zifite.
Ubwo Intore zo mu karere ka Nyamagabe zasozaga icyiciro cya mbere mbere cy’urugerero cyigizwe no gutozwa wabaye kuwa gatandatu tariki ya 14/12/2013, zasabwe kuzarangwa n’ibikorwa bifite intego mu cyiciro cy’urugerero cyizakurikiraho kuko ari bwo zizatanga umusaruro Abanyarwanda bazitegerejeho.
Abaturage 302 babaga muri gahunda yitwa VUP isanzwe ifasha abatishoboye mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bagiye kubaka uruganda rutunganya ibigori rukoramo kawunga kugira ngo ruzabafashe gukomeza kwiteza imbere kuko bemeza ko batagikeneye gufashwa ahubwo bahagurukiye iterambere rirambye.
Mu gihe abahinzi ba Kawa bo mu murenge wa Kibilizi bakorana n’uruganda rutunganya kawa rwa KOAKAKA bahangayikishijwe no kuba badahabwa ifumbire nk’uko bisazwe bigenda bikaba bishobora kuzagira ingaruka ku musaruro wabo, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko bugiye gukurikirana imiterere y’iki kibazo.
Ku bufatanye n’ingabo z’igihugu, umuryango uharanira inyungu rusange wa JHPIEGO n’ikigo nderabuzima cya Nyamagabe, abantu bagera kuri 828 babashije guhabwa serivisi zo kwikebesha (kwisiramuza) ku buntu, kuva tariki 18-29/11/2013.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo, Izabiliza Jeanne, arasaba urubyiruko rwitabiriye urugerero, igice kibanza cyo gutozwa kuzabyaza umusaruro amahirwe bagize yo gutozwa ngo kuko agirwa na bake.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EACSOF) riratanga amahugurwa ku bahagarariye abandi mu karere ka Nyamagabe hagamijwe gushimangira uruhare rw’abaturage mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC).
Abasoje amashuri yisumbuye muri uyu mwaka bagera ku 1200 batangiye itorero ry’igihugu mu ishuri rya TTC Mbuga riherereye mu murenge wa Uwinkingi no mu ishuri ry’ubumenyi rya Nyamagabe (ES Nyamagabe) ribarizwa mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Ubwo isiganwa ry’amagare rya “tour du Rwanda” ryageraga bwa mbere mu karere ka Nyamagabe Kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013, ryashimishije abaturage cyane bakaba ngo barasanze bari barahejwe ku byiza.
Mu mwiherero wahuje abayobozi ku nzego zitandukanye mu karere ka Nyamagabe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, hagaragayemo abantu basabye imbabazi mu izina ryabo ndetse n’iry’abandi ku ruhare bagize mu guhembera amacakuburi no mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 16/11/2013, abantu 50 baturuka mu mirenge ya Gasaka, Cyanika, Tare, Kibilizi na Kamegeri basoje amahugurwa y’iminsi itanu kuri hanga umurimo, aho bigishwaga gutegura imishinga bagamije kwihangira imirimo.
Kuri uyu wa kane tariki ya 14/11/2013, urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwategetse ko Uwamahoro Dative na Mukeshimana Claudine bakurikiranyweho urupfu rwa Kaporari Minani François (umugabo wa Uwamahoro) baba bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje ku byaha baregwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20 kizagera imitungo y’abarokotse Jenoside ifitwe n’abandi yarahawe bene yo, ndetse n’imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zose zararangijwe.
Uwamahoro Dative w’imyaka 30 wo mu murenge wa Musange mu kagari ka Masangano mu mudugudu wa Kibumba ukurikiranyweho kwica umugabo we witwaga Minani François akamuta mu bwiherero hagashira umwaka bitaramenyekana, yageze imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 13/11/2013 aburana ifungwa (…)
Icyumweru gitaha akarere kagihariye umutekano n’uruhare rw’abaturage mu kuwucunga (Security and community policing week). Bikaba mu gihe aka karere kari mu kwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangijwe kuva tariki 5/11/2013 kugeza tariki 12/12/2013.
Imirimo yo gukora umuhanda uturuka mu mujyi wa Nyamagabe werekeza mu murenge wa Musange wari utegerejwe na benshi irarimbanyije.
Kuri uyu wa kane tariki ya 07/11/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yageneye abagize komite z’ibigo nderabuzima mu turere twa Huye na Nyaruguru, aho bazaba bahugurwa ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ndetse n’uburenganzira bw’ibyiciro byihariye.
Kuri uyu wa 06/11/2013, Imboni z’ikoranabuhanga mu mirenge 17 igize akarere ka Nyamagabe zasoje amahugurwa y’iminsi ibiri yari agamije kuzifasha gukarishya ubwenge mu ikoranabuhanga, zisabwa gufasha abandi mu mirenge zikoreramo nabo bakarikoresha mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki 05/11/2013 hagati ya saa mbiri n’igice na saa tatu, gerenade yaturikanye umwana w’umuhungu w’imyaka 17 witwa Emmanuel Habonimana imuca ikiganza cy’ibumoso, inamukomeretsa intoki ku kiganza cy’iburyo no ku kaguru, bikaba byabereye ahitwa mu Kabeza mu kagari ka Nyamugari mu murenge (…)
Uwimana Joyce w’imyaka 37 ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gasaka akurikiranyweho gukubita igiti murumuna w’umugabo we witwa Ngayabahiga Sylvestre w’imyaka 44 mu masaha ya saa sita z’ijoro rishyira tariki ya 31/10/2013 akitaba Imana.
Mukeshimana Thacienne wo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Tare aratangaza ko yahisemo kuba “mucoma” (umuntu wotsa inyama mu kabari) mu kabari ke kugira ngo abashe gutanga serivisi nziza ku bakiriya be.
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Nyuma yo kumara imyaka irenga ibiri abaturage b’imirenge ya Mushubi na Nkomane batorohewe no kwambuka umugezi wa Rwondo ubatandukanya kuko ikiraro cyaho cyari cyarasenyutse bigasaba kuvogera, abatuye iyi mirenge bavuga ko kuba iki kiraro kigiye kuzura ari inkunga ikomeye mu iterambere ryabo.
Nyuma yo kubona ko kuba umuhanda uhagana udatunganye ari imbogamizi ku iterambere ryabo, abaturage b’akagari ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe bafashe umwanzuro wo kuwikorera binyuze muri gahunda y’ubudehe.
Urubanza Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere, aregwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwari kuburanishirizwa mu rukiko rukuru urugereko rwa Nyanza tariki 22/10/2013 rwasubitswe kubera impamvu z’iperereza urukiko rukomeje gukora.
Abakoresha umuhanda Huye-Kitabi barasaba inzego zibishinzwe ko zatabara mu maguru mashya zigasana uyu muhanda ingendo zitarahagarara, cyane cyane ahitwa mu Gakoma hashize hafi imyaka ibiri haracitse bikabije ku buryo imvura nyinshi iguye hazashiraho burundu.
Jean Pierre Ndagijimana wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke weguye ku mirimo ye, yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17/10/2013, akurikiranwaho kuba yarakoresheje ububasha yari afite agaha isoko Sosiyete yari afitemo inyungu.