Ubuyobozi bw’iposita y’u Rwanda butangaza ko nubwo haje ikoranabuhanga hari abantu batandukanye bagikoresha iposita cyane cyane abohereza ubutumwa bupfunyitse.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Mujyi wa Kigali bagiye guhabwa ibishushanyo mbonera by’aho bayobora kugira ngo imyubakire y’akajagari icike.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) gitangaza ko umuhanda Kayonza-Rusumo uzaba wuzuye mu myaka ibiri, ukazaba wagutse ku buryo uzorohereza abawucamo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) itangaza ko umusaruro w’amagi wiyongereyeho 8% mu myaka itandatu ishize kubera kongera ingufu mu bworozi bwazo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nduba muri Gasabo bahamya ko kuba mu itsinda "Humura", bakaganira ku byababayeho byatumye bakira ibikomere.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) igiye kumara icyumweru iganira n’abakiriya bayo hagamijwe kubaha serivisi nziza no kubaka icyizere.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 25% by’abivuza mu Rwanda baba bafite nibura imwe mu ndwara zitandura, ariko ugasanga batari babizi.
Inyubako isanzwe imenyerewe nka Union Trade Center (UTC) imaze kugurwa miliyari 6.877.150.000RWf, muri cyamunara yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 25 Nzeli 2017.
Abaturage batishoboye 34 bo Mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bishyuriwe mitiweri n’itorero ‘Izere Yesu Christian Church’, bavuga ko zizabarinda kutongera kwivuza magendu.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) yemeza ko gushyingirwa ari umuhamagaro w’Imana, bitandukanye n’amarangamutima.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Jean Ndorimana yemeza ko Jenoside zose ari zimwe ko itandukaniro ari abayikora, abayikorerwa, aho ikorerwa n’uburyo ikorwamo.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeli 2017, Minisiteri y’uburezi yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Pratique) mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta n’ay’ayigenga.
Umuyobozi wa RwandAir, Chance Ndagano avuga ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu nama ihuza ibigo by’indege bya Afurika (AFRAA) izabera mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Igiterane cy’ivugabutumwa "Rwanda Shima Imana", gisanzwe kibera muri Kigali kuva mu mwaka wa 2012, uyu mwaka ngo kizegerezwa abakirisitu mu gihugu hose.
Umuyobozi wa Kaminuza y’ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB), Dr Kabera Callixte avuga ko abarangiza muri iri shuri bakagombye kugirirwa icyizere kuko bashoboye.
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko umubare w’abaganga b’inzobere bavura abana ukiri muto ugereranije n’abana b’igihugu cyose bakenera kuvurwa.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yemeza ko iyo ibitabo bidahagije no kumenya gusoma byagorana ari yo mpamvu yashyize ingufu mu kubyongera.
Abahanga mu by’ihungabana bemeza ko hagikenewe igihe kirekire ngo rishire mu Banyarwanda, cyane cyane abaritewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyemeza ko ibitaro byo mu Rwanda bibona amaraso bikenera ku kigero cya 96%.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Inzego zitandukanye zishimira abunzi kuba bacira imanza abaturage, ariko zikanenga abayobozi b’inzego z’ibanze kutazirangiza.
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edourad yarahiye mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Kanama 2017.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 ribera i Gikondo, hari imikino y’abana itandukanye ituma ababyeyi babo babazana ngo babashimishe ariko banasure n’ibindi bimurikwa.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ikangurira abaturage kwitabira gufunguza konti zitandukanye zibungukira nibura 5% buri mwaka, kugira ngo bagere ku iterambere bifuza.