Akarere ka Gasabo kagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 1441 yiganjemo abari batuye mu manegeka hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi avuga ko imanza ziba zigomba kwihutishwa zikarangira vuba kuko ngo ubutabera iyo butinze buta ireme.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko ikoranabuhanga rituma ibiza bizaba bimenyekana kare, ntihabeho gutungurana bityo gutabara bikihuta.
Minisitiri w’Uburezi Musafiri Papias Malimba, akangurira abanyeshuri ba za kaminuza kwimakaza umuco wo gusoma ibitabo kuko bibitse byinshi bakenera mu myigire yabo.
Imbuto Foundation yatangije gahunda yise ‘iAccelarator’ yemerera urubyiruko gukora imishinga ijyanye n’ubuzima cyane cyane ubw’imyororokere, itsinze igaterwa inkunga.
Aborozi bo hirya no hino mu gihugu bavuga ko ubuke bw’amakusanyirizo y’amata, butuma kuyageraho bibafata umwanya munini, amata akangirikira mu nzira ntagurwe.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo gukurikirana ibijyanye n’amategeko ndetse n’amabwiriza yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ikigo Iriba ry’umurage ndangamateka, kirasaba Abanyarwanda kwandika no kwibikira amateka ubwabo kuko ngo hari menshi akibitswe n’abakoronije u Rwanda.
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikigo cyubahiriza amategeko agenga ubucuruzi mu rwego rwo kurengera umuguzi.
Ihohoterwa rikorerwa abagore, abakobwa n’abana riracyagaragara muri Afurika, ari yo mpamvu abantu bahagurukiye kurirwanya.
Koperative Umwarimu SACCO isanzwe iterwa inkunga itubutse na Leta buri mwaka ngo yiyemeje gukora idashingiye ku nkunga kuko igamije kwihaza.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irakangurira abahohoterwa kujya bagana ibigo bya “Isange One Stop Center” bibafasha byihuse batabanje gusiragira.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rugiye kumurika ibikorwa by’ihuriro ry’abahinzi-borozi mu rwego rwo kugaragaza umusaruro.
Abaturage bakanguriwe gukoresha neza telefone mpuruza ziyambazwa iyo hari abantu bari mu kaga, kuko kuyivugiraho ibindi byatuma hari udatabarwa ku gihe.
Mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, abikorera bo mu Karere ka Kayonza biyemeje gutangiza uruganda ruzakora imyenda.
Umushinga w’Agatare ukorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge witezweho guteza imbere abahatuye, uhageza ibikorwa remezo, unaca akajagari.
Kompanyi ‘Home Rwanda’ igiye gutangiza imurikagurisha ngarukamwaka ry’ibikoresho by’ubwubatsi n’ibindi bigendanye na bwo hagamijwe korohereza abashaka kubaka.
Igihugu cy’Ubudage cyahaye u Rwanda inkunga ya miliyari 7RWf zizifashishwa mu korohereza Abanyarwanda bohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Ikigo nyarwanda cy’abakora ibishushanyo by’inyubako (RIA) kigiye gutangiza ku mugaragaro ihuriro ry’abubatsi b’inyubako zujuje ubuziranenge (RWAGBO).
Umuryango wita ku bana “Save the Children” ukangurira ababyeyi kugira umuco wo kugurira ibitabo abana, kugira ngo bakure bakunda gusoma.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko gutoza abana bato kumenya imibare igihugu kigenderaho bituma bavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Abakuriye ibigo by’imari bitandukanye bemeza ko imiyoborere myiza y’igihugu ari yo ituma ishoramari ritera imbere.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) ku buryo abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi, bwerekana ko abaturage benshi batazi Inama Njyanama z’uturere.
Kaminuza y’Abadivantiste b’Abalayiki ya Kigali (UNILAK) ku bufatanye n’Ikigo cyo mu Bushinwa cyigisha siyansi (XIEG), batangije ikigo cy’ubushakashatsi ku bidukikije.
Abarangije kaminuza mu mashami atandukanye bahitamo kongeraho ubumenyingiro kugira ngo babashe kubona akazi cyangwa bakihangire bityo bave mu bushomeri.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko Kanseri y’ibere ivurwa igakira iyo imenyekanye kare, akaba ariyo mpamvu ikangurira abantu kuyisuzumusha badategereje kuremba.
Urugaga rw’abikorera (PSF) na Banki Nyarwanda y’Iterambere (BRD), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye azorohereza abohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Abasore n’inkumi bishyize hamwe bakorera mu gakiriro ka Kayonza bumva umwuga bize wo gukora inkweto n’ibindi bikomoka ku ruhu uzabageza ku bukire.
Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, uri mu ruzinduko rw’iminsi itanu rw’akazi mu Rwanda, aherekejwe na Madame Jeanette Kagame basuye ibikorwa bya Isange One Stop Centre iherereye Kacyiru mu Karere ka Gasabo.
Raporo ya Banki y’isi ya 2016 muri “Doing Business” yerekana ko u Rwanda rwasubiye inyuma ku bijyanye no gutanga ibibanza byo kubaka.