Bamwe mu barangije kaminuza mu by’ubuhinzi n’ubworozi bahawe amahugurwa muri gahunda ya Agri BDS, ngo biteguye guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), itangaza ko 7% mu banyarwanda basaga miliyoni 11, ari bo basobanukiwe iby’ingengo y’imari ya Leta.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko bwateguye gahunda ndende yo gutuza abantu mu midugudu, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’abatuye mu manegeka.
Nyuma yo gusoza amahugurwa yo gusudira mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Tumba(TCT) riherereye muri Rulindo, abanyeshuri bahawe inkunga y’ibikoresho bya Miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Intore z’abanyamakuru zitwa Impamyabigwi zishyuriye miliyoni 1RWf ababyeyi babyariye mu bitaro bya Muhima ariko bakananirwa kubyishyura.
"Unity Club" Intwararumuri itangaza ko yishimira ibyagezweho kubera umusanzu yatanze mu gufasha Abanyarwanda kongera kubana neza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) itangaza ko hari gushakishwa uko amashanyarazi yakongerwa akagera kuri bose kuko ariyo nkingi ya mwamba y’iterambere.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iri gushaka icyakorwa kugira ngo imirire mibi igaragara muri bamwe mu bana icike burundu kuko idindiza iterambere ry’igihugu.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru rurasabwa guhanga umurimo rukurikije ibibazo sosiyete nyarwanda ifite.
Bamwe mu bigiye imyuga muri gahunda ya NEP Kora Wigire bo muri Kamonyi, barashima ko yabahaye icyerekezo gituma batazigera Babura umurimo.
Gahunda ya NEP Kora Wigire Leta icisha mu kigo cy’igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro(WDA), irakataje mu guha amahugurwa abakora mu nganda zo mu Rwanda.
Rwamukwaya Olivier Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ushinzwe imyuga n’ubumenyingiro, avuga ko bafite gahunda yo gutoza abanyeshuri ibijyanye no kwihangira umurimo batararangiza kwiga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ukwakira 2016 , Imbuto Foundation yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Fondasiyo y’Umwami Mouhammed VI igamije iterambere rirambye yitwa Fondation Mouhammed VI pour le developemment durable.
Prof Shyaka Anastse, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), avuga ko bidakwiye ko abanyamakuru b’abanyamahanga batangaza inkuru z’u Rwanda mbere y’Abanyarwanda.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko itazihanganira abarezi bahanisha abana bakosheje kubirukana kuko ari ukubavutsa uburenganzira bwabo bwo kwiga.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko kuri buri shuri hagiye gushyirwa ibyumba by’ikoranabuhanga bikazafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2020-2030.
Padiri Nduwayezu Janvier uyobora Ibiro by’Inama y’abepisikopi gatolika mu Rwanda bishinzwe uburezi (SNEC), avuga ko umubyeyi ari ndasimburwa mu burere bw’umwana.
Ibigo by’imari iciriritse, Imirenge SACCO, bigiye gutangira gukoresha abarinzi bafite imbunda mu rwego rwo kongera umutekano w’amafaranga y’abaturage.
Sosiyete sivile mu Rwanda ivuga ko imyumvire ikiri hasi ku bijyanye no kwirinda SIDA ibangamira igabanuka ry’iyi ndwara itagira umuti n’urukingo.
Ikigo cyo kubitsa no kuguriza cyitwa Atlantis MFI, cyateye inkunga y’ibikoresho byo kuhira imyaka abahinzi bo mu murenge wa Mimuli bihwanye na 19.800.000Frw.
Ku nshuro ya gatatu Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi 140 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Centrafrique.
Abakoranye na Hon. Mucyo Jean de Dieu bavuga ko yaranzwe no kwicisha bugufi no kuba umunyamurava mu mirimo inyuranye yakoze.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.
Minisiteri y’Umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA), ivuga ko ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha, aribwo buryo bwo kubona umusaruro mwiza mu kazi.
Umuryango wigenga uharanira iterambere ry’ubuhinzi (AGRIFOP), uvuga ko gutumiza imbuto mu mahanga aribyo bituma abahinzi batazibonera igihe bikagira ingaruka ku musaruro.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ivuga ko ikimoteri cya Nduba kikiri ikibazo ku bagituriye aho kuba igisubizo.
Ibigo by’imari iciriritse bya SACCO n’Ikigega cy’ingwate (BDF) ntibavuga rumwe ku itangwa ry’inguzanyo y’ibikoresho, ihabwa urubyiruko rwigishijwe imyuga ngo rwiteze imbere.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) kivuga ko gihangayikishijwe n’abacuruzi binjiza ibikoresho by’ubwubatsi bitujuje ubuziranenge, bafatwa bagasabwa kubisubizayo ntibabikore.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko igiye gushora Miliyari 9RWf mu burezi mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko gukunda ubuhinzi.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, buraburira abakoresha uburiganya ngo bahabwe icyemezo cya “Controle technique”.