Abanyeshuri 10 b’Abanyarwanda bahawe amahirwe yo kujya kwiga muri kaminuza zo mu Buyapani babwiwe ko bitezweho kuzagarukana udushya mu ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko muri 2020, abunzi bazaba bari ku rwego rwo gukemura ibibazo by’abaturage ku kigero cya 95% kubera umurava bakorana.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Ubwongereza butangaza ko kuva kwabwo mu Muryango w’Ubwumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) ntacyo bizahungabanya ku mibanire yabwo n’u Rwanda.
Ibiciro by’ibicuruzwa byiganjemo ibyaturutse mu mahanga byagabanutse cyane mu minsi igana umusozo w’Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 ribera i Kigali.
Bamwe mu rubyiruko rutuye hafi y’aho imurikagurisha ribera bihangiye umurimo wo kurinda imodoka bakabona amafaranga abafasha gukemura bimwe mu bibazo.
Abana benshi baza muri Expo bari kumwe n’ababyeyi usanga ikibashishikaje ahanini ari ukujya kwidagadura mu bikinisho bitandukanye byabagenewe.
Ikigo cya Leta ya Tanzaniya gishinzwe ibicuruzwa bica ku byambu by’iki gihugu,TPA, kigiye gufungura imiryango mu Rwanda bitarenze 2016.
Bamwe mu bitabira Expo 2016 bavuga ko baboneraho bakanipimisha virusi itera SIDA cyane ko iyi servisi ihari kandi ikorwa mu buryo bwihuse.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yasuye studio ya KT Radio aho iri gukorera muri Expo 2016 aboneraho kuganiriza Abanyarwanda.
Bamwe mu baguzi bakunze kuvuga ko ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda bihenze ugereranyije n’ibiva hanze, ariko Expo 2016 yerekana ko atari ukuri.
Abakora inkweto bari mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ribera i Kigali, ngo biteguye kongera ubwiza n’udushya mu byo bakora kugira ngo bazibe icyuho kizaterwa na caguwa nizihagarikwa.
Banki ya Kigali (BK) iratangaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2016 inyungu yabonye yiyongereyeho 16% ugereranyije n’umwaka ushize mu gihe nk’iki.
Abakunzi ba KT Radio bayumvaga ku nyakiramajwi zabo, bashimishijwe no kuyisanga muri Expo2016 irimo kubera i Gikondo, birebera imbonankubone abanyamakuru bayo bari mu kazi.
Nyirandegeya Appoline yahoze ari umuzunguzayi aza kubireka yiga umwuga wo kuboha uduseke n’ibindi bikoresho none ubu ayoboye sosiyete ye, Urumuri, imwinjiriza ibihumbi 300FRW ku kwezi.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) zongereye ububare w’ibicuruzwa biva mu Rwanda bijya kugurishirizwayo bitishuye amahoro.
Abenshi mu bajya mu imurikagurisha baranenga tumwe mu tubari n’ahandi hamurikirwa ibicuuzwa, babyinisha abana bato kuko ngo bishobora gutuma bararuka.
Abitabira imurikagurisha barishimira ko hari bimwe mu bicuruzwa bimurikwa byagabanyirijwe ibiciro.
Bamwe mu Banyarwanda bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali barahamya ko ari umwanya wo kugaragaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Abatuye mu mujyi wa Kigali baraye bagenda kugira ngo bakirwe mu bantu 500 bari bemerewe gukingirwa indwara y’umwijima (Hepatite C) ku buntu.
Abanyarwandakazi ba rwiyemezamirimo bavuga ko kwishyira hamwe na bagenzi babo b’Abanyakenya bizamura imyumvire y’ibyo bakora kandi bikabongerera umusaruro.
Polisi y’igihugu ivuga ko kuba u Rwanda rugaragaramo ibyaha bike bikoreshejwe imbunda muri EAC rutagomba kwirara kuko mu karere zigihari.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana(NCC) ivuga ko umwana ugiye kurerwa mu muryango ataba agiye gusubiza ibibazo by’abamurera ahubwo ko ari bo bagomba gusubiza ibye.
Abaturage bakorana n’ibigo by’imali iciriritse bifuza ko bagabanyirizwa inyungu bakwa ku nguzanyo kuko ngo babona ziri hejuru bikabagora kwishyura.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abana (NCC) iratangaza ko kuva muri 2012, 69% by’abana babaga mu bigo binyuranye by’imfubyi babonye imiryango ibakira.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rurakangurira urubyiruko kwitabira imishinga y’ubuhinzi, kuko ari rwo rufite imbaraga n’ubumenyi mu ikoranabuhanga byafasha kongera umusaruro.
Umuryango AGRA wita ku buhinzi muri Afurika ugiye gushora asaga miliyari 19Frw mu buhinzi mu Rwanda mu rwego rwo kurufasha kwihaza mu biribwa.
Abari batuye aho umuhanda mushya Akarere ka Nyarugenge kubatse mu Kagari k’Agatare, Umurenge wa Nyarugenge uca, barashima ko bishyuwe mbere yo kubasenyera.
Umuyobozi w’Ibwirizabutumwa mu muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, Sheh Maniriho Ismail, avuga ko Ubusilamu buri kure cyane y’iterabwoba kuko bigisha urukundo.