Ubuyobozi bwa koperative Zigama CSS buvuga ko mu mwaka ushize yungutse miliyari 3Frw zirenga ku rwunguko rwari ruteganyijwe.
Gutanga serivisi nziza ku bagana ibigo binyuranye ngo ni byo bituma iterambere ry’u Rwanda ryiyongera, kuko ibyo abantu bakora byose bigenda neza bikabungura.
U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano y’imikoreshereze y’ikirere (BASA) aho indege za RwandAir zemerewe bidasubirwaho gukoresha ibibuga by’indege byose bya Nigeria.
Mukundwa Safi, umuyobozi w’umuryango ‘Safi Life Organization’ (SLO) avuga ko ubufasha yahawe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatemaguwe ariko akabaho, bwatumye yiyemeza gufasha abandi.
Mu Rwanda kugeza ubu hari abaganga babaga mu mutwe batarenga bane bigatuma ibitaro bihorana urutonde rurerure rw’abashaka ubwo buvuzi.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ibihugu byasinye amasezerano yo kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha (Air Condition na Frigo), bihumanya ikirere bizatangira kubisimbuza, bityo n’ibindi bihugu bitasinyeaya masezerano biboneraho kuyasinya.
Abayobozi batandukanye bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko ingufu zikenerwa ahantu hatandukanye zikiri nkeya cyane kuko zitarenga Megawatts 4000.
Uturere ngo tugira abakozi benshi cyane bigatuma abashinzwe kugenzura imikorere yabo bibagora ntibabashe kubakurikirana uko bikwiye, bikagira ingaruka no ku musaruro batanga.
Serugo Shadrack (izina yahawe) umaranye diyabete imyaka 10 avuga ko yatakaje ibiro 50 kubera ukuntu iyo ndwara imubabaza ikamubuza amahwemo ikaba yaranamukenesheje.
Abaturage 70 batishoboye bo mu Murenge wa Gahanga muri Kicukiro bishimiye ko batazongera kurembera mu nzu kuko umuryango Rwanda Legacy of Hope wabishyuriye mituweri.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda ntawe rushobora kwima ubuhungiro aruhungiyeho, ariko yongeraho ko uzaza wese agomba kugendera ku mategeko asanze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko agatotsi kaje mu mubano w’u Rwanda na Uganda atari ikibazo kizananirana kuko ibihugu byombi byiteguye kubiganiraho.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ku bufatanye n’umuryango ‘Rwanda Legacy of Hope’ bagiye kuzana abaganga b’inzobere mu kubaga mu mutwe hagamijwe kuvura indwara z’ubwonko.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba atangaza ko nk’u Rwanda kwirinda malariya ibihugu bituranye ntibigire icyo bikora ntacyo bimaze kuko imibu ikomeza kuzenguruka.
Musabyimana Patricie ufite ubumuga bwo kutabona yihangiye umurimo wo kuboha imipira y’imbeho kandi ngo biramutunze n’umuryango we.
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’abaganga bake kuko umuganga umwe yita ku bantu 8.500 yakagombye kwita ku bantu 1000 nk’uko bisabwa na WHO.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko umuryango mpuzamahanga w’abaganga bavura umutima (Team Heart) wagabanyirije u Rwanda miliyoni 22.5Frw ku murwayi wabazwe umutima.
Utuwekigeli Victoire yemeza ko yakize indwara ya kanseri y’ibere kubera ko yamenye ko ayirwaye hakiri kare ahita atangira kuyivuza none ubu ameze neza.
Ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa rigiye kuzajya rikoreshwa mu Rwanda rizatuma umurwayi wabazwe atarenza iminsi ibiri mu bitaro kuko nta bisebe azaba afite.
Ahari hazwi nka Dobandi mu Murenge wa Muhima muri Nyarugenge kubera urugomo rwaharangaga, ubu habaye Dojanti (De Gentil) nyuma y’umutekano wahagaruwe.
Rutikanga Fiston urangije ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali TSS riri muri IPRC Kigali, yakoze akuma kazajya kabuza umushoferi wasinze gutwara imodoka.
Sibomana Aimable yakoze Imbabura yise Canarimwe ikoresha umufuka w’amakara mu gihe cy’amezi atanu, ikazakemura ikibazo cy’abo yahendaga hanarengerwa ibidukikije.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi bavuga ko akazi kenshi bagira gatuma batabona umwanya wo kwipimisha virusi itera SIDA.
Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bemeza ko hari ibihugu by’uyu muryango bigikoresha amategeko yabyo bikabangamira ubuhahirane.
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bwerekanye ko Umujyi wa Kigali uza mu myanya y’inyuma mu kugira abaturage bishimira serivisi bahabwa.
Abasirikare bakuru bo mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bayoboye urwego rw’ubuvuzi, bari mu Rwanda mu gihe cy’iminsi itanu, aho baje kuganira ku bijyanye n’uko ubwo buvuzi bwatera imbere.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba avuga ko atazagirira na rimwe imbabazi umuntu wakira nabi umurwayi kuko ngo aba akinisha ubuzima bw’abantu.
Radio Amazing Grace yitandukanyije n’ibitekerezo bya Pasiteri Niyibikora Nicolas watutse abagore akabandagaza, ubwo yari mu kiganiro cy’Iyobokamana muri iyi Radiyo.
Urukiko rw’Ikirenga rutangaza ko imanza 117 zirebana na ruswa zizacibwa mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, cyatangiye none ku ya 12 kikazasozwa ku ya 16 Gashyantare 2018.