Abagize Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano ka Afurika yunze ubumwe (AU) bavuga ko Perezida Kagame yabagiriye inama yo gukomeza kuganira ku bibazo byugarije uyu mugabane.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyemeza ko kugaruka kw’inkura bizatuma umusaruro w’ubukerarugendo uzamukaho 10% kuko ari inyamaswa zari zimaze igihe zaracitse.
Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EALA) igiye gutangira gukoresha gahunda y’iya kure (Video Conference) mu nama zayo, hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’amikoro make.
Itsinda ry’abayobozi b’ikigega ‘Global Fund’ bari mu Rwanda basuye ikigo cy’urubyiruko cya Kimisagara giterwa inkunga n’iki kigega bashima imikorere yacyo.
Abagabo batatu n’umugore umwe bakekwaho ubufatanyacyaha mu iyicwa rya Iribagiza Christine wabaga muri Kicukiro mu murenge wa Niboye, bari mu maboko ya Polisi.
Umugore wa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Madame Romane Tesfaye uri mu ruzinduko mu Rwanda yasuye ikigo Isange One Stop Center ashima imikorere yacyo.
Umuryango wita ku bana (Save The Children), uvuga ko guha abana umwanya mu itegurwa ry’ingengo y’imari ari uburenganzira bwabo bigatuma nta bibareba byibagirana.
Abajyanama b’Akarere ka Nyarugenge bemeza ko gusura abaturage babatoye kenshi ari ingenzi kuko bituma basabana bakaboneraho gufatanya mu gukemura ibibazo bikivuka.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko amarushanwa muri siyansi abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bakora buri mwaka yakagombye guhera mu mashuri abanza kuko afasha abana.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwemeza ko gahunda rwatangiye yiswe ‘Nk’uwikorera’, yo kureba uko servisi zitangwa ahantu hanyuranye izazana impinduka ifatanyije n’izindi zisanzweho.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko bigayitse cyane kubona abari bashinzwe kuvura abantu ari bo babica mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagize Umuryango w’Abagide mu Rwanda bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda harimo n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabafasha kuyirwanya.
Abaturage b’akarere ka Nyarugenge bamurikiwe imodoka 10 biguriye mu musanzu bagiye batanga buri wese uko afite, zizabafasha gukaza umutekano no mu bikorwa by’isuku.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pascal Nyamurinda, avuga ko umutekano utagera mu gihugu cyose udahereye mu ngo kuko byose bihera mu miryango.
Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rugiye kongera kwakira inama yiswe “Transform Africa” igamije kongera umuvuduko w’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri Afurika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka k’ubuhinzi (NAEB) gitangaza ko u Rwanda ruzinjiza miliyari zisaga 57RWf zivuye muri Kawa.
Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), imaze igihe gito ikorera mu Rwanda ngo izanye umuganda wayo mu kongera umubare w’abaganga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba Papa Francis yaremeye ko Kiriziya Gatolika yakoze amakosa muri Jenoside ari igikorwa cyo kwishimirwa.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’inzego zitandukanye, irashaka uko ikoranabuhanga ryagera ku baturarwanda bose bageze igihe cyo kurikoresha.
Hon. Rusiha Gaston avuga ko nta mwana ukwiye kubuzwa kwiga kubera ubumuga afite kuko hari uburyo bwashyizweho bworohereza abafite ubumuga butandukanye bakiga.
Kaminuza y’amahoteri, ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB) yatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’Igiswahili mu rwego rwo gufasha ababishaka kurumenya byihuse.
Mu muhango wo kurahiza abashinjacyaha batatu ba gisirikare, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yabahamagariye kurangwa n’ikinyabupfura mu kazi, kuko ari cyo kizatuma batunganya umurimo wabo bizewe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC), cyatanze Miliyoni 50Frw mu kigega Agaciro Development Fund, ngo ukaba ari umusanzu kizajya gitanga buri mwaka.
Abashinzwe umutungo w’ibigo biterwa inkunga n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro (WDA), bashima amahugurwa cyabahaye kuko azabafasha kunoza akazi kabo.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) yashyizwe ahagaragara irerekana ko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwimakaza imibereho myiza y’abaturage .
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Werurwe 2017, Madame Jeannette Kagame yatangije mu Rwanda ihuriro mpuzamahanga ryiswe "SheTrades" ry’abagore bakora ubucuruzi hirya no hino ku isi.
Minisiteri y’Umutungo kamere (MINIRENA) irakangurira Abanyarwanda kugabanya gukoresha ibicanwa bikomoka ku biti bagakoresha ibibisimbura kuko biboneka.
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bakangurira abantu kwisuzumisha amenyo nibura rimwe mu mwaka kuko akenshi aba afite ibibazo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahaye ibikoresho binyuranye abajyana b’ubuzima, inabashimira umurimo mwiza bakora wo kwita ku baturage aho batuye,ikavuga ko kubashima bikwiye kuba umuco.
Abana babarirwa mu 12.662 bo mu Karere ka Musanze bapimwe muri bo abagera ku 104 bafite ikibazo cy’imirire mibi.