Umuryango “Hope for Rwanda” ukorera mu karere ka Gasabo ibikorwa byo kwita ku bana baterwa inda zitateganyijwe, urabakangurira kumenya amategeko abarengera ntibakomeze guhohoterwa.
Kuri uyu wa 15 Werurwe 2017, polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 18 bafatiwe mu bikorwa byo kunywa no gucuruza urumogi, bakaba bafungiye kuri Station ya Polisi ya Nyamirambo. Bafatanywe ibiro bigera kuri 300, bifite agaciro kagera kuri Miliyoni 6Frw.
Ubwikorezi mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) buracyarimo ibibazo birimo gutinda ku mipaka ariyo mpamvu harimo gushakishwa uko byavanwaho.
Abafasha b’abaganga mu ngo barahamagarirwa kugira ubwitange n’urukundo bityo bakita uko bikwiye ku barwaye indwara zitandura kandi zidakira.
Ubwo Kaminuza ya Kigali (UoK) yatangaga impamyabumenyi ku bayirangijemo hari bamwe bazibuze ku munota wa nyuma nyamara bari baje biteguye kuzitahana.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 9 Werurwe 2017, IPRC Kigali yakoze umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri 660, basoje amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro muri iri shuri mu mwaka w’amashuri wa 2016.
Banki ya Kigali (BK) itangaza ko yabonye inyungu ya Miriyari 20.8Frw mu mwaka wa 2016 ngo ikaba yarabigezeho ahanini kubera ubwiyongere bw’inguzanyo zatanzwe.
Banki ya Kigali (BK) yatangije gahunda yise BK Urumuri yo kwakira imishinga y’urubyiruko ibyara inyungu, izaba ikoze neza kurusha iyindi ikazahabwa inguzanyo izishyurwa hatiyongereyeho inyungu.
Abanyeshuri biga muri Groupe Scolaire Muhoza II muri Musanze, bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda arimo n’aya Jenoside bibafasha kubaka ejo hazaza.
U Rwanda rwazigamye Miliyoni 125 ku mafaranga yatangwaha ku ngendo z’akazi zijya mu mahanga, kuko zagabanyijwe nk’uko byifujwe mu mwiherero w’abayobozi w’umwaka ushize.
Ikigo cyitwa “Aqua” gikomoka mu gihugu cya Danemark, kigiye gukemura ikibazo cy’ibura ry’ibiryo by’amafi, cyatumaga umusaruro wayo uba muke.
Inzego zitandukanye zita ku buzima zirakangurira Abanyarwanda gukomeza kurwanya akato gahabwa abafite virusi itera SIDA kuko nabo ari abantu nk’abandi.
Abaturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo ahakorerwa ubuhinzi bwa Stevia, bahamya ko uyu mushinga wabarinze ubushomeri bibafasha kwiteza imbere.
Abakozi bo mu ngo bari bamaze imyaka ibiri bahugurwa ku bintu bitandukanye bikenerwa mu buzima, bemeza ko kwizigama ari inzira izabafasha kwiteza imbere.
Abahanga mu by’imiti (Pharmacists) bibumbiye mu ihuriro ryabo bise ‘RCPU’, baritezeho ibisubizo by’ibibazo bahuraga na byo, ngo kuko rizabafasha kungurana ibitekerezo biganisha ku iterambere ryabo.
Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bagiranye ibiganiro bigamije kureba icyakorwa ngo hongerwe ingufu mu bufatanye basanganywe mu gukumira ibyaha.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), itangaza ko n’ubwo umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) utazamutse muri 2016, ubukungu bw’igihugu buhagaze neza.
Igikorwa cyo gusuzuma abana basa n’aho batarwaye (Medical Checkup) ngo gituma hagaragara uburwayi ababyeyi batabonaga bityo umwana akavurwa atarazahara.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda yiswe Digital Ambassadors, izatuma Abanyarwanda bagerwaho n’ikoranabuhanga biyongeraho miliyoni eshanu.
Imishinga ine ijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko yatsinze irushanwa rya iAccelerator ryateguwe na Imbuto Foundation, yahembwe amadorari ibihumbi icumi, asaga miliyoni umunani buri umwe.
Umuryango wita ku bana, Save The Children, watangije gahunda izatwara Miliyari 2.5Frw, yo kongera imbaraga mu bikorerwa umwana hagamijwe gukomeza kubahiriza uburenganzira bwe.
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.
Ikigo cy’itumanaho, MTN Rwanda ku bufatanye na Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA), cyatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bacyo amafaranga hifashishijwe telefone.
Abakurikirana iby’ubuzima bavuga ko icyorezo cya SIDA kigihari, bagakangurira urubyiruko n’abandi bantu gukomeza gukoresha agakingirizo ngo bayirinde banakumire ubwandu bushya.
Ibihugu bya Afurika birategura uko hajyaho isoko ribihuza kugira ngo ubucuruzi bwabyo bworohe bityo n’u Rwanda rubyungukiremo.
Aborozi b’ingurube babigize umwuga bashyizeho ihuriro bazajya banyuzamo ibitekerezo, kugira ngo ibibazo biri mu kazi kabo bibe byabonerwa ibisubizo.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije (RAPEP), rwiyemeje kuvugurura imikorere yarwo kuko ngo abarugize bakoraga mu buryo budafututse.
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya bashyizwe mu myanya n’inama y’abaminisitiri iheruka, Perezida Paul Kagame yabahamagariye kutitwaza amikoro make y’igihugu ngo bananirwe kunoza serivisi zitarashyirwa ku murongo mu byiciro bitandukanye.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki 3 Gashyantare 2013, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, yemeje amabwiriza anyuranye ya Minisitiri w’Intebe yoroshya iyubakwa ry’amacumbi aciriritse.