Ukuriye Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti, avuga ko u Rwanda rwakagombye kubera urugero Afurika kubera Mituweri.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB), cyatangaje ko ku bufatanye n’aborozi cyafashe ingamba zizashyirwa mu bikorwa vuba hagamijwe kongera umukamo.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), yakiriye kandidatire ya Diane Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga, mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Kanama 2017.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagarira abagize umuryango FPR-Inkotanyi kurushaho gukora cyane batekereza ku hazaza h’igihugu.
Inama nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi yatoye Paul Kagame nk’umukandida uzawuhagararira mu matora ya perezida ateganyijwe muri Kanama 2017.
Ishuri ryigenga “Primier ECD Teachers College” ryashyize ku isoko ry’umurimo bwa mbere abanyeshuri 41 bize umwuga wo kwigisha mu mashuri y’incuke.
Abanyeshuri biga mu kigo cya Karangazi Secodary School bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byababereye imfashanyigisho mu kumenya amateka.
Uburyo bushya bwo kwigisha abanyeshuri bo mu mashuri abanza hakoreshejwe indirimbo bwiswe ‘World Voice’ ngo buzabafasha gutsinda neza kuko butuma bafata vuba amasomo.
Semana Jean Marie Vianney wari warabuze uko yiga nyuma yo gutsinda ikizamini cya Leta cy’amashuri abanza,nyuma akajya gukora akazi ko mu rugo, ashimimira Imbuto Foundation yakamukuyeho none ubu akaba yigisha muri Kaminuza.
Kuri uyu wa 13 Kamena 2017, Dr Frank Habineza, ukuriye ishyaka Green Party, ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Repuburika, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri kanama 2017.
Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yasabye urubyiruko gukora bagashyira imbere ubunyangamugayo, aho gushaka kwihutira gukira vuba bahereye ku byo batavunikiye.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) gitangaza ko u Rwanda rugeze ku bicuruzwa 400 byujuje ubuziranenge mpuzamahanga byiganjemo iby’ubwubatsi.
Mu gikorwa ngarukamwaka cya ‘Army Week’ gitegurwa n’Ingabo z’igihugu, muri uyu mwaka hamaze kuvurwa abantu ibihumbi 60.639 bari bafite uburwayi bunyuranye.
Abafite ubumuga bukomatanyije ari bwo kutumva, kutabona no kutavuga bemeza ko na bo bafashijwe bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Ngirumugenga Jean Marie Pierre wo muri Rwamagana yaretse akazi ka Leta ajya mu bworozi bw’ingurube none ubu yoroye izibarirwa muri 700.
Wumvise Uzabakiriho Elisé abwira abantu amakuru wagira ngo ni umunyamakuru wabigize umwuga nyamara ngo ntaho yabyize.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko hashize imyaka isaga 20 imbasa (Polio) icitse mu Rwanda kubera ingufu igihugu cyashyize mu guyikingira.
Minisiteri y’Ibidukikije n’Umutungo kamere (MINIRENA) itangaza ko igishanga cya Nyandungu kigiye gutunganywa mu buryo bubereye ubukerarugendo, umushinga ukazatwara Miliyari 2.4RWf.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2017, u Rwanda rwifatanije na Afurika yose mu kwizihiza, umunsi ngarukamwaka wahariwe ukwibohora kwa Afurika.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) itangaza ko igihombo cya miliyari 1RWf yagize muri 2015 yakivuyemo, yunguka asaga miliyoni 700RWf inahabwa igihembo.
Ihuriro ry’abakurikirana iby’ingendo mu ndege mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko igiciro ku matike kikiri hejuru cyane bikabangamira abagenzi.
Ikibazo cy’umutekano muke kiza imbere mu bibangamira gahunda yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bihugu bya Afurika.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigaragaza ko igihe cyo guca “Caguwa” kitaragera, igihari ubu ngo ni uguteza imbere ibikorerwa muri ibyo bihugu.
Abaganga bashinzwe kuvura abana kanseri mu bitaro bya Butaro byo mu karere ka Burera bemeza ko iyo bavuwe hakiri kare bakira neza.
Abarwayi ndetse n’abarwaza ba kanseri ku bitaro bya Butaro, bifuza ko imiti y’iyi ndwara yazajya itangirwa no mu bindi bitaro kugira ngo bagabanirizwe imvune.
Abashinzwe ubuzima mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana bemeza ko siporo yabaye imbarutso yo gutuma abaturage basaga 500 bipisha ku bushake indwara zitandura.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bibumbiye mu ishyirahamwe bise ‘Turwanye imirire mibi’ rikora ibikorwa bibyara inyungu bemeza ko byabafashije kurwanya imirire mibi.
Ihuriro ry’imiryango n’impuzamiryango y’abagore bo mu karere k’Ibiyaga bigari (COCAFEM GL) ryemeza ko kutamenya kubika ibimenyetso bibangamira icibwa ry’imanza z’ihohoterwa.
Ikinyarwanda kiri mu ndimi nyinshi zikoreshwa gake mu ikoranabuhanga rya Internet ari yo mpamvu harimo gushakwa uko cyakwiyongera.